• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa

Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa

Ubwanditsi 11 Aug 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu minsi ishize, inkuru zakwirakwijwe n’ibitangazamakuru mpuzamahanga nka Reuters n’abakozi ba Loni zagaragazaga ko abarwanyi ba M23 bishe abasivile bagera ku bihumbi mu gace ka Binza, mu teritwari ya Rutshuru, intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri RDC.

Nyamara, iperereza ryakozwe na African Facts ryerekana ko ibi birego bidafite ibimenyetso bifatika, kandi ko ahari bishobora kuba byaturutse mu makuru yatanzwe n’imitwe ya Nyatura – CMC, izwiho gufitanye isano n’inyeshyamba za FDLR.

Ku wa 31 Nyakanga 2025, Reuters yatangaje ko M23 yishe abantu 169, hakaba harimo abahinzi b’Abahutu, ishingiye ku makuru yatanzwe n’umukozi wa Loni n’undi witwa “umunyactiviste” utavuzwe izina. Nta bimenyetso bifatika byatanzwe, ndetse n’itangazamakuru ubwaryo ryemera ko ridashobora kwemeza ibyabaye.

Hashize iminsi itanu gusa, ku wa 6 Kanama 2025, Biro y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe uburenganzira bwa muntu (BCNUDH) yatangaje ko imibare yazamutse ikagera ku bantu 319 bishwe n’abo yise “abarwanyi ba M23 bafashijwe n’ingabo z’u Rwanda”, harimo abagore 48 n’abana 19. Uyu mubare ukaba wari wikubye hafi kabiri ugereranyije n’uwari watangajwe mbere.

Izi nkuru zakwirakwijwe n’andi makuru mpuzamahanga nka AFP, AP, RFI, Le Monde, Radio Canada, na Al-Jazeera, zose zishingiye ku makuru ya BCNUDH na Reuters. Nta mazina y’abapfuye, aho bashyinguwe cyangwa amafoto yemeza ibyo byatangajwe byigeze gutangazwa.

Iperereza ryakozwe na African Facts ryagaragaje ko isoko nyamukuru y’aya makuru ari “Collectif des Victimes de l’Agression Rwandaise” (CVAR), ihuriro ryashinzwe mu 2023 n’abanyagitugu b’Abahutu bo mu karere ka Rutshuru, rifitanye imikoranire ikomeye n’imitwe ya Nyatura – CMC.

Nyatura – CMC ni umutwe w’iterabwoba washinzwe n’FDLR mu 2010, ufite imizi mu gitekerezo cya jenosideri cy’FDLR, kikaba gisobanura impamvu bakunze gukoresha imvugo z’urwango n’ivangura mu bikorwa byabo. Abayobozi bamwe ba CVAR, nka Heritier Gashegu, ni abavugizi bemewe ba Nyatura – CMC, mu gihe abandi bafite impapuro mpuzamahanga zo kubata muri yombi kubera ibyaha by’ubwicanyi, iyicarubozo n’iterabwoba.

Bamwe mu bayobozi ba CVAR n’andi mashyirahamwe bafitanye isano, bagaragaye basangira ibikorwa byo kwamagana ibihano mpuzamahanga bifitanye isano n’abayobozi ba Nyatura – CMC, ndetse banakoresha amafoto n’amashusho atari ayo mu gihe bavugaho. Urugero, hari amashusho yerekanywe nk’iy’ubwicanyi bwo muri Nyakanga 2025, ariko yaje kugaragara ko yafashwe muri Nzeri 2024.

Nyuma y’uko M23 ifashe Goma mu kwezi kwa Mutarama 2025, imirwano yakomereje mu majyaruguru ya Binza, aho yari ihanganye na FDLR na Nyatura – CMC. Aba barwanyi bambaraga imyenda isanzwe ariko bafite intwaro, bakivanamo no mu mirima y’abahinzi kugira ngo bihishe mu baturage.

Bivugwa ko mu gihe cy’iyo mirwano, hari abasivile bapfuye, ariko imibare itari hejuru nk’iyatangajwe na BCNUDH na Reuters. Ntibigeze hagaragara ibimenyetso by’uko habayeho “kwica ku bushake” cyangwa gukoresha imipanga nk’uko byavuzwe.

Ahubwo, amakuru yemejwe n’amashusho agaragaza ko Nyatura – CMC na FDLR bakomeje kwihimura ku baturage babashinja gufasha M23, bakica abantu ndetse bagatwika amazu, nk’uko byabereye i Kizimba ku wa 10 Nyakanga 2025. Ibi bikorwa ariko ntibyigeze bivugwa n’abakozi ba Loni cyangwa ibitangazamakuru mpuzamahanga.

Willy Ngoma, umuvugizi w’ingabo za M23, yabwiye African Facts ati:

“Ntitwakwica cyangwa ngo tugire nabi umutungo w’umuturage. Ubuzima bw’umuturage ni ntavogerwa”

Iperereza ry’African Facts rigaragaza ko ibirego bikomeye byatanzwe ku M23 nta shingiro bifite ku rwego rw’ibimenyetso bifatika, kandi ko byashingiye ku makuru aturutse ku ruhande rumwe rw’intambara – Nyatura – CMC na FDLR – bafite inyungu mu gusebya M23 no gushyigikira ingengabitekerezo y’irondakoko.

Ibi byose byakozwe nk’icengezamatwara rya Leta ya Kinshasa kugirango bakomeje kwangisha isi umutwe wa M23 uharanira uburenganzira bwabo nyuma yuko Leta ya Congo nabayishyigikiye batsinzwe bitavugwa urugamba imigi ikomeye ya Goma na Bukavu igafatwa.

2025-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.

“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.

Ubwanditsi 04 Nov 2022
Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!

Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!

Ubwanditsi 26 Aug 2020
Minisitiri w’Intebe wa Autriche yageze mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Autriche yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC
ITOHOZA

Imikoranire iteye inkeke hagati y’ inzego z’ iperereza za Uganda na RNC

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Impampamvu guhugura abanyamakuru ku ikumirwa ry’indwara ya Ebola ari ingenzi
Uncategorized

Impampamvu guhugura abanyamakuru ku ikumirwa ry’indwara ya Ebola ari ingenzi

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri Siporo Rusange
Amakuru

Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri Siporo Rusange

Ubwanditsi 02 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru