• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Ubwanditsi 21 Mar 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, POLITIKI

Dr.Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yanenze umunyamakuru wanditse inkuru ivuga ko amafoto ya pasiporo bivugwa ko ariyo yahawe Mukankusi Charlotte ushinzwe dipolomasi mu mutwe w’iterabwoba wa RNC ari impimbano.

Ku itariki 19 Werurwe 2019, ikinyamakuru Chimpreports cyasohoye inkuru ifite umutwe ugira uti “Ikimenyetso: Pasiporo ya Uganda yahawe Charlotte Mukankusi wa RNC, ni mpimbano”.

Muri iyi nkuru, umunyamakuru yerekanye ingingo zigaragaza itandukaniro hagati ya pasiporo ya Mukankusi na pasiporo zisanzwe zitangwa na Uganda, avuga ko ahubwo ari ibintu byakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga.

Yagaragaje iryo tandukaniro riri hagati ya pasiporo zombi agendeye ku buryo amagambo agiye atondetse, igihe izarangirira n’umukono wa nyirayo.

Uyu munyamakuru kandi yavuze ko bagerageje kuvugisha Minisitiri w’Umutekano, Gen Jeje Odong ariko bagasanga telefoni ye ifunze.

Umuvugizi w’iyi minisiteri, Jacob Simiyu yavuze ko bari gukora iperereza ngo bamenye niba ruriya rwandiko ari ukuri koko cyangwa rwarahinduwe hifashishijwe ikoranabuhanga nk’uko iki kinyamakuru cyabitangaje.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Besigye we yavuze ko atangajwe no kuba umunyamakuru yaranditse inkuru yuzuyemo ibinyoma nyamara agashimangira ko yakoze isesengura.

Ati “Ziriya pasiporo zombi nizo, imwe ni iy’umukara Uganda iri kugenda ihagarika gutanga mu gihe iy’ubururu ari inshya ya EAC (Umuryango wa Afurika y’Uburasizuba)”.

Mu minsi ishize nibwo byamenyekanye ko Mukankusi wari uherutse muri Uganda mu biganiro na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wanemeye ko koko bahuye binyuze mu ibaruwa yandikiye Perezida Paul Kagame, yahawe Pasiporo ya kiriya gihugu azajya yifashisha mu ngendo mu gihe uyu mutwe ukomeje ibikorwa byawo byo gushaka guhungabanya u Rwanda.

Mukankusi yinjiye mu bijyanye na dipolomasi mu 2004 ubwo yari yungirije Kayumba Nyamwasa wari Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde, nyuma akomezanya nawe mu mutwe wa RNC.

Ubusanzwe uyu mugore yajyaga ahabwa pasiporo y’abadipolomate na Guverinoma y’u Rwanda ubwo yari akiri mu mirimo yayo gusa iyo yari afite ntiyigeze yongerwa kuko yari yamaze gufata uruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi akayoboka umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Yari asanganywe Pasiporo igaragaza ko ari Umunyarwanda wavutse ku wa 10 Kanama 1970 i Mbarara muri Uganda.

Urwandiko rw’inzira yari yarahawe nk’umudipolomate rwari rufite nomero PD 000223 mu gihe urwo yari yarahawe rwa serivisi rwari PS009269 naho urundi rumugaragaza nk’umuturage usanzwe rwo rwari rufite nomero PC061537.

Indangamuntu ye nyarwanda yari ifite nomero 1197070004061075.

Nyuma y’uko Pasiporo nyarwanda yari afite itongerewe agaciro kubera ibikorwa yarimo by’umutwe w’iterabwoba, Uganda yahisemo kumufasha kugira ngo ikureho imbogamizi yagiraga zijyanye n’ibyangombwa by’inzira.

Kuva ku wa 11 Gashyantare 2019, uyu mugore yahawe ibindi byangombwa bishya by’inzira aho abarwa nk’umuturage wa Uganda ufite pasiporo nomero A00019997.

Mukankusi wari umudipolomate w’u Rwanda nk’uko bigaragazwa na Pasiporo iri iburyo, yahawe Pasiporo imugaragaza nk’umuturage wa Uganda (ibumoso)

2019-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada

Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada

Ubwanditsi 28 May 2018
Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 21 Jun 2024
Nta gihugu na kimwe ku Isi kimeze nk’u Rwanda- Rick Warren

Nta gihugu na kimwe ku Isi kimeze nk’u Rwanda- Rick Warren

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ariana Grande yatowe nk’umuhanzi w’umwaka muri MTV Video Music Awards

Ubwanditsi 27 Aug 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    March 21, 20193:12 pm -

    Ibi byose abikore azi ko ari umunyarwandakazi kandi ugambanira igihugu cye amaherezo ahura n’umuvumo w’imana mwibuke Caini yica mwene nyina Abel uko byamugendekeye.urugero rutari kure abatusi bishe bene wabo muri Genocide bibwira ko bagiye gukira ibyababayeho ninbindi byinshi ……aba nabo bazabona ishyano Museveni ubashuka afite inyungu ze nubwo nawe bizamuhagama.Amaraso y’abanyarwanda binzirakarengane amena azamusama bidatinze.ijambo ry’Imana riravuga ngo:”ibyo murabikora mukibaza ko mpwanye namwe….”

    Subiza

Leave a Reply to Emmy Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri
Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Kamonyi: Abamotari bashishikarijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo
Mu Mahanga

Kamonyi: Abamotari bashishikarijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Ubwanditsi 18 Mar 2016
Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup
Amakuru

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Ubwanditsi 13 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru