• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kandida Perezida Robert Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine, yafashwe na Polisi arafungwa i Luuka ari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Kandida Perezida Robert Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine, yafashwe na Polisi arafungwa i Luuka ari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Editorial 18 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 18 Ugushyingo 2020, Polisi yo muri Uganda yataye muri yombi umukandida ku mwanya wa Perezida w’ishyaka ry’ubumwe bw’igihugu (NUP), Robert Kyagulanyi mu karere ka Luuka nyuma yuko bivugwa ko yanze gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid 19 yatanzwe na Leta binyuze muri Komisiyo ishinzwe gutegura amatora.

Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi ku izina rya rya Bobi Wine, ni umunyapolitiki wo muri Uganda, umuririmbyi, umukinnyi, n’umucuruzi. Kuva ku ya 11 Nyakanga 2017, akaba ari umudepite uhagarariye intara ya Kyadondo y’Iburasirazuba mu Karere ka Wakiso muri Uganda.

Polisi yo muri Uganda yashyize amananiza kuri Kyagulanyi n’abamushyigikiye bababuza gukora ibikorwa byo kwiyamamaza ndetse no kwigaragambya. Igihe Bobi Wine yafatwaga, bamwe mu baturage batewemo ibyuka bihumanya kandi biryana mu maso hakaba hari n’umubare utari muto wahakomerekeye cyane muri uwo muvundo. Abashinzwe umutekano babwiye ibinyamakuru bikorera muri Uganda ko basabwe guhagarika imyigaragambyo nyuma yuko abayobozi ba NUP batemeranije na Polisi ku kibazo cy’aho gukorera ibikorwa byo kwiyamamaza ndetse n’ubwinshi bw’abantu.

Bamwe mu bagize itsinda rya Hon. Kyagulanyi baza imbere mu gushyigikira bakomeretse ubwo Polisi yababuzaga imyigaragambyo. Mu bakomeretse harimo Ashraf Kasirye,ushinzwe itangazamakuru na Edward Rodgers Sebuufu ndetse na Eddie Mutwe umwe mu bamurindaga, wagerageje kubuza ifatwa ry’umukandida ku mwanya wa Perezida.

Komisiyo y’amatora y’igihugu yabujije imyigaragambyo maze Polisi ishinja itsinda ry’iyamamaza rya Kyagulanyi kutubahiriza aya mabwiriza bakavuga byanze bikunze bazabiryozwa n’ubwo abaturage nabo bariye karungu bati turambiwe kuyoboreshwa inkoni nk’inka turishakira umukandida wacu nk’uko amavidewo agenda acicikana ku mbuga nkoranyambaga abigaragaza.

Amabwiriza avuga ko ibikorwa byo kwiyamamaza bitagomba kurenza abantu 200 mu gihe iyo Perezida Museveni yiyamamaje barenga n’ibihumbi makumyabiri ariko ntibagire icyo babikoraho. Ndetse n’amatora mu nzego zibanze muri NRM, ishyaka rya Museveni, bagiye barenza uwo mubare.

Kasirye na Mutwe bajyanywe mu bitaro bya Luuka biri hafi kugira ngo bavurwe mu gihe abandi bakomeretse bajyanwe mu bitaro. Abakurikiranira hafi Politike ya Uganda nka Gashumba Frank baribaza amaherezo kuri ibi bikorerwa abayoboke ba Kyagulanyi ni nako hirya no hino muri Uganda nka Masaka ahazwi nko mu Nyendo batangije imyigaragambyo ikomeye baharanira irekurwa rya Kyagulanyi.

Reka dutege amaso iby’iyi demokarasi yo kwa Museveni

2020-11-18
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Editorial 11 Jul 2021
Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Editorial 15 Jan 2022
Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Editorial 13 Mar 2024
Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Editorial 02 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano
INKURU NYAMUKURU

Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Editorial 01 Sep 2019
Iki noneho si ikinyoma, ni ikinamico. Nyuma y’iminsi isaga 300 ageze mu Rwanda, abo kwa Rusesabagina badukanye amatakirangoyi ko ngo yakorewe iyicarubozo!
Amakuru

Iki noneho si ikinyoma, ni ikinamico. Nyuma y’iminsi isaga 300 ageze mu Rwanda, abo kwa Rusesabagina badukanye amatakirangoyi ko ngo yakorewe iyicarubozo!

Editorial 31 May 2021
Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo
Amakuru

Jean-Luc wa Habyarimana yacunze Icyunamo kirimbanyije yikoza agati munsi y’Ubugabo

Editorial 14 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru