• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda
Ibaruwa y'ikinamico ya Polisi ya Uganda isaba ko umurambo wa Magezi usuzumwa

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Ubwanditsi 09 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Umunyarwanda, Emmanuel Magezi, wari umaze igihe kigera hafi ku mwaka afungiwe muri Uganda nyuma yo gushimutwa n’urwego rw’iperereza muri Uganda  ruzwi nka CMI, yaje kwitaba Imana nyuma y’ibikorwa by’iyicarubozo yakorewe. Agifatwa yabanje  gufungirwa mu kigo cya gisirikari cya Makenke nyuma yoherezwa mu kigo cya Mbuya.  Muri Werurwe 2019 nibwo hatangajwe inkuru y’ifatwa rya Magezi.

Nta cyaha na kimwe yigeze ashinjwa imbere y’urukiko, yarekewe muri kasho gusa akorerwa iyicarubozo, kugeza ubwo ku wa 31 Mutarama 2020, umunyamategeko we Eron Kiiza yaregeye Urukiko Rukuru i Kampala asaba ko uwo yunganira yaburanishwa niha hari ibyaha aregwa.

Kiiza yifuzaga ibisobanuro by’Igisirikare cya Uganda na Guverinoma ku bijyanye n’ifungwa ritemewe ry’umukiliya we kugeza ubwo amara amezi 10 ari muri kasho ataragezwa imbere y’umucamanza, ngo amenyeshwe ibyo aregwa.

Ikinyamakuru Daily Monitor cyatangaje ko ubusabe bwa Kiiza bwagombaga kumvwa n’urukiko ku wa Mbere, bugafatwaho umwanzuro. Nyamara mbere y’uko uwo munsi ugera, yaje kwakira amakuru yizewe amumenyesha ko uwo yunganiraga yapfuye.

Hagiye hanze ibaruwa yasinyweho na Ofisiye wa Polisi ushinzwe Iperereza ku byaha kuri Sitasiyo ya Butabika, yemeza ko Magezi yaguye mu bitaro bya Butabika tariki 21 Mutarama 2020, ahagana saa tatu za mu gitondo.

Muri iyi baruwa hagaragara polisi isaba umwe mu baganga bayo kujya mu buruhukiro bw’umujyi gusuzuma umubiri wa Magezi wajyanyweyo ku wa 21 Mutarama 2020.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kampala, Patrick Onyango, yemeje urupfu rwa Magezi, nyuma yo gukurikirana agasanga iyo baruwa yasakaye ari umwimerere.

Yagize ati “Umubiri wa Magezi wasanzwe hanze y’inzu y’abarwayi muri Butabika. Twahamagawe nyuma yo kubona uyu mubiri uri hanze. Ntabwo nzi icyabaye ariko turacyategereje raporo.”

Umuvugizi w’Ikigo cya Gisirikare cya Makenke, Maj. Charles Kabbona, yavuze ko atari mu biro, yizeza kuzatangaza amakuru abifiteho ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brigadier Richard Karemire, we yirinze kugira icyo avuga kuko ngo nta makuru afite kuri icyo kibazo.

Urupfu rwa Magezi rwiyongereye ku bandi baguye muri Uganda cyangwa bagakorerwa iyicarubozo bakagwa mu Rwanda nyuma yo kujugunywa ku mupaka ari intere. Ni ibikorwa byagejeje aho u Rwanda rusaba abaturage barwo guhagarika kujya mui Uganda kubera impungenge ku mutekabo wabo.

U Rwanda rushinja Uganda gufata no gufunga Abanyarwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse bagakorerwa iyicarubozo bamwe bakahasiga ubuzima, ku buryo hakomeje ibiganiro bigamije gushaka umuti.

Aya makuru agiye hanze mu gihe ku Cyumweru gishize Perezida Kagame na Museveni bahuriye mu nama yiga ku bibazo biri hagati y’ibihugu byombi, yatumijwe na Perezida wa Angola, João Lourenço ikitabirwa na Félix Tshisekedi wa RDC nk’abahuza.

Biteganyijwe kandi ko Inama y’Abakuru b’Ibihugu itaha izabera i Gatuna ku mupaka uhuriweho w’u Rwanda na Uganda, ku wa 21 Gashyantare 2020.

Izabimburirwa n’iya Komisiyo ihuriweho, hasuzumwa ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yemeranyijweho, by’umwihariko irekurwa ry’Abanyarwanda bafungiwe muri Uganda no guhagarika ubufasha buhabwa imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

2020-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

U Rwanda rwasabye Uganda ibisobanuro ku ifungwa ry’Abanyarwanda n’imitwe ishaka guhungabanya umutekano

Ubwanditsi 20 Dec 2017
USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Ubwanditsi 18 May 2019
Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Ubwanditsi 08 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nkinzingabo Fiston wakiniye amakipe arimo APR FC, Kiyovu SC yasezeye ku mupira w’amaguru ku myaka 29
Amakuru

Nkinzingabo Fiston wakiniye amakipe arimo APR FC, Kiyovu SC yasezeye ku mupira w’amaguru ku myaka 29

RUSHYASHYA 03 Apr 2026
Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017
Mu Rwanda

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Ubwanditsi 20 Jun 2017
APR FC yatsinze umukino wayo wa Kabiri yakinaga na JKU muri Mapinduzi Cup iri kubera Zanzibar
Amakuru

APR FC yatsinze umukino wayo wa Kabiri yakinaga na JKU muri Mapinduzi Cup iri kubera Zanzibar

Ubwanditsi 04 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru