• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Ubwanditsi 20 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, POLITIKI

Hashize iminsi mike imbunga z’itangazamakuru zikorera kuri Internet zirengera cyangwa zashinzwe na bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakwirakwiza inkuru zivuga ku mibereho y’abacitse ku icumu rya Jenoside bashingiye  ku ibaruwa yanditswe na Diyane Rwigara .

Abacitse ku icumu rya Jenoside ya korewe Abatutsi mu Rwanda no ku isi bafite inzego zibahagarariye kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku rwego rw’igihugu binyuze mu muryango IBUKA uharanira uburenganzira n’inyungu by’abacitse ku icumu. Abagize izo nzego ni abarokotse Jenoside baba bahagarariye abandi. Ese Diane ni muntu ki ujya kuvugira abacitse ku icumu? Ese kuki ibaruwa ye yakiriwe neza n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi cyangwa se abiyemeje kuyihakana? Igisubizo kiroroshye: Diane Rwigara yavuze ibyo abakoze Jenoside cyangwa abayihakana bavuga, muri make yakwirakwije uburozi bwabo.

Ni gute uvugira abantu bakakwamagana? Diane Rwigara yamaganwe n’inzego z’abarokotse Jenoside kuko nta rwego ahagarariye, ikindi yakwirakwije ibihuha mu izina ry’abarokotse. Usibye Diane Rwigara, umuryango we wose ufite ubushuti n’abakoze Jenoside cyangwa se abayihakana, cyane cyane ko mbere ya Jenoside izo nshuti zabo zari mu nzego z’ubutegetsi bw’igihugu, abandi bari mu bucuruzi, bakishyira hamwe ngo barwanye ubutegetsi bw’u Rwanda buyobowe na FPR Inkotanyi.

Reka ntange urugero rumwe, mu gihugu cy’u Bubiligi tariki ya 10 Werurwe 2018, nyina wabo wa Diane Rwigara, Gwiza Tabita yafashe ijambo mu nteko y’abakoze Jensoide n’abayihakana mu nama bari bafite mu Bubiligi ngo yo gutanga “igihembo” kitiriwe Ingabire Victoire , noneho atangiye ijambo nako uburozi bwe, yabanje guhagurutsa Nyina wa Ingabire Therese Dusabe nawe wahamijwe ibyaha bya Jenoside muri Gacaca, amubwira ko yabyaye intwari, nuko ahabwa amashyi menshi.

Therese Dusabe akaba na Nyina wa Ingabire, yari umukuru w’ikigo nderabuzima cya Butamwa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe abatutsi mucyahoze ari Komine Butamwa akaba yari afitanye ubucuti n’abayobozi biyo Komini. Therese Dusabe kandi yicishije Abagore b’Abatutsikazi bari ku kigo nderabuzima aho bapfomojwe inda zabo. Inkiko gacaca zamukatiye gufungwa burundu akaba aricyo gihano gikuru adahari kuko yibera mu Buholandi

Ibaruwa ya Diyane Rwigara yaje ikurikiye ibyari bimaze iminsi bivugwa na Ingabire Victoire, nawe yiha kuvugira abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi. Ahari kuko atumvikanye cyane, Diyane Rwigara yakomeje ubutumwa bwa Ingabire ngo kuko abuvuze bwakumvikana kubera uwo ariwe.

Diane Rwigara icyambere ntazi ubukana n’ubugome bwaranze Jenoside yakorewe Abatutsi kuko ntiyari mu gihugu n’igihe Abatutsi bakandamizwaga imyaka myinshi we n’umuryango we bariho neza kuko bari ku ibere kubera gusangira ubucuruzi na Habyarimana n’Ingabo ze. Ariko niyo waba wararokotse Jenoside, ntabwo wabyitwaza ngo uyipfobye cyangwa uyihakane: Ibi Kizito Mihigo arabizi neza kuko yabikoze akanabisabira imbabazi, icyo cyaha kandi kiri muri 16 biregwa Callixte Nsabimana wiyise Sankara kandi nawe yaracyemeye.

Abantu bibuka uburyo nyina wa Diyane Rwigara, yatutse inzego z’umutekano ngo ni interahamwe zo ku rwego rwo hejuru. Yaba Diane Rwigara, Nyina umubyara, Jonathan Musoneza, Callixte Nshimiyimana……kwitwaza ko wahakana Jenoside cyangwa ukayipfobya wihishe inyuma ya Politiki cyangwa wiyita ko warokotse bagomba kumenya ko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Bagomba kumenya gutandukanya ibintu bibiri. Hari Jenoside yakorewe Abatutsi ikaba ari icyaha cyakorewe inyoko muntu ndetse na Politiki. Bashobora gukora Politiki batitwaje Jenoside cyangwa abayirokotse. Naho gushaka gutandukanya FPR n’abayirokotse ni ugutandukanya umwana na Nyina kuko abarokotse bariho kubera FPR Inkotanyi yabarokoye ikaba ikomeje kwita ku mibereho yabo imyaka 25 irashize. Bagomba kwibuka ko utanga ubuhamya wese asoza agira ati, bagiye kuntema nuko inkotanyi ziraza, bagiye kunshyira mu musarani nuko inkotanyi ziraza……………

2019-07-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bujumbura : Nkomeza Christine umurundikazi wari washimuswe ashinjwa ubutasi, afungiye muri Gereza ya Mpimba, nyuma yo kwanga kujyanwa mu Rwanda kungufu

Bujumbura : Nkomeza Christine umurundikazi wari washimuswe ashinjwa ubutasi, afungiye muri Gereza ya Mpimba, nyuma yo kwanga kujyanwa mu Rwanda kungufu

Ubwanditsi 30 Apr 2018
Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ubwanditsi 12 Jul 2017
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Mar 2023
Burundi: Agathon Rwasa araburira Abarundi bazatora ‘Yego’ mu matora ya kamarampaka

Burundi: Agathon Rwasa araburira Abarundi bazatora ‘Yego’ mu matora ya kamarampaka

Ubwanditsi 10 May 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Innocent
    July 23, 201912:02 pm -

    Ikibazo nuko amategeko atubahirizwa kimwe kuri bose kuko uyu mukobwa iyo agumishwa muri gereza akarangiza igihano cye ntabwo aba ari mu kwaha kw’abaduhekuye. I byo akora byo kwitandukanya n’abarokotse jenoside akabagambanira abyita politike bizamushagisha nabi.Ese ye muri za nama Ingabire yavuzwemo gukoresha mu burasirazuba yumvishe hari umututsi yifuza ( Nubwo Leta yunze abanyarwanda batakirebera muri izo ngirwa moko) Gukorana nawe.Kandi kuri Ingabire ndakekako iyo avuga abatutsi aba ahereye no kubarokotse Jenoside hanyuma uwo mwana w’umukobwa akumvako kose we urwo rwango Rwa Ingabire rutamureba? Akwiye gusuzumwa mu mutwe.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Argentina yatwaye igikombe cy’isi 2022 itsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma, Lionel Messi ahembwa nk’umukinnyi w’irushanwa
Amakuru

Argentina yatwaye igikombe cy’isi 2022 itsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma, Lionel Messi ahembwa nk’umukinnyi w’irushanwa

Ubwanditsi 18 Dec 2022
Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka
Mu Rwanda

Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka

Ubwanditsi 31 May 2017
Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )
Mu Rwanda

Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )

Ubwanditsi 16 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru