• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA   |   19 Jun 2025

  • APR FC yatangaje umunya-Maroc Taleb Abderrahim nk’umutoza wayo mu gihe cy’Imyaka 2 iri imbere ishobora kongerwa   |   17 Jun 2025

  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tuyiringire wafungiwe muri Gereza ya Kisoro umwaka urenga yavuze akaga yahuye nako

Tuyiringire wafungiwe muri Gereza ya Kisoro umwaka urenga yavuze akaga yahuye nako

Editorial 23 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU

Kuwa kane w’icyumweru gishize Umunyarwanda Elias Tuyiringire yagarutse mu Rwanda nyuma yo kumara amezi 15 afungiye muri Gereza ya Kisoro muri Uganda.

Yatawe muri yombi afatiwe ku mukoresha we muri Kamena umwaka ushize ubwo habaga umukwabu simusiga wakozwe n’inzego z’umutekano. Uyu mukwabu yawufatiwemo n’abandi Banyarwanda bashinjwa kuba muri Uganda binyuranyije n’amategeko ndetse barakatirwa.

Tuyiringire w’imyaka 24 atuye mu Karere ka Musanze, mu Murenge wa Gataraga, mu Ntara y’Amajyaruguru. Yabanaga n’ababyeyi be n’umuvandimwe we muto.

Muri Gashyantare, umwaka ushize, Umugande yabwiye Tuyiringire ko amufitiye akazi amujyana muri Uganda. Yakoraga mu ifamu usibye indi mirimo yakoraga yo gufasha mu rugo ahembwa ku kwezi Amashilingi 150,000 (32,000 frw). Nyuma y’amezi atatu, yatawe muri yombi.

Bamaze iminsi 15 bafungiye kuri station ya polisi, mbere yo kujyanwa mu rukiko. Mbere y’urubanza, Tuyiringire avuga ko umucamanza yaje akababwira ko uza kwemera icyaha wese aza kugabanyirizwa igihano.

Abemeye ibyaha bakatiwe amezi 23 y’igifungo, ariko Tuyiringire arabihaka ahita ajyanwa muri Gereza ya Kisoro. Nyuma y’amezi 9, yasubiye mu rukiko akatirwa amezi 15 y’igifungo.

Ubwo yari muri gereza nk’uko yabitangaje, ngo we n’abandi Banyarwanda bakoreshejwe imirimo y’agahato ikomeye nko kumena amabuye, kwikorera ibiti biremereye byo gutekesha no gukora mu mafamu.

Ati: “Baradukubitaga ngo dukore cyane. Iyo hagiraga utabasha gukora, baramukubitaga kandi ntawahabwaga imiti iyo yabaga arwaye kubera gukubitwa cyangwa indi ndwara.”

Yakomeje agira ati: “Ubu simbasha kwicara akanya karekare, nta yandi mahitamo usibye kujya ku buriri. Ntakintu nkibasha kwikorera gisaba imbaraga.”

Tuyiringire avuga ko muri Gereza ya Kisoro yahahuriye n’abandi Banyarwanda basaga 60 baregwaga bimwe.

Ati: “Iyo ubavugishije, bakubwira ko bafunzwe nta mpamvu ari ukubera ko ari Abanyarwanda bafashwe bakora business zabo muri Uganda.”

Akimara kurekurwa, Tuyiringire yamaze iminsi ibiri ashakisha amafaranga n’izindi nyandiko yasigiye ubuyobozi bwa gereza nyuma yo gutabwa muri yombi.

Ati: “Nabahaye amafaranga 75,000 by’Amanyarwanda n’Indangamuntu yanjye mbere ariko ntabwo babinsubije ubwo narekurwaga. Sinshobora kubategereza kubera gutinya ko bansubiza muri gereza none nahavuye ntacyo mfite.”

Tuyiringire avuga ko ateganya kuregera amafaranga ye n’ibindi bintu bye yasize muri Uganda.

Leta ya Uganda ikaba ikomeje gushinjwa guhohotera Abanyarwanda bajyayo cyangwa bakorerayo, ndetse bikaba byarabaye intandaro yo kuba muri Werurwe Leta y’u Rwanda yarafashe icyemezo cyo kuburira Abanyarwanda ibabuza kujya muri Uganda ku mpamvu z’umutekano wabo utizewe.

2019-10-23
Editorial

IZINDI NKURU

Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Editorial 16 May 2019
Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Editorial 21 Aug 2019
Congo-Kinshasa ishobora kwifashisha abayobozi ba FDLR yafashe mu gusaba Gen Nkunda

Congo-Kinshasa ishobora kwifashisha abayobozi ba FDLR yafashe mu gusaba Gen Nkunda

Editorial 24 Dec 2018
Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Editorial 08 Jan 2025
Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Editorial 16 May 2019
Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Editorial 21 Aug 2019
Congo-Kinshasa ishobora kwifashisha abayobozi ba FDLR yafashe mu gusaba Gen Nkunda

Congo-Kinshasa ishobora kwifashisha abayobozi ba FDLR yafashe mu gusaba Gen Nkunda

Editorial 24 Dec 2018
Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Editorial 08 Jan 2025
Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Editorial 16 May 2019
Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Editorial 21 Aug 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru