• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota

AS Kigali, APR FC na Espoir FC zatangiye neza shampiyona y’u Rwanda 2022-2023, Sunrise ikizamuka yisasiye Police FC ya Mashami Vincent watoreje muri Sitade Gologota

Ubwanditsi 20 Aug 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 19 Kanaam 2022 nibwo shampiyona y’u Rwanda y’ikiciro cya mbere yatangiye mu mwaka wayo wa 2022-2023, ni intangiriro yatangiye haboneka intsinzi ku makipe yari yakiriye imikino yayo.

Duhereye ku mukino wabere kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, ikipe ya AS Kigali yari yakiriye Etincelles FC y’i Rubavu, abanyamujyi bitwaye neza muri uyu mukino kuko ruthaizamu wayo Hussein Shaban Shalala niwe watsinze ibitego 2 byose byabonetse muri uy mukino.


Uyu rutahizamu ukomoka i Burundi uheruka no gutsinda ibitego byinshi muri shampiyona iheruka, yari yatsinze ibitego cumi na bitanu wenyine yaraye atsinze ibindi bibiri ku munota wa 32 na 37 w’umukino.


Undi mukino wabereye kuri iyi Sitade, ni APR FC yahatsindiye ikipe ya Musanze FC ibitego 2-1, ni ibitego byatsinzwe na Mugunga Yves na Bizimana Yannick ku ruhande rw’ikipe y’ingabo z’igihugu na Peter Agbrevor ku ruhande rwa Musanze FC.


I Nyagatare kuri Sitade Gologota, ikipe ya Sunrise izamutse mu kiciro cya mbere uyu mwaka yahatsindiye ikipe ya Police FC igitego kimwe ku busa cyatsinzwe ku munota wa 3 w’umukino, ni igitego cyatsinzwe na Brian Ssali.

Ni umukino ku ruhande rwa Police FC utatojwe n’umutoza mukuri mushya wayo, Mashami Vincent, utari watangira akazi mu buryo bwemewe n’amategeko kuko uyu kugabo azatangira gutoza guhera tariki ya 1 Nzeri 2022 kuko amasezerano y’umutoza bari basanganwe Frank Nuttal azaba arangiye.

i Rusizi mu ntara y’i Burengerezuba, ikipe ya Espoir FC yahatsindiraga ikipe ya Marines FC igitego kimwe ku busa, ni igitego cyatsinzwe n’umunya Nigeria mushya baguze mu ikipe ya Musanze FC, Samson Ikecukwu.


Usibye iyi mikino yabaye kuri uyu wa Gatanu, shampiyo y’u Rwanda 2022-2023 irakomeza kuri uyu wa gatandatu, kuya 20 Kanama 2022.

Nyuma y’iyi mikino shampiyona irahita ihagarara kubera ko ikipe y’igihugu yitegura imikino ya CHAN2023 bazahuramo n’ikipe y’igihugu ya Ethiopie bazakina kuya 29 Kanama ku mukino ubanza naho uwo kwishyura uzabe kuya 3 Nzeri 2022
Uko idi mikino ikinwa kuri uyu munsi:

15:00 Bugesera FCvs Kiyovu Sports
15:00 Rwamagana City FC vs Gorilla FC
15:00 Gasogi United vs Mukura VS
18:30 Rayon Sports FC vs Rutsiro FC

2022-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwanditsi 04 Oct 2024
Umunya – Eritrea, Merhawi Kudus, niwe wegukanye Tour du Rwanda 2019

Umunya – Eritrea, Merhawi Kudus, niwe wegukanye Tour du Rwanda 2019

Ubwanditsi 03 Mar 2019
Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Ubwanditsi 26 Nov 2021
Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Ubwanditsi 28 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Feb 2019
RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga
UBUKUNGU

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe
Mu Mahanga

Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Ubwanditsi 21 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru