• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Ubwanditsi 25 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa mbere  tariki 25 Mutarama 2021, umucamanaza mu rukiko rw’i Kampala muri Uganda yategetse ko abasirikari bari baragose urugo rwa Bobi Wine gusubira mu bigo byabo, bakareka ibikorwa yise iby’iterabwoba no kuvutsa uwo muturage uburenganzira bwe bwo kujya aho ashaka mu gihugu cye. Uwo mucamanza yasabye ubutegetsi ko niba hari icyo Bobi Wine akurikiranyweho yashyikirizwa ubucamanza, ariko bukareka kumugaraguza agati.

Ibi bibaye nyuma y’ikirego Bobi Wine yari yashyikirije uru rukiko, arusaba ko rwamubariza ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni icyo akurikiranyweho, gituma atinyagambura nk’abandi. Ubutegetsi bwa Uganda kandi bwari bumaze iminsi bwotsa igitutu gikomeye, amahanga aburega guhutaza abatavuga rumwe nabwo. Mu cyumweru gishize, uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda, Nathalie E. Brown,yagerageje gusura Bobi Wine ariko abasirikari n’abapolisi bamubuza kwinjira mu rugo rw’uyu munyapolitiki wajegeje bikomeye Leta ya Perezida Museveni. Ambasaderi Brown  yahise atangaza ku mugaragaro ko icyo gikorwa cyo gufungira Bobi Wine mu rugo rwe kigayitse, ndetse gikwiye kwamaganwa n’isi yose

Ubwo twateguraga iyi nkuru ariko  hari amakuru avuga ko icyemezo cy’urukiko  cyari kitarashyirwa mu bikorwa, kuko inzego z’umutekano zavugaga ko zari zitarabona  amabwiriza avuye ibukuru azitegeka kuva mu rugo rwa Bobi Wine.

Bobi Wine yahatanye na Kaguta Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye tariki 14 Mutarama 2021. Komisiyo y’amatora yatangaje ko Museveni ariwe watowe n’amajwi 59%, naho Bobi Wine ahabwa 35%. Uyu mukandida ukunzwe n’urubyiruko cyane ntiyishimiye ibyavuye mu matora, ndetse ashinja Perezida Museveni kwiba amajwi. Kuva icyo gihe abashinzwe umutekano bigabije urugo rwe, bamubuza gusohoka cyangwa gusurwa n’uwo ariwe wese.

Kuba urukiko rutegetse ko  Bobi Wine asubizwa uburenganzira bwe bwo kwidegembya ariko, ntibivuze ko ibintu bisubiye mu buryo, kuko abayoboke ba Bobi Wine barahiriye kuzakomeza kwereka isi yose ko amatora yabaye aya nyirarureshwa, kuko umukandida wabo ariwe wari watsinze.  Amahanga  nayo  asa n’ataremeye ibyatangajwe na Komisiyo y’Amatora, bikagaragazwa n’uko abakuru b’ibihugu 5 gusa aribo boherereje Perezida Museveni ubutumwa bw’ishimwe.

2021-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Ubwanditsi 25 Jun 2021
Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 20 Mar 2024
Imikino y’umunsi wa mbere mu gikombe cya Afurika yasojwe Mali itsinze Tunisie mu mukino umusifuzi yasoje habura iminota 4 ngo urangire

Imikino y’umunsi wa mbere mu gikombe cya Afurika yasojwe Mali itsinze Tunisie mu mukino umusifuzi yasoje habura iminota 4 ngo urangire

Ubwanditsi 13 Jan 2022
Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice

Amakimbirane hagati y’inyeshyamba za Kayumba zikomeje gucikamo ibice

Ubwanditsi 24 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twiteguye kugenda kuri Kigali tugafata Kagame ari muzima – Imbonerakure
INKURU NYAMUKURU

Twiteguye kugenda kuri Kigali tugafata Kagame ari muzima – Imbonerakure

Ubwanditsi 09 Dec 2018
Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?
UBUKUNGU

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.
Mu Rwanda

Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.

Ubwanditsi 07 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru