• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Editorial 31 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Ibiherutse gutangazwa na Lt Gen Henry Tumukunde wabaye Minisitiri w’Umutekano mu gihugu cya Uganda  bigaragaza ko icyo gihugu kiyobowe na Perezida Yoweri Museveni cyabaye urw’amenyo ku bakurikirana politiki y’icyo gihugu.

Mu minsi ishize, Tumukunde yavuze amagambo arenze ibirego Uganda isanzwe irega u Rwanda byo kugira intasi mu gihugu cyabo noneho avuga ko Gen Kale Kayihura wari ukuriye Polisi ya Uganda yakoreraga u Rwanda yongeraho ko u Rwanda rwavogereye ubusugire bwa Uganda mu gihe nta kimenyetso na kimwe berekanye.

Mu gihe yari akiri ministiri, Tumukunde yari azwi nk’umwishongozi kuruta ibindi. Igihe yari akiri minisitiri  muri 2018, Minisitiri yagiye mu kigo cya gisirikari cya Makindye gukorera icyicarubozo umunyarwanda w’imfungwa Rene Rutagungira bashimuse bakanamufunga nta bimenyetso bafite.

Ikindi kinyamakuru gikwirakwiza ibihuha Leta ya Uganda iba ishaka gutangaza cyane cyane mu guharabika u Rwanda cyitwa PML Daily cyatangaje ko Tumukunde yavuze ko “bahaye isomo u Rwanda uburyo rugomba kubaha Uganda”. Ibi ntawe bikwiye gutangaza kuba kuba byavugwa na Tumukunde.

Ni gute baba bigisha u Rwanda mu kubaha Uganda? Batoteza, cyangwa bafunga igihe kirekire cyangwa gukorera urubozo Abanyarwanda batagira kirengera harimo abasaza, abagore batwite, abana bajya gusura ababyeyi babo hanyuma bakajya mu binyamakuru ngo bafashe Intasi z’u Rwanda? Cyangwa Tumukunde abivugira kuko baba bifatanya n’imitwe yitwaje intwaro irwanya u Rwanda? Byaba bisekeje niba Tumukunde yitwaza ayo magambo ashaka kwiyamamariza kuba Mayor wa Kampala, akaba yifuza umwanya urenze imitekerereze ye ukurikije ukuntu ishyaka rye NRM ridakunzwe mu mugi wa Kampala no mu karere ko hagati kose ka Uganda.

Ibyo Tumukunde yavuze ko “Kayihura yakoreraga u Rwanda” bigaragaza icyo Museveni n’abambari be ba hafi ari cyo, bavuga icyo aricyo cyose kibanezeza batitaye kuba ari ukuri cyangwa ibinyoma cyangwa uburyo byabangamira abandi. Inzego zikorera Museveni arizo CMI (Chieftaincy of Military Intelligence) na Internal Security Organization (ISO) zafunze Kayihura muri Kamena 2018 arekurwa nyuma y’iminsi 76 kandi bazanga nta kimenyetso na kimwe kimuhuza n’u Rwanda.

Bajagajaze ibiro n’inzu atuyemo ndetse bajya mu bikoresho bye bwite nka Telephone na Mudasomwa, ntibabona ikimenyetso na kimwe. Kugeza n’uyu munsi nta kintu barabona, ariko ntibyabujije Tumukunde gukomeza gushinja Kayihura wayoboye urwego rukomeye nka Polisi, ndetse no kutubaha inzego z’ubutabera zasanze Kayihura ari umwere.

Tumukunde yakomeje avuga ko “Abanyarwanda bafite igihugu cyabo, natwe dufite igihugu cyacu. Akazi kanjye kwari ukurengera Uganda. Reka mbivuge ntakurya amagambo, uwo ariwe wese uba muri iki gihugu agomba kubaha inzego zacu, ubuyobozi n’igihugu cyacu.”

Amagambo ya Tumukunde wayumva urebye uko Abagande cyane cyane barwanya agatsiko kabo na NRM muri rusange. Ni gute umuntu ashinjwa ibyaha CMI na ISO batashoboye kubona? Akabivuga kandi yemye nkufite ukuri. Ikigaragara nta nuwabaza Tumukunde amagambo yavuze kuko Uganda ari igihugu kitagendera ku mategeko imyaka 33 irashize.

Nta gihe na kimwe u Rwanda ruzakenera amasomo aturutse kuri Tumukunde cyangwa kuri Shebuja Museveni nk’uko bivugwa n’abakurikirana politiki mu karere.

Aho abayobozi ba Uganda bateye imbere ni muri Ruswa aho umukuru w’igihugu na minisitiri we w’ububanyi n’amahanga bakiriye ruswa y’ibihumbi 500$ umwe umwe bayahawe n’uwashakiraga isoko Ubushinwa, kwikwizaho ibikingi, kwica abatavuga rumwe nabo, gucuruza urubyiruko rw’abagande mu bihugu by’abarabu n’ibindi. Ibi byose birazwi ko bikorwa na Leta ya Uganda aho amazina ya bamwe mu bayobozi agaragara muri ibyo bikorwa.

2019-07-31
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Editorial 03 Sep 2019
Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Editorial 04 Aug 2022
Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho

Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho

Editorial 29 Mar 2018
Urukiko rwemeje ko Protais Zigiranyirazo akomeza kwimwa viza yo gutura mu Bufaransa

Urukiko rwemeje ko Protais Zigiranyirazo akomeza kwimwa viza yo gutura mu Bufaransa

Editorial 19 Jul 2017
Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Editorial 03 Sep 2019
Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Editorial 04 Aug 2022
Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho

Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho

Editorial 29 Mar 2018
Urukiko rwemeje ko Protais Zigiranyirazo akomeza kwimwa viza yo gutura mu Bufaransa

Urukiko rwemeje ko Protais Zigiranyirazo akomeza kwimwa viza yo gutura mu Bufaransa

Editorial 19 Jul 2017
Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Editorial 03 Sep 2019
Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Editorial 04 Aug 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru