• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Editorial 31 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda

Abamaze iminsi bakurikirana ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane mu nkuru zikwirakwiza zikanahembera ingengabitekerezo ya Jenoside, bamaze iminsi babona ibikwirakwizwa n’umugabo witwa Hakuzimana Abdul Rashid bakibaza impamvu inzego zishinzwe umutekano zitamukurikirana.

Imbugankoranyambaga zabaye umuyoboro wo gukwirakwiza amakuru mu gihe cya vuba ariko n’abanyabyaha nabo barazitabiriye ntibasigara inyuma. Izina Hakuzimana Abdul Rashid ntabwo ari rishya mu nzego z’umutekano n’ubutabera

Hakuzimana Abdul Rashid ni mwene Nzariturande Jean Bosco na Nyiraherekeza Agnes wavutse muri 1968 mu cyahoze ari Komini ya Kinigi ubu ni mu Karere ka Musanze Intara y’Amajyaruguru.
Rashid nyuma yo kuba umutumirwa uhoraho wa Cyuma Hassan wa Ishema TV nawe yaje gushinga umurongo we kuri Youtube witwa Rashid TV akwirakwizaho ibihuha n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Iyo umuntu yumvise ibiganiro bya Rashid, usanga byiganjemo gukwirakwiza ibihuha bigamije kwangisha ubuyobozi abaturage, gushyigikira abahamijwe cyangwa abakurikiranwaho n’icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Agathe Kanziga, anasaba ko abajenosideri bose bafunzwe kuva muri 1994 kugeza muri 2000 bafungurwa), ndetse no gushyigikira cyangwa guha ishingiro imitwe y’iterabwoba n’abayobozi bayo (nka Rusesabagina na FLN. Ibi byose kandi bihanwa n’amategeko y’u Rwanda.

Rashid ntabwo ari mushya mu byaha, mu mwaka wa 2006 yakoze ibyaha bitandukanye ariko tariki ya 25 Mata 2006 yaranzwe n’ibikorwa byo kuvutsa igihugu umudendezo yandikira inzego zinyuranye ndetse akanamenyesha abantu bose ko Leta y’u Rwanda yica abantu bayo kandi ikabavana mu mazu yabo ibyaha biteganywa kandi bigahanishwa ingingo ya 166 CPLII

Yaje gutabwa muri yombi ubushinjacyaha bugaragaza ko ibyaha Rashid akurikiranzweho yabikoze tariki ya 25 Mata 2006 ndetse na mbere yaho akatirwa igifungo cy’imyaka umunani. Mu byaha yaregwaga ni urwandiko yakwirakwizaga ashaka kugaragaza ko ashaka kunga Perezida Kagame na Pasiteri Bizimungu aho yashakaga kwangisha abaturage ubutegetsi bwariho yiyita umunyapolitiki wigenga. Yagize ati “Perezida Kagame yakumva ibibazo bya Pasiteri Bizimungu nawe agiye aho ari (muri Gereza)”

Tariki ya 25 Nzeli 2005, Rashid yanditse inkuru ndende ishaka kugumura urubyiruko ngo rwigaragambye iyo nyandiko ayishyira ibitangazamakuru mpuzamahanga ndetse ayikwirakwiza mu bantu aho yavuze ko Leta iyobowe na FPR Inkotanyi irimo gusenya igihugu ibaganisha mu yindi Jenoside. Rashid kandi yavuzeko Pasiteri Bizimungu yafunzwe azira icyaha kimwe cyo kuba Umuhutu.

Mugihe muri 2006 Rashid yakwirakwizaga ibitekerezo bye by’ingengabitekerezo ya Jenoside akoresheje impapuro ubu arabikora binyuze ku mbuga nkoranyambaga.
Rashid kandi ageze muri Gereza yarangwaga n’imyitwarire idahwitse dore ko atavuga rumwe n’abayisiramu bagenzi be, akavuga ko we ari umusuniti. No muri Gereza bahoraga bamuhindagura kuko aho yageraga hose yabibaga amacakubiri.

Rashid avuga ko ari mu bashinze ishyaka PDI-Parti Démocratique Islamique, ariko akaba yari no mubatanga amakuru mu nzego z’ubutasi za Habyarimana. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yakoze muri LDGL naho mu matora ya Perezida wa Repubulika ya 2003 yari umusangiza w’amagambo wa Faustin Twagiramungu wiyamamarizaga kuba Perezida wa Repubulika.

Rashid wize amashuri yisumbuye atandatu gusa mu bya tekiniki yagakwiye kumenya ko igihe cyo gukwirakwiza ibihuha n’ingengabitekerezo cyarangiye

2021-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Editorial 04 Mar 2017
Kayiranga Baptiste  yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Editorial 17 Nov 2023
Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Editorial 30 Jul 2021
Munyantwari Alphonse wayoboye intara y’Amajyepfo n’iy’i Burengerazuba yagizwe umuyobozi wa Police FC

Munyantwari Alphonse wayoboye intara y’Amajyepfo n’iy’i Burengerazuba yagizwe umuyobozi wa Police FC

Editorial 28 Apr 2023
Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Editorial 04 Mar 2017
Kayiranga Baptiste  yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Editorial 17 Nov 2023
Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Editorial 30 Jul 2021
Munyantwari Alphonse wayoboye intara y’Amajyepfo n’iy’i Burengerazuba yagizwe umuyobozi wa Police FC

Munyantwari Alphonse wayoboye intara y’Amajyepfo n’iy’i Burengerazuba yagizwe umuyobozi wa Police FC

Editorial 28 Apr 2023
Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Editorial 04 Mar 2017
Kayiranga Baptiste  yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Editorial 17 Nov 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru