• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Ubwanditsi 07 Nov 2020 Amakuru, Mu Rwanda

Kaminuza y’ubuzima rusange ku isi (UGHE) yishimiye gutangaza ko hateganyijwe urukurikirane serukiramuco rwa kabiri ruzaba kuwa 11 – 15 Ugushyingo 2020. Iserukiramuco ryiswe Hamwe Festival ni igikorwa ngarukamwaka cyizihiza kandi gishimangira uruhare rw’inganda zihanga bigamije gufasha urwego rw’ubuzima ku isi ariko Uyu mwaka, iserukiramuco rizakorwa ku buryo bw’iyakure bitewe n’icyorezo cya Covid-19.

Iserukiramuco ku bufatanye hagati yinzobere mu buzima ku isi n’abashinzwe guhanga bahuje ibigwi bivuga ko kugirango uburinganire bw’ubuzima ku isi bugerweho. Uyu mwaka iri serukiramuco rifite intego yo guhuza abanyamwuga b’abahanzi baturutse impande zose zisi bakora ibiganiro n’ibikorwa bitandukanye bazatanga amasomo n’inama ku ruhare rw’ubuhanzi m’ubuzima rusange.

Imibereho Myiza igamije kurengera ubuzima bwo mu mutwe niyo nsanganyamatsiko y’uyu mwaka kandi izagaragaramo ibiganiro bijyanye no kutabatwa n’uburwayi bwo mu mutwe.

Abantu batandukanye berekanye uburyo iri serukiramuco “Hamwe Festival 2020” rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri, uyu mwaka rikaba rizaba mu buryo bw’umwihariko kuko abarikurikira bazifashisha uburyo bw’amashusho azaca ku mbuga nkoranyambaga n’imbuga za mudasobwa zitandukanye, mu rwego rwo gukomeza kwirinda icyorezo cya covid 19. Muri uyu mwaka wa 2020, intego yaryo ni ukwita ku buzima bwo mu mutwe no kwifashisha ubuhanzi butandukanye mu kubusigasira aho intego igamijwe ari ukwigisha uburyo ubuhanzi bwahura n’ubuzima bityo iminsi ikomeye yo kwirinda Coronavirus cyane cyane ku rubyiruko ubwirinzi budohora ubwonko bushingiye ku buhanzi bukabafasha binyuze mu nyigisho.

Ubusanzwe Hamwe Festival, ni serukiramuco rifite intego yo gusangiza abaryitabira akamaro k’ubuhanzi bw’uburyo bwose n’uko bwagira uruhare mu bijyanye no kurengera ubuzima. Muri iri serurikiramuco abahanzi, inzobere mu buzima ku rwego rw’Isi, n’abandi batandukanye bagomba kwerekana uburyo imbaraga z’ubuhanzi zafasha mu buzima.

Iserukiramuco “Hamwe Festival” itegurwa ku bufatanye na Kaminuza mpuzamahanga ya UGHE (University of Global Health Equity), uyu mwaka izaba guhera tariki 11 kugeza tariki 15 Ugushyingo 2020, ibe hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga, aho abayikurikira hazifashishwa uburyo bw’amashusho azanyuzwa ku mbuga nkoranyambaga za Hamwe Festival zirimo Facebook Instagram na Youtube, Hamwe Festival y’uyu mwaka izaba irimo inzobere mu by’ubuzima n’abahanzi batandukanye, bose bakomoka mu bihugu bigera kuri 20.

Ku mugoroba wa tariki 11 Ugushyingo 2020 nibwo izafungurwa ku mugaragaro, aho abayobozi mu nzego za Guverinoma y’u Rwanda, Prof Agnes Binagwaho Umuyobozi wa Kaminuza ya UGHE (University of Global Health Equity) n’abandi bafatanyabikorwa bazageza impanuro n’ubutumwa ku bazayikurikira.

Hamwe Festival ku nshuro yayo ya mbere mu Rwanda, yatbereye mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali hagati ya tariki 8 na 13 Ugushyingo 2019, icyo gihe abahanzi nka Oumou Sangaré ufite izina rikomeye mu muziki wa Afurika hamwe n’umunyarwandakazi Nirere Shanel bataramiye abayitabiriye.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, hasobanuwe byinshi kuri Hamwe Festival ya 2020 dore ko Prof Agnes Binagwaho Umuyobozi wa Kaminuza ya UGHE yaganiriye n’abanyamakuru hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Zoom

Abitabiriye ikiganiro n’abanyamakuru banataramiwe n’abaririmbyi barimo Ariel Wayz wari waje aherekejwe n’abandi bahanzi batandukanye nka Man Martin n’abandi

2020-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports, Musanze, Police FC na As Kigali zatangiranye intsinzi ku munsi wa mbere wa RPL 2023/2024 – Ibyawuranze

Rayon Sports, Musanze, Police FC na As Kigali zatangiranye intsinzi ku munsi wa mbere wa RPL 2023/2024 – Ibyawuranze

Ubwanditsi 22 Aug 2023
U Rwanda  kwisonga  mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Ubwanditsi 06 May 2018
Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Ubwanditsi 26 Feb 2021
Rubavu: Abacoracora  barashwe bagerageza kwinjira mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Rubavu: Abacoracora barashwe bagerageza kwinjira mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Ubwanditsi 06 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje
INKURU ZAKUNZWE CYANE

RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatanze impapuro zifata Kayumba Nyamwasa agakurikiranwa ku bikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa RNC yashinze.
INKURU NYAMUKURU

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatanze impapuro zifata Kayumba Nyamwasa agakurikiranwa ku bikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa RNC yashinze.

Ubwanditsi 30 Jan 2019
Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano
Mu Mahanga

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Ubwanditsi 28 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru