• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Umunyarwandakazi n’uwari umuherekeje barasiwe Entebbe bahita bashiramo umwuka

Uganda: Umunyarwandakazi n’uwari umuherekeje barasiwe Entebbe bahita bashiramo umwuka

Ubwanditsi 06 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Umunyarwandakazi witwa Kamikazi Princess n’uwari umuherekeje witwa Nteyireho Ruhegyera Joshua, bishwe barasiwe n’abantu bataramenyakana mu Karere ka Wakiso muri Uganda, ku muhanda uturuka Kampala werekeza Entebbe.

Aba bombi barashwe saa tanu z’ijoro ryo kuri uyu wa 5 Nzeri 2019.

Polisi ya Uganda yatangaje ko ibyangombwa yasanze aho barasiwe birimo indangamuntu n’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga bya Ruhegyera.

Yavuze ko nyuma yo kumva amakuru y’iraswa ryabo yoherejeyo itsinda ry’abapolisi n’imbwa zifashishwa mu gucunga umutekano aho byabereye, bakahasanga imodoka y’umukara yo mu bwoko bwa Prado iparitse, ihinda ndetse igicanye amatara harimo n’imirambo y’abo barashwe.

Polisi yavuze ko umurambo wa Kamikazi wasanzwe muri iyo modoka, mu mwanya w’inyuma y’uwa shoferi warashwe isasu mu gahanga, naho umurambo wa Nteyireho urambitse mu kidendezi cy’amaraso hanze y’imodoka, bigaragara ko yarashwe isasu mu gahanga, mu kuboka bw’ibumoso afite imbunda yo mu bwoko bwa AK 47.

Muri iyo modoka polisi ya Uganda ivuga ko yasanzemo ingofero yambarwa n’abapolisi b’icyo gihugu bakora mu ishami rishinzwe gukumira ibyaha by’iterabwoba.

Polisi yavuze ko itaramenya abagize uruhare mu rupfu rw’abo bantu ariko ko imirambo yabo yajyanywe ku bitaro bya Mulago gukorerwa isuzuma naho imodoka yajyanywe ku kigo cy’imisoro n’amahoro kugira ngo kibafashe kumenya nyirayo.

Si ubwa mbere muri iki gihugu humvikana abantu bicwa barashwe n’abantu bataramenyekana mu buryo busa n’ubwo uyu munyarwanda n’uwari umuherekeje bishwemo.

Urugero ni urwo mu 2017, ubwo Umuvugizi wa Polisi muri Uganda, Assistant Inspector General of Police (AIGP) Andrew Felix Kaweesi n’abarinzi be bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana ubwo yavaga iwe mu rugo i Kulambiro mu Mujyi wa Kampala.

2019-09-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma

Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda

Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda

Ubwanditsi 20 Feb 2019
Misiyo ya Ntwali John Williams n’abamutumye yaburijwemo n’abaturage ba Kangondo na Kibiraro

Misiyo ya Ntwali John Williams n’abamutumye yaburijwemo n’abaturage ba Kangondo na Kibiraro

Ubwanditsi 16 Sep 2022
Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu  demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.

Mu gihe USA ikangurira ibindi bihugu demokarasi no guca igihano cy’urupfu, yo iracyagikatira abaturage bayo.

Ubwanditsi 06 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus  Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere
ITOHOZA

Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere

Ubwanditsi 10 May 2017
Peter wahoze muri P Square mu nzira yerekeza i Kigali mu gitaramo gikomeye
Mu Rwanda

Peter wahoze muri P Square mu nzira yerekeza i Kigali mu gitaramo gikomeye

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko rurangije Itorero Indangamirwa ko rukwiye kwiga Ikinyarwanda kandi rukagikoresha neza

Ubwanditsi 08 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru