• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Ubwanditsi 04 Nov 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nk’uko byatangajwe na Okello ORYEM, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Uganda, Perezida w’icyo gihugu Kaguta Yoweri Museveni arifuza inama y’igitaraganya y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’afrika y’ Uburasirazuba, ngo kugirango barebe icyo bafasha Ethiopia, bityo intambara hagati y’ingabo za Leta y’icyo gihugu n’abarwanyi ba TPLF ihagarare. N’ubwo bagenzi be bamwumvira bakitabira iyo nama, ariko se Museveni yaba ajyanyemo irihe jambo?

Abumvise icyifuzo cya Perezida Museveni bibajije ingano y’icyizere afitiwe mu karere no ku rwego mpuzamahanga, ku buryo bagenzi be bazaha ibitekerezo bye gufasha abanya Ethiopia kubona igisubizo cy’ibibazo barimo, mu gihe ari imvano y’ibibazo mu gihugu cye no mu karere kose.

Urugero abasesenguzi batanga, ni uko Perezida Museveni nawe ubwe yugarijwe n’ibibazo bya politiki biri muri Uganda, bishingiye ahanini ku kugundira ubutegetsi, igitugu na ruswa bikabije, byamuteranyije n’abaturage be ndetse n’ibihugu byahoze ari inshuti za Uganda.

Abanya Uganda barashinja Museveni guhindura igihugu cyabo akarima k’umuryango we, ku buryo ukigaraguza agati uko ubyifuza. Muri byinshi Abagande batishimiye, harimo kuba Museveni yasimbukishije inzego nyinshi mu gisirikari umuhungu we Muhoozi Kainerugaba, akamugira Umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka kandi mu by’ukuri nta bushobozi abifitiye.

Ikigamijwe ni ukugirango Muhoozi abungabunge imitungo umuryango wa Museveni n’agatsiko ko mu ishyaka NRM bigwijeho, ariko cyane cyane umugambi wa Museveni ni ugutegura umuhungu we ngo azamusimbure ku mwanya wa Perezida wa Uganda.

Nimwibaze umuperezida ufata umugore we akamugira Ministiri! Ibi byo kwikubira umutungo w’igihugu kandi ubwo biraba mu gihe abapolisi ba Uganda binubira bikomeye gutuzwa mu macumbi ameze nk’imisarani, adakwiye abantu bashinzwe umutekano w’abanyagihugu. Abaturage bavuga ko gufatwa nabi ariho abo bapolisi bakura kwitwara nk’ibyihebe, barya ruswa, banahohotera abaturage.

Ikindi gituma ababikurikiranira hafi basanga Perezida Museveni atakiri mu bavuga rikumvikana, ni uruhare rwe mu gutobera ibihugu bituranye na Uganda. Aha naho ingero zirivugira.
1. Hari imyitwarire ya Museveni mu gufasha imitwe y’iterabwoba ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kugirira nabi Abanyarwanda baba cyangwa batemberera muri Uganda. Iki ni kimwe mu bituma uyu mukambwe ushaje nabi nta jambo akwiye mu kunga abaturage bo mu bindi bihugu, mu gihe yajujubire abaturanyi.

2. Uganda ni umufatanyabikorwa ukomeye wa ADF, umutwe w’iterabwoba ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Ibimenyetso bifatika bigaragaza ko murumuna wa Museveni, Salim Saleh, akorana ubucuruzi na ADF, amafaranga bishyurana akanyuzwa mu mabanki yo muri Uganda, umuryango wa Museveni ufitemo imigabane.

3. Ubu Kenya na Uganda birarebana ay’ingwe kubera Museveni ushaka kwivanga mu matora ateganyijwe muri Kenya umwaka utaha. Mu minsi ishize inzego z’umutekano muri Kenya zatagiriye Visi-Perezida w’icyo gihugu, William Ruto, washakaga kujya muri Uganda kubonana na Museveni, bagategura imigambi abayobozi ba Kenya batahuye ko yari mibisha. Ibyo kuvangira Kenya biherutse no kwemezwa n’umunyapolitiki ukomeye muri Uganda, Bobi Wine, wanahanganye na Museveni mu matora aheruka , mu kwezi gushize akaba yarasabye ku mugaragaro abaturage ba Kenya kwanga ko Museveni abagenera uko bayobora igihugu cyabo, nk’uko yabigerageje ku Rwanda bikamunanira.

Nguwo rero Yoweri K. Museveni uvuga ko yatanga umusanzu mu gufasha Ethiopia kuva mu bibazo by’intambara irimo, mu gihe nawe ubwe yakaniwe kurangiza ikibazo kimaze imyaka n’imyaniko hagati ye na LRA ya Joseph KONY. Nguko uko Perezida Museveni ashaka gusiga ibiseke bye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi!

2021-11-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gatsibo: Umugabo afunze azira kugerageza guha ruswa ushinzwe serivisi z’ubutaka

Gatsibo: Umugabo afunze azira kugerageza guha ruswa ushinzwe serivisi z’ubutaka

Ubwanditsi 12 Sep 2016
Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Ubwanditsi 14 Dec 2021
Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ubwanditsi 08 Feb 2024
APR FC yasinyishije umunyamahanga wa mbere, Nshimirimana Ismael Pitchou uturuka i Burundi

APR FC yasinyishije umunyamahanga wa mbere, Nshimirimana Ismael Pitchou uturuka i Burundi

Ubwanditsi 08 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya
POLITIKI

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump
ITOHOZA

Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump

Ubwanditsi 22 Mar 2017
Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika
ITOHOZA

Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Ubwanditsi 03 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru