• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Ubwanditsi 24 Jun 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gukara hagati ya Iran na Israel, ndetse n’umubano uhagaze nabi hagati ya Iran na Amerika, abayobozi bakuru b’ibi bihugu byombi batangaje amagambo akomeye yagaragaje aho bahagaze n’ibyo bateganya gukora mu minsi iri imbere.

Israel: Iran yarenze umurongo utukura

Guverinoma ya Israel yagaragaje ko Iran yarenze umurongo utukura (red line) ubwo yagabaga igitero cya missile kuri Qatar, igamije kwibasira kambi ya gisirikare ya Amerika ya Al-Udeid Air Base.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel, Israel Katz, yatangaje ko “Iran igomba kumenya ko ibikorwa nk’ibi bigira igisubizo gikomeye byanze bikunze uyu muriro igomba kuwota. Nta gihugu na kimwe gifite uburenganzira bwo kwangiza umutekano w’akarere .”

Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko ziteguye kugaba ibindi bitero bikomeye muri Tehran no mu bindi bice by’inganda z’iran zirimo gukora ubushakashatsi bwa nucléaire.

Amerika: “Iki ni igihe cyo guhitamo amahoro”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko igitero cya Iran mu matware ya Amerika cyari “igisubizo gito cyane” ndetse yashimye ko Iran yabanje kumenyesha Qatar na USA mbere y’uko igitero kiba.

Trump yagize ati:“Iki ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka. Iran nishyire hasi ibitwaro, turebe ko twabaho tudashyamirana.”

Iyi mvugo ya Trump irerekana ko Amerika itifuza gukomeza intambara, ahubwo ishaka gukoresha inzira za dipolomasi mu gusubiza ibintu ku murongo. Ariko kandi, yavuze ko Israel ifite uburenganzira bwo kwirwanaho igihe cyose yatewe.

Kuki iyi ntambara ikomeje guteza impungenge?

  • Iran irashinjwa gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro nka Hamas na Hezbollah, bityo bikabangamira Israel.

  • Israel nayo ikomeje kugaba ibitero by’indege ku bikorwa bya Iran muri Syria no muri Lebanon.

  • Qatar yatangiye kugaragaza gucika intege cyane umuntu yakwita kunegekara kuko ivuga ko “amahoro arambye atagerwaho igihe ibihugu bikomeye birimo Amerika na Iran birimo guterana amagambo n’amasasu.”

Ingaruka ku karere n’isi muri rusange

  • Umutekano w’akarere uragenda uhungabana, cyane cyane mu bihugu bya Gulf (Qatar, UAE, Bahrain).

  • Ibiciro bya lisansi byatangiye kuzamuka ku isoko mpuzamahanga kubera impungenge z’ibikorwa by’amavuta byambuka umuyoboro wa Hormuz.

  • Ibihugu bikomeye nka China, Russia n’Uburayi birimo gusaba impande zombi kwihangana no gutangira ibiganiro.

Intambara hagati ya Iran, Israel na Amerika ni ikibazo cyagakwiye gukemuka mu maguru mashya ku rwego mpuzamahanga. Uko ibintu bihagaze ubu, ikosa rito cyangwa ijambo rya gusyugusyu nyirankabare rishobora gutuma habaho intambara rusange y’akarere (regional war), cyangwa se ibihugu bikomeye bikisanga mu ivangura riremereye rya politiki no mu bucuruzi bw’intwaro.

Amerika yo isaba amahoro, Israel isaba kwirwanaho, Iran nayo isaba kubahwa, Ikigaragara ni uko isi irimo kugana mu mage y’itangira ry’intambara yo mu gace ka Middle East

2025-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Ubwanditsi 10 May 2021
Umunyarwanda yarasiwe muri Uganda

Umunyarwanda yarasiwe muri Uganda

Ubwanditsi 16 Apr 2019
Uko Rusagara yakwirakwije amatwara ya RNC

Uko Rusagara yakwirakwije amatwara ya RNC

Ubwanditsi 07 Jan 2016
RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera

RNC, nka AlQaida kwi kwegera urupfu batekereza ko barimo guharanira ubutabera

Ubwanditsi 07 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yasoje gusimbuza abapolisi muri Sudani y’Epfo
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yasoje gusimbuza abapolisi muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 09 Nov 2016
Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho
POLITIKI

Perezida Kagame arasaba ubufatanye na bagenzi be kugira ngo intego za SDG Center for a Africa zigerweho

Ubwanditsi 20 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru