• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Mudhatiru arasaba kudahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Ubwanditsi 15 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU

Abantu 25 bakurikiranweho kuba abarwanyi b’umutwe wa RNC, urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bafatiwe mu gikorwa cy’igisirikare cya Congo, kuri uyu wa Mbere bongeye gusubizwa imbere y’urukiko rwa Gisirikare rwa Nyarugenge harebwa niba biteguye gutangira kuburana nyuma y’aho ubushize bari bagaragaje ko batiteguye gutangira kuburana.

Ubushize urubanza rwasubitswe bisabwe n’abakekwa bavuze ko bakeneye ikindi gihe cyo gushaka abunganizi mu mategeko mbere y’uko iburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rikomeza.

Kuri ubu abashinjwa 23 muri 25 bahawe abunganizi, umwe muri bo uza ku isonga, Major (Rtd) Habib Muthatiru, afite umwunganizi yishakiye witwa Paula Umulisa, naho undi yemeye kuziburanira.

Batatu kandi muri aba bunganirwa na Dismas Butera, bo bavuze ko nta mahirwe bagize yo kubonana nawe ngo baganire ku kwiregura kwabo.

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabye gusubika urubanza ngo abakekwa bose babonane n’abunganizi babo, buvuga ko kunganirwa mu mategeko ari uburenganzira bw’abashinjwa mu mategeko y’u Rwanda.

Umucamanza uyoboye ariko yavuze ko mu nyungu zo gukoresha igihe neza, urukiko rukomezanya n’abafite abunganizi babo bahari, urubanza rukaba ruzakomeza kuwa Gatanu.

Umwe mu bashinjwa yabwiye urukiko ko aziburanira kubw’ibyo nta bufasha bw’umunyamategeko azakenera mu rubanza.

Uwunganira Major (Rtd) Muthathiru, Paula Umulisa yahise abaza urukiko icyo we n’umukiriya we bakora mu rukiko rwa gisirikare agira ati: “Turashaka kumenya icyo abasivili bakora mu rukiko rwa gisirikare. Umukiriya wanjye ntabwo akiri umusirikare….ni iki mu by’ukuri arimo gukora muri uru rukiko?”

Mudhatiru yunzemo ko “atahekeshwa abo atabyaye” avuga abo bareganwa bo muri FDLR.

Abacamanza basabye akaruhuko bavuga ko basubira mu rukiko bemeza niba bafite ububasha bwo kuburanisha uru rubanza cyangwa rwakwimurirwa mu nkiko zisanzwe, bakaza gutanga umwanzuro mu kanya kari imbere.

Byibuze abanyamategeko 11 nibo bari mu rukiko bunganira abantu 20.

Abakekwa bose bakaba barafatiwe mu gikorwa cy’Igisirikare cya Congo (FARDC).

Bose bahuriye ku byaha bine birimo kurema no kuba mu mutwe witwaje intwaro utemewe, ubugambanyi, kugambanira guverinoma iriho no kugirana imibanire na guverinoma y’amahanga.

Abashinjwa hafi ya bose ni Abanyarwanda ariko harimo n’Abagande, Abarundi n’Umunyamalawi.

Ni abarwanyi b’ihuriro rya P5 rihuriyemo imitwe itandukanye irwanya u Rwanda nka RNC na FDLR n’iyindi.

Ubushinjacyaha buvuga ko abashinjwa bose bafashijwe ndetse bakoroherezwa na Uganda n’u Burundi kugirango bagere mu mutwe wa P5, ibikorwa byawo bivugwa muri raporo y’impuguke za Loni yasohowe mu Ukuboza umwaka ushize.

2019-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Ubwanditsi 15 Mar 2021
Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Ubwanditsi 08 Sep 2019
Judi Rever, Inkoramutima ya Kayumba Nyamwasa yahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Judi Rever, Inkoramutima ya Kayumba Nyamwasa yahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 29 Jun 2020
Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Ubwanditsi 13 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Batatu barimo myugariro Muvandimwe JMV wari muri Police FC ndetse na Master basinyiye ikipe ya Rayon Sports
Amakuru

Batatu barimo myugariro Muvandimwe JMV wari muri Police FC ndetse na Master basinyiye ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 17 Jul 2021
DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa  ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.
POLITIKI

DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

Ubwanditsi 12 Nov 2016
Trump yasinye iteka rishya rikumira abimukira bo mu bihugu by’Abayisilamu
POLITIKI

Trump yasinye iteka rishya rikumira abimukira bo mu bihugu by’Abayisilamu

Ubwanditsi 08 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru