• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare
Maj Gen Paul Lokech yasimbuwe ku mwanya w'Umugaba w'Ingabo yari amazeho amezi atanu

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Editorial 04 Dec 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yakoze impinduka mu gisirikare zasize Brig Gen Charles Okidi agizwe Umugaba w’Ingabo zirwanira mu Kirere asimbuye Maj Gen Paul Lokech.

Impinduka mu buyobozi bukuru bwa Gisirikare zemejwe n’Umuvugizi w’Ingabo za Uganda, Brig Richard Karemire.

Brig Karemire yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuru ko Perezida Museveni usanzwe ari Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Uganda (UPDF) amaze igihe gito akoze izo mpinduka.

Brig Okidi yagizwe Umugaba w’Ingabo zirwanira mu Kirere aho yari asanzwe ari Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa bya Gisirikare ku Cyicaro Gikuru kiri i Entebbe.

Yakomeje ati “Brig Gen Okidi yazamuwe mu ntera avanwa ku ipeti rya Colonel ku wa 27 Ugushyingo 2019 na Perezida akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa UPDF.’’

Gen Lokech yashyizweho ngo afashe gukurikirana imirimo y’ingabo ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo n’ibijyanye no guhuza ingabo z’iki gihugu.

Mu zindi mpinduka, Brig Gen Francis Takirwa wari ushinzwe ibijyanye n’Uburezi na Siporo muri UPDF yagizwe Umuyobozi wa Diviziyo ya Kabiri ishinzwe kurinda ubusugire bw’umupaka wo mu Burengerazuba bw’iki gihugu hafi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahari ibibazo by’umutekano muke.

Ni umwanya yasimbuyeho Brig Gen Muhanga Kayanja woherejwe mu Ishuri rikuru rya Gisirikare mu gihe we [Takirwa] yasimbuwe na Brig Gen Wilson Muhabuzi.

Gen Takirwa yabaye mu nshingano zirimo kuba Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa bya Gisirikare muri UPDF; Umuyobozi wungirije wa Diviziyo ya Kane ku Cyicaro Gikuru i Gulu; Umuyobozi w’Ishuri ry’Imyitozo ya Gisirikare rya Singo; Umuyobozi wa Batayo ya Gatatu n’Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa bya Gisirikare n’Imyitozo muri Batayo ya 73.

Yanabaye ushinzwe Ibikorwa bya Gisirikare mu Mutwe w’Abarinda Umukuru w’Igihugu, anahagararira UPDF mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda.

Perezida Museveni kandi yagize Brig Gen Sam Omara ushinzwe Umutekano muri Ambasade ya Uganda muri Algeria.

Maj. Gen. Paul Lokech ni we uri kugarukwaho cyane kuko yasimbuwe ku mwanya w’Umugaba w’Ingabo nyuma y’amezi atanu awushyizweho.

Amakuru aturuka muri UPDF avuga ko Gen Lokech ashobora gusimbura Lt Gen Peter Elweru ku mwanya w’Umuyobozi w’Ingabo zirwanira ku Butaka.

2019-12-04
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.

Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.

Editorial 01 Mar 2022
RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa

RDC: Umusirikare wa FARDC yishe abana be babiri na we ahita yirasa

Editorial 05 Oct 2018
Tariki 22 Ugushyingo 2021, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Tariki 22 Ugushyingo 2021, i Paris mu Bufaransa hatangiye urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 22 Nov 2021
14th Cabinet Retreat Resolution: why does Rwanda find DNA test important?

14th Cabinet Retreat Resolution: why does Rwanda find DNA test important?

Editorial 05 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uvira: Biravugwa ko ingabo z’u Burundi zigaruriye ibirindiro bya RED-Tabara
ITOHOZA

Uvira: Biravugwa ko ingabo z’u Burundi zigaruriye ibirindiro bya RED-Tabara

Editorial 08 Nov 2018
Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye
Amakuru

Amafoto – APR FC yatsinze US Monastir 1-0 mu mukino ubanza wa CAF Champions League wabereye kuri Sitade ya Huye

Editorial 10 Sep 2022
Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.
Amakuru

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Editorial 21 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru