• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Radiyo yo mu Bufaransa itanga urubuga ku bahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Judi Rever

Ubwanditsi 29 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Judi Rever wamamaye kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, aherutse guhabwa ijambo yidoga ibitekerezo bye kuri Radiyo y”ubufaransa yitwa Radio Sud kugirango amenyekanishe igitabo cye. Ni igitabo cyuzuye ibinyoma bisa aho usanga abogamiye kubasize bamennye amaraso y’Inzirakarengane z’Abatutsi.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko batangazwa n’uko “radiyo yiyubaha ishobora gutanga ijambo k’umuntu uzwi cyane nk’umuhakanyi wa Jenoside nka Rever kugira ngo yerekane ibitekerezo bye by’ivangura ritanya Abanyarwanda kandi intambwe bagezeho igaragara haba mu bumwe n’ubwiyunge cyangwa iterambere ntavangura.”

Muri icyo kiganiro, Rever yasubiyemo ibyo asanzwe avuga ko yabonye “raporo z’ibanga” ngo yakuye mu cyahoze ari Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’u Rwanda (ICTR), aho avuga ko yasomye ko “Abasirikare ba RPA bari mu myitozo kuva mu 1992, ngo boherejwe muri perefegitura zose z’igihugu muri Mutarama 1994 kugira ngo binjire mu nterahamwe kandi bifatanye mu kwica Abatutsi mu gihe cya jenoside. Agaragaraza ko Ingabo za RPA zacengeye mu migi n’ibyaro nyamara uzi gusesengura yibaza aho zaca ingabo za Ex FAR ukahabura kuko nazo zabaga ziryamiye amajanja,Iyo rero ukurikiye neza wumva agamije gusiga ibyondo ubuyobozi bw’u Rwanda nyamara ibi nta kidasanzwe abizwiho.

Nk’uko abakurikiranye icyo kiganiro babivuga, ibyo bita “raporo y’ibanga” ya Jude Rever bakomeza kuvuga ko itigeze ibaho habe na mba. Rever yerekanye kuva kera ko ari umuntu uzwi nk’interahamwe y’umuzungu, kubera ko yifuza kandi agahoza mu kanwa kubeshya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, amaze igihe kinini ashyirwa ahagaragara n’abashakashatsi benshi, barimo intiti zizwi cyane za Jenoside ariwe Linda Melvern, Judi Rever yanzwe n’abategura igihembo cya Bayeux Calvados-Normandy, kubera uruhare akomeje kugira mu guhakana Jenoside kandi akabikora mu izina ry’itangazamakuru kugirango bigere kure we ntazi ko n’abantu bamaze gukerebuka bareba kure bagahitamo ikiri ukuri.

Mu byo yavuze mu kiganiro yagiranye na radiyo harimo ko “Ubufaransa bubanira neza u Rwanda nta mbereka”, aya magambo akaba atandukanye rwose n’ukuri, amateka yerekana ko Ubufaransa bwari umufatanyabikorwa ukomeye w’ubutegetsi bwa Habyarimana kandi bukanatanga inkunga ya gisirikare mu kurwanya ingabo zabohoye u Rwanda zahoze ariza FPR/Inkotanyi.

Umussesenguzi w’ibitambuka ku mbuga nkoranyambaga yagize ati: “Ibintu nk’ibi ntibishobora kuvuguruzanya, ahubwo wakwizera abasaba imbabazi za Jenoside bagizemo uruhare kugira ngo bakomeze kugerageza guhindura amateka abe meza kuruta ayarangiye”. Rever yiyemeje gushaka amafaranga n’izindi ndonke zinyuze mu nyigisho zivuguruza amateka y’u Rwanda, ibyo akabikorana ingufu nyinshi kuko afitanye isano na Jenoside n’abayikoze mu buryo bwo kubeza no gusiga icyasha abashushubikanyije inkoramaraso.”

Abahanga kuri Jenoside babona ko guha urubuga umuntu nka Judi Rever bishyigikira gukomeza ipfobya rya Jenoside gusa abazi ukuri bo bakabifata nk’ubusazi cyangwa kwirengagiza ukuri ukureba, kubera ko guhakana ariyo ntambwe ya nyuma yo gukora Jenoside. Umwe mu batanze ibitekerezo yagize ati: “Noneho ko guverinoma y’Ubufaransa yasohoye itegeko ryo kumenya no kudapfobya Jenoside yakorewe abatutsi, ariko nanone iki gihugu nacyo gikwiye gutera intambwe kigafata iya mbere mu kubuza abahakana kubona urubuga rusange, nk’uko babikora n’abahakana itsembabwoko ry’Abayahudi.”

2020-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakinnyi 64 bo mu bihugu 22 nibo bazitabira irushanwa rya Tennis, Rwanda Open M25

Abakinnyi 64 bo mu bihugu 22 nibo bazitabira irushanwa rya Tennis, Rwanda Open M25

Ubwanditsi 20 Sep 2024
U Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC bituma isubikwa

U Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC bituma isubikwa

Ubwanditsi 30 Nov 2018
RDC: Inyeshyamba za FDLR zirashinjwa gushimuta abaturage 13 zibasanze mu mirima

RDC: Inyeshyamba za FDLR zirashinjwa gushimuta abaturage 13 zibasanze mu mirima

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Ubwanditsi 14 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City
UBUKUNGU

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

Ubwanditsi 24 Apr 2018
[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda
IKORANABUHANGA

[ Uber ] izwi nko mu gihugu cya Kenya, itanga serivisi z’ingendo yifashishije ikoranabuhanga ishaka gukorera mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.
Amakuru

Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Ubwanditsi 11 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru