• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tuyiringire wafungiwe muri Gereza ya Kisoro umwaka urenga yavuze akaga yahuye nako

Tuyiringire wafungiwe muri Gereza ya Kisoro umwaka urenga yavuze akaga yahuye nako

Ubwanditsi 23 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU

Kuwa kane w’icyumweru gishize Umunyarwanda Elias Tuyiringire yagarutse mu Rwanda nyuma yo kumara amezi 15 afungiye muri Gereza ya Kisoro muri Uganda.

Yatawe muri yombi afatiwe ku mukoresha we muri Kamena umwaka ushize ubwo habaga umukwabu simusiga wakozwe n’inzego z’umutekano. Uyu mukwabu yawufatiwemo n’abandi Banyarwanda bashinjwa kuba muri Uganda binyuranyije n’amategeko ndetse barakatirwa.

Tuyiringire w’imyaka 24 atuye mu Karere ka Musanze, mu Murenge wa Gataraga, mu Ntara y’Amajyaruguru. Yabanaga n’ababyeyi be n’umuvandimwe we muto.

Muri Gashyantare, umwaka ushize, Umugande yabwiye Tuyiringire ko amufitiye akazi amujyana muri Uganda. Yakoraga mu ifamu usibye indi mirimo yakoraga yo gufasha mu rugo ahembwa ku kwezi Amashilingi 150,000 (32,000 frw). Nyuma y’amezi atatu, yatawe muri yombi.

Bamaze iminsi 15 bafungiye kuri station ya polisi, mbere yo kujyanwa mu rukiko. Mbere y’urubanza, Tuyiringire avuga ko umucamanza yaje akababwira ko uza kwemera icyaha wese aza kugabanyirizwa igihano.

Abemeye ibyaha bakatiwe amezi 23 y’igifungo, ariko Tuyiringire arabihaka ahita ajyanwa muri Gereza ya Kisoro. Nyuma y’amezi 9, yasubiye mu rukiko akatirwa amezi 15 y’igifungo.

Ubwo yari muri gereza nk’uko yabitangaje, ngo we n’abandi Banyarwanda bakoreshejwe imirimo y’agahato ikomeye nko kumena amabuye, kwikorera ibiti biremereye byo gutekesha no gukora mu mafamu.

Ati: “Baradukubitaga ngo dukore cyane. Iyo hagiraga utabasha gukora, baramukubitaga kandi ntawahabwaga imiti iyo yabaga arwaye kubera gukubitwa cyangwa indi ndwara.”

Yakomeje agira ati: “Ubu simbasha kwicara akanya karekare, nta yandi mahitamo usibye kujya ku buriri. Ntakintu nkibasha kwikorera gisaba imbaraga.”

Tuyiringire avuga ko muri Gereza ya Kisoro yahahuriye n’abandi Banyarwanda basaga 60 baregwaga bimwe.

Ati: “Iyo ubavugishije, bakubwira ko bafunzwe nta mpamvu ari ukubera ko ari Abanyarwanda bafashwe bakora business zabo muri Uganda.”

Akimara kurekurwa, Tuyiringire yamaze iminsi ibiri ashakisha amafaranga n’izindi nyandiko yasigiye ubuyobozi bwa gereza nyuma yo gutabwa muri yombi.

Ati: “Nabahaye amafaranga 75,000 by’Amanyarwanda n’Indangamuntu yanjye mbere ariko ntabwo babinsubije ubwo narekurwaga. Sinshobora kubategereza kubera gutinya ko bansubiza muri gereza none nahavuye ntacyo mfite.”

Tuyiringire avuga ko ateganya kuregera amafaranga ye n’ibindi bintu bye yasize muri Uganda.

Leta ya Uganda ikaba ikomeje gushinjwa guhohotera Abanyarwanda bajyayo cyangwa bakorerayo, ndetse bikaba byarabaye intandaro yo kuba muri Werurwe Leta y’u Rwanda yarafashe icyemezo cyo kuburira Abanyarwanda ibabuza kujya muri Uganda ku mpamvu z’umutekano wabo utizewe.

2019-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Ubwanditsi 30 Dec 2018
U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere

U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere

Ubwanditsi 28 Aug 2018
Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ubwanditsi 22 Oct 2018
Hatahuwe  umugambi  wajyanye muri Uganda, La Forge Fils Bazeye  n’ushinzwe ubutasi muri FDLR

Hatahuwe umugambi wajyanye muri Uganda, La Forge Fils Bazeye n’ushinzwe ubutasi muri FDLR

Ubwanditsi 19 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019
Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240
UBUKUNGU

Minisitiri Ndagijimana yatangaje icyadindije intego yari yihawe ko mu 2020 umunyarwanda azaba yinjiza $1240

Ubwanditsi 27 Nov 2019
Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7%  [ VIDEO ]
POLITIKI

Amerika: Perezida Kagame yasubije uburyo yatsinze amatora ku kigero cyo hejuru mu matora aheruka namajwi, 98,7% [ VIDEO ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru