• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amavubi yageze muri Senegal aho yitegura gukina umunsi wa kabiri wa AFCON2023, REG VC na APR WVC zegukanye GMT 2022 – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Amavubi yageze muri Senegal aho yitegura gukina umunsi wa kabiri wa AFCON2023, REG VC na APR WVC zegukanye GMT 2022 – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Editorial 06 Jun 2022 Amakuru, IMIKINO

Impera z’icyumweru muri siporo mu Rwanda ndetse no hanze habaga imikino itandukanye, cyane cyane nko mu mupira w’amaguru ikipe y’igihugu y’abagabo kuri ubu iri kubarizwa muri Senegal aho yitegura gukina umukino w’umunsi wa kabiri wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023.


Ni ikipe y’igihugu yahagurutse kuri uyu wa gatandatu, ibanza guca mu Bubiligi ibona kwerekeza muri Senegal aho yageze kuri iki cyumweru ikaba kandi yarakiriwe n’abanyarwanda baba muri icyo gihugu ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu, Amb Jean Pierre Karabaranga.

Amavubi aritegura gukina umukino wa kabiri kuri uyu wa kabiri ku isaha ya saa tatu z’ijoro aho bazakirwa n’ikipe y’igihugu ya Senegal yo imaze no gutsinda umukino wa mbere, aha iyi kipe yatsinze Benin ibitego 3-1.

Biteganyiijwe ko umukino uzabera Stade Abdoulaye Wade iherereye mu mujyi wa Diamniadio iherutse gutwahwa mu minsi ishize mu gihugu cya Senegal.


Muri iri tsinda, undi mukino uzaba uzahuza ikipe y’igihugu ya Benin izakira ikipe ya Mozambique tariki ya 8 Kamena 2022, uyu mukino ukaba uzabera kuri Sitade de l’Amitie iherereye mu murwa mukuru Cotonou.


Mu mupira w’amaguru kandi, ikipe y’igihugu y’Abagore yaberaga mu gihugu cya Uganda, kuri iki cyumweru imikino mu matsinda yasojwe Amavubi y’u Rwanda atsinze ikipe ya Djibouti ibitego 2-0.

Gusa ntabwo gusoza batsinda ntabwo byabahaye amahirwe yo gukomeza mu kindi kiciro kuko ikipe y’igihugu y’u Burundi ndetse na Uganda nizo zabonye itike yo gukomeza muri kimwe cya kane cy’iyi mikino.


Kuri iki cyumweru, i Shyorongi mu karere ka Rulindo ikipe ya APR FC yatsinze Gasogi United ibitego 3-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti wabaye ku isaha ya Saa ine za mugitondo.

Ku ruhande rwa APR FC, ni ibitego byatsinzwe na Kwitonda Alain Bacca, Rwabuhihi Aime Placide na Ishimwe Anicet, kuri Gasogi United yo yatsindiwe na Shyaka Fredy Papy.

Muri Volleyball, hakinwaga imikino yo Kwibuka abakinnyi, abakunzi, abari abayobozi mu mukino w’intoki wa Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994, ni imikino yabereye mu karere ka Gisagara.

Mu bagabo, ikipe ya Rwanda Energy Group (REG) Volleyball Club niyo yegukanye igikombe itsinze ikipe ya Gisagara VC amaseti 3-2, mu bagore APR WVC yatsinze ikipe ya Rwanda Revenue Authority Volleyball Club amaseti 3-2.


Mukarere ka Muhanga haraye hasojwe amarushanwa y’amashuri yiswe “Amashuri Kagame Cup”, hakinwe imikino itandukanye mu bahungu ndetse n’abakobwa.

Mu mupira w’amaguru, mu bahungu ikipe ya ES Gasizi yo mu karere ka Rulindo yatwaye igikombe itsinze CI Bugarama kuri Penaliti 4-3 nyuma yaho amakipe yombi anganyije ubusa ku busa mu minota isanzwe y’umukino.
Mu bakobwa, ikipe ya Institut Paroissiale de Mukarange (IPM) WFC yegukanye igikombe itisinze ES Mutunda ku mukino wa nyuma igitego kimwe ku busa.


Mu handball, mu bagabo ikipe ya ES Kigoma yatsinze ADEGI ibitego 30 kuri 26, mu bakobwa Kiziguro Secondary School yatsinze ibitego 32 kuri 24 ikipe ya ISF Nyamasheke.


Mu bakobwa bakina umukino wa Netball, Groupe Scolaire St Aloys yo mu karere ka Rwamagana yegukanye igikombe itsinze GS Musanze ibitego 46-31.

2022-06-06
Editorial

IZINDI NKURU

Interahamwe n’ibigarasha byabaga muri Zambiya byatangiye gukwira imishwaro nyuma y’aho polisi y’icyo gihugu n’iy’u Rwanda ziyemereje gufatanya mu guhashya abanyabyaha

Interahamwe n’ibigarasha byabaga muri Zambiya byatangiye gukwira imishwaro nyuma y’aho polisi y’icyo gihugu n’iy’u Rwanda ziyemereje gufatanya mu guhashya abanyabyaha

Editorial 21 Dec 2020
Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Editorial 30 Sep 2021
The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo  ye ‘ Habibi’

The Ben mu manza n ‘uwamukoreye amashusho y’indirimbo ye ‘ Habibi’

Editorial 08 Dec 2016
Amafoto – Ikipe ya Gisagara VC mu bagabo ndetse na Rwanda Revenu Authority mu bagore begukanye igikombe cy’irushanwa rya Taxpayers Appreciation 2021

Amafoto – Ikipe ya Gisagara VC mu bagabo ndetse na Rwanda Revenu Authority mu bagore begukanye igikombe cy’irushanwa rya Taxpayers Appreciation 2021

Editorial 29 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye
Mu Rwanda

Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye

Editorial 15 Sep 2018
Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama
ITOHOZA

Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Editorial 18 Apr 2017
Mu Rwego Rwo Guhunga Ubutabera Kayumba Nyamwasa Yatahiye Umuzulukazi
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu Rwego Rwo Guhunga Ubutabera Kayumba Nyamwasa Yatahiye Umuzulukazi

Editorial 05 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru