• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Ubwanditsi 24 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe ya Kiyovu SC nyuma yo kugira umwaka utari mwiza wa 2020-2021 yatandukanye na bamwe mu bakinnyi bayo barimo basoza amasezerano ndetse bamwe muribo bamaze no kubona amakipe bazakinira mu mwaka utaha w’imikino.

Aha kandi hariyongeraho abatoza babiri bari bungirije Olivier Karekezi ndetse na Ndayiragije Etienne, abo ni Banamwana Camarade ndetse na Kalisa Francois.

Usibye aba batoza kandi iyi kipe y’urucaca ikaba itakiri kumwe n’umutoza w’abanyezamu Muhimpundu Rachid wari umaze igihe kinini muri iyi kipe ya Kiyovu Sports ndetse n’uwari ushinzwe ibikoresho by’ikipe uzwi ku izina rya Jemba uyu akaba azwi cyane mu ikipe ya Rayon Sports.

Nyuma yo kwiyubaka ihereye ku batoza, Kiyovu Sports iheruka guha amasezerano umutoza Haringingo Francis wahise yizanira umutoza uzamwugiriza ariwe Rwaka Claude, uyu mutoza kandi akaba yarahise agirana ibiganiro n’ikipe ya Kiyovu ku kumenya abakinnyi bazasigarana mubari bahasanzwe, bityo hafatwa umwanzuro wo kudakomezanya n’abakinnyi 15.

Muri abo bakinnyi batakiri kumwe na Kiyovu harimo Babua Samson wari umazemo umwaka umwe ariko akaba atarongerewe amasezerano, harimo Saba Robert we wamaze kwerekeza muri AS Kigali ndetse na Armel Ghyslain wamaze gusinyira ikipe ya Gasogi United.

Abo bakinnyi kandi bariyongeraho abamaze gusezera muri yi kipe mbere y’uko uyu mwaka w’imikino urangira bayobowe n’umunyezamu Bwanakweli Emmanuel ndetse na Munezero Fiston wavuye mu wiherero w’ikipe yirukanywe na Ndayiragije Etienne ngo bitewe n’imyitwarire itari myiza yagaragaje imbere y’umutoza.

Muri rusange abakinnyi batandukanye na Kiyovu SC ni Babua Samson, Ndahimana Isiak, Ndayisaba Hamidu, Nyirinkindi Saleh, Tubane Kames, Bwanakweli Emmanuel, Armel Ghislain, Fiston Munezero, Sibomana Arafat, Mbanzo Nkoto karim, Saba Robert, Habamahoro Vincent ndetse na Ngenzi Issa.

Kiyovu SC irimo kwitegura umwaka utaha ikaba nayo yariyubatse aho kugeza ubu yamaze kugura abakinnyi barimo Mugenzi Bienvenu wakinaga muri Marines FC , Benedata Janvier wari muri AS Kigali ndetse na Niyonkuru Ramadhan wahoze muri Mukura VS.

2021-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzikazi wakanyujijeho Yvonne Chaka Chaka ategerejwe  i Kigali

Umuhanzikazi wakanyujijeho Yvonne Chaka Chaka ategerejwe i Kigali

Ubwanditsi 01 May 2017
Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Ubwanditsi 06 Mar 2023
Muri FDLR n’Ibitsimbanyi Byayo, Aho Bukera Baramarana Bapfa Ubusambo n’Ibisabano!

Muri FDLR n’Ibitsimbanyi Byayo, Aho Bukera Baramarana Bapfa Ubusambo n’Ibisabano!

Ubwanditsi 21 Sep 2020
Akarimurori : Asinah avuga ko Riderman namarana igihe n’uwo bashakanye azaba agira Imana

Akarimurori : Asinah avuga ko Riderman namarana igihe n’uwo bashakanye azaba agira Imana

Ubwanditsi 14 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo CNLG  Ivuga  kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa  Missile zahanuye  Indege ya Habyarimana
Mu Rwanda

Icyo CNLG Ivuga kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa Missile zahanuye Indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Perezida Kagame yasuye Tanzania
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasuye Tanzania

Ubwanditsi 07 Mar 2019
Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda
Amakuru

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru