• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Inzego Z’ubutasi Za Uganda Zikomeje Gahunda Yo Guharabika U Rwanda, Zifashishije Chimpreports”

“Inzego Z’ubutasi Za Uganda Zikomeje Gahunda Yo Guharabika U Rwanda, Zifashishije Chimpreports”

Ubwanditsi 10 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ku ya  1 Kanama 2018, Ikinyamakuru cyitwa Chimpreports cyanditse inkuru yari ifite umutwe udasanzwe, wagiraga uti, ‘’ Akarere k’Ibiyaga bigari intambara iratutumba”” n’ibyavugwaga  ku kagambane ko kwica Museveni ’’  Museveni yari agiye kwicwa’’

Indi nkuru yasohotse muri iki kinyamakuru cya Perezida Museveni kuya 7 Kanama 2018, ni iyerekeranye n’uwahoze ari umukuru w’urwego rw’ubutasi mu Rwanda Lt. Gen. [ rtd ] Karenzi Karake ndetse n’umucuruzi Denis Karera.

Iyo usomye, izi nkuru zombi, mbere yuko urangiza igika cya mbere, uhita ubona ko ari propaganda, ishobora kuba yaratanzwe n’urwego rw’ubutasi rwa Uganda ukaba wanahita wemeza ko byategetswe ko yandikwa, ibi bikaba bishobora kuba bitera ishema Perezida Museveni, Abel Kandiho na Koloneli Kaka Bagenda, kuko amafaranga yabo atari gupfa ubusa.

Nubwo iki ari igihe cy’amakuru y’ibihuha muri Uganda ku Rwanda , ibi ni ibihimbano bidafite aho bishingiye, binagaragaza ko muri Uganda hari ikibazo; ibi akaba aribyo birimo gukorwa n’inzego z’ubutasi z’icyo gihugu, bagerageza ibishoboka byose mu kurangaza rubanda, kuko abaturage bamaze kurambirwa no kutagira umutekano, ruswa yahindutse icyorezo, ibikorwa remezo by’ubuzima n’uburezi bishaje ni ibindi…..

Bityo aka gatsiko k’abamotsi b’ubutegetsi bwa Museveni busa n’uburi mu marembera, kakaba gakomeje akamo gashoza intambara ku Rwanda mu rwego rwo kurangaza Abaturage bamaze ku karambirwa. Gukomeza umurego wo gukwirakwiza ibihuha muri  gahunda iharabika URwanda n’ ISHYARI,  n’ amayeri yo kugirango bakomeze kugundira ubutegetsi, bityo imitegekere irimo gusahura ku mugaragaro ndetse no gukenesha abaturage ba Uganda, aho ubwo butegetsi bukiza agatsiko k’abaturage bakeya, ari nako iterambere rihadindirira, ubundi ryakabaye rigera kuri  buri muturage wa Uganda.

Abaturage ba Uganda bakaba barimo kurangazwa ku bushake, mu rwego rwo kubakoma imbere mu buryo ubwo aribwo bwose bakoresha  mugushakisha ubundi buyobozi, ibi kandi bikaba birimo gukorwa n’imbuga nkoranyambaga nyinshi ziterwa inkunga n’urwego rw’ubutasi bwa gisirikare CMI, ndetse na ISO, kuri ubu, Chimp Reports niyo iza ku isonga, Twitter ndetse na Facebook, bikaba bishinzwe guharabika u Rwanda, propaganda, ibinyoma no kubeshyera Perezida Paul Kagame n’ubuyobozi bwe, bikorwa na Sarah Kagingo, wiyita Gareth Ofungi, ubu kandi niwe ushinzwe ubuvugizi budasanzwe bw’urwego rw’ubutasi bwa Uganda.

Guteranya u Burundi n’u Rwanda

Mu rwego rwo gukomeza  gutwerera URwanda uruhare muri kudeta y’UBurundi yapfubye, muri 2015, nyuma y’ivugurura ry’itegeko nshinga ry’icyo gihugu ryakozwe na Perezida Pierre Nkurunziza, ryaje gushyira icyo gihugu mu nzitane y’ibibazo.

Ntawe utazi ko inkomoko yatewe nuko Nkurunziza yirengagije amasezerano ya Arusha, yari yaratangiwe ndetse akanashyirwa mu bikorwa na ba Nyakwigendera Nelson Mandela Julius Nyerere, yaje no guhagarika intambara mur’icyo gihugu, bityo bigatuma Nkurunziza ajya ku butegetsi muri 2005.

Aya masezerano akaba yaragaragazaga ko manda y’umukuru w’igihugu zitagombaga kurenga ebyiri. Bityo, n’umwana waba uri muri abo banditsi ba ChimpReports agomba kumenya ko Nkurunziza yakabaye yaravuye ku butegetsi muri 2015. Nyamara kandi ubwo icyo gihe cyari cyigeze, yaje gutagaza ko ntaho azajya. Iki cyemezo cyari gihabanye kure nicyo abaturage bifuzaga, ndetse n’izindi nzego z’abaturage zo mu bataravugaga rumwe n’ubutegetsi sosiyete sivile ndetse na bamwe bo mu ishyaka rye, nuko bituma isi yose ibimenya, ubwo bisukaga mu mihanda bigaragambya kubera ibyaha byerecyeranye no kuvogera itegeko nshinga ndetse n’igihugu  umuyobozi wabo yari yakoze.

Nkurunziza yakomeje kwinangira, bityo rubanda rurigaragambya. Nkurunziza arekura igipolisi cye n’Imbonerakure kugirango bagirire nabi abaturage. Mu ngabo hatangiye gucikamo ibice, zimwe muri zo, zishyigikira abigaragambyaga. Ibi akaba aribyo byateje kudeta. Gahunda ya kudeta yari gahunda y’Abarundi bonyine ubwabo.

Ibiranga aba bambari!

Nyamara kandi, iyo ibyatanzwe n’inzego z’ubutasi bisubitswe, izo nzego zikomeza gutegeka ko byandikwa. ‘’ Ikindi kandi nuko mwakwandika ko URwanda rwagerageje kwicira Museveni IBurundi!’’ “Yego data buja’’ ChimpReports kandi yaje no gutangaza isesengura ku byari byaranditse n’urubuga nkoranyambaga rwo mu Bufaransa “ La Lettre de l’Ocean Indien ” ruyoborwa n’inzego zishinzwe umutekano wo hanze y’igihugu Direction general de la securite exterieure, (DGSE).

 Mur’iyo nyandiko, y’ubugoryi ivuga ko ngo Inyeshyamba z’Abarundi zishyigikiwe n’URwanda zari zarateguye umugambi wo kuzahanura indege izaba itwaye Perezida Museveni mu nama COMESA,yagombaga kuba yarabereye IBujumbura ku hagati y’itariki 1-10 Kamena, ariko nyuma ikaza kwimurirwa mu murwa mukuru wa Zambiya, nyuma yuko UBurundiI bwananiwe kugaragariza inama y’abaminisitiri, ko bubifitiye ubushobozi, bityo UBurundi burananirwa, kuko hari ibisabwa by’ibanze nka interineti, n’ibindi, bitaboneka ku buryo bworoshye muri icyo gihugu.

Aya makuru yose aboneka ku buryo bworoshye kugirango rubanda ruyabone, bityo rero  kugira umugayo nkuriya kuba gusoma uvuga ko Museveni yaburiwe ko indege ye yari kuraswa n’inyeshyamba z’Abarundi zishyigikiwe n’URwanda ni ubuhubutsi, kandi binateye isoni ndetse no kuri abo bambari nka ChimpReports!

2018-08-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Impamvu inzego z’iperereza muri Uganda zategetse ifungwa ry’ imbuga za internet z’ ibinyamakuru byigenga byo mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2019
Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Icy’ingenzi si imyaka 14 y’igifungo yahawe umujenosideri Claude Muhayimana, igikuru ni ubutumwa bukomeje guhabwa abajenosideri bibwira ko bacitse ubutabera

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ubwanditsi 04 May 2024
Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Ubwanditsi 13 Aug 2021

7 Ibitekerezo

  1. Bandora Charles
    August 10, 20185:15 pm -

    Ndavuga kuri ibi binyoma bya by’ ikinyamakuru gitumikira ubutasi na leta yabo.Biragaragarira buri wese ko Museveni n’ abambariwe hari umushyiha, inzika, n’ ishyali bafitiye Urwanda muri rusange, ndetse na HE PK by’ umwihariko. Ariko, wenda turebe gato ikindi kintu kibyohishe inyuma, yaba Museveni, yaba Nkurunziza , ubundi icyo bafite babwira abaturage babo bari kubakorera n’ iki ? ntakihari! barashyaka gusa nyirabazana( Bouc emmissaire) w ‘ ibibazo bogamo, noneho babereka ko bo ari ba victimes, abaturage bagire impuhwe bakomeze kwihangana. Ubufatane bw’ abafaransa na Museveni njye ahubwo mbona ko arinko kwereka Urwanda gahunda mbisha bafite kandi ko bakorana mu bikorwa by’ ukugambanira Urwanda mukuruhunganya umutekano. Abanzi bose b’ Urwanda babyakiriye neza cane kuburyo bisanga bageze Uganda cg Burundi! yewe na Kabila iyi migambi ayirimo miburyo bumwe cg ubundi, ikibazo aho kiri nukubuga ngo ese ubu bugome bakorera Urwanda buzabagezahe? intego bafite bazayigeraho? Ndashima inyifato ya kidiplomasiya Urwanda rwiyemeje, cane cane kudakoraga nkabariya, n’ ibyinyamibwa, bitinde bitebuke bazamwara, gusa bagiye kuba kidobya kuterambere ryakarere, kandi ntabwo nshidikanyako uzakora mujisho urwa Gasabo bitazamuhira, ari Museveni, ari Nkurunziza, ubufaransa (hypocrites) ,Kabila, kayumba, n’ abandi nkabo ntarondora hano, bose barazi uwo uwo bashaka kurwanya uwariwe , yewe bamwe muribo baranamuvuze ibigwi babwira abo bashakaga gufatanya umugambi mubisha, barabiziko Muzehe adacogozwa ku rugamba, ko igihe kigeze afata icyemezo ntakuka nkuko bikwiye. Imana ikomeze itahe mu Rwanda.

    Subiza
  2. Intareyakanwa
    August 11, 20185:56 am -

    Chimp Reports=Rushyashya.

    Gusa iyi nkuru ndabona idasobanutse kuko iravangavanze mbese uwayanditse ntabwo yakomoje ku ngingo ndetse n’umutwe wayo kuko uwo ariwe wese ufite ubwenge buzima bukora neza, ahita abona ko nayo ubwayo ifite icyo igambiriye nk’uko mwanditse mugaya Chimp Report.

    Iyi nkuru yuzuyemo gusebanya.

    Mujye muzirikana ko kubiba urwango mu baturage b’ibihugu aribyo” UGANDA,U RWANDA,U BURUNDI.REPUBURIKA IHARANIRA DEMOKARASI YA CONGO NA TANZANIA ,ari ubugome ndengakamere muba mukorera abaturage.

    Subiza
  3. RUGENDO
    August 11, 20186:34 pm -

    NYAKUBAHWA PRESIDENT KAGAME ATI INJIJI YAMBERE NUWIZE !!
    NAJYE NDABONA INJIJI ZAMBERE ARI RUSHYASHYA!!
    MWEMBWE RUSHYASHYA MURI RTLM yakabiri yatumye benewacu bashira !!
    mujye mwandika kinyamwuga mukuremo ubujiji mubyo mwandika!!

    Subiza
  4. Isaac UFITAMAHORO
    August 16, 201812:26 pm -

    Ibi byose ikibyihishe inyuma k’ibanze ni ishyari ibihugu by’ibituranyi bifitiye u Rwanda na H.E kubera iterambere ryihuse igihugu cyacu kirimo kigeraho n’ingamba zikomeye cyafashe muguteza imbere abanyarwanda mugihe bo ibihugu byabo bimeze nk’ibisinziriye ! ntidukwiriye gucika intege rero ngo twumve ko byacitse ahubwo twese abanyarwanda dukwiye gukomeza umurongo twiyemeje wo kugira igihugu ikitegererezo cya Afrika tukarushaho gushyiramo imbaraga ari nako tuba maso turinda ibyagezweho turushaho kunga ubumwe twese abanyarwanda ngo hatagira uduca murihumye agasenya!!!!!

    Subiza
    • Sunday
      August 18, 201810:03 am -

      Stupid

      Subiza
  5. Garicane
    December 20, 20184:19 pm -

    Ariko se Mwebwe Rushyashya mushinjwa kuba ikinyamakuru cya PK namwe mugashinja abandi ibi bituma nemeza ibivugwa.

    Niba muri abanyamugwa mukwiye kugaragaza ko mukora inkuru zitabogamye ariko iyo mubogama mukarenga mugashinja abandi ibyo mushinjwa bihita byemeza icyo muri cyo.

    “Indi nkuru yasohotse muri iki kinyamakuru cya Perezida Museveni kuya 7 Kanama 2018,”

    Mwese muri ikinyamakuru cyande?

    Subiza
  6. Garicane
    December 20, 20184:20 pm -

    Indi nkuru yasohotse muri iki kinyamakuru cya Perezida Museveni kuya 7 Kanama 2018,

    Subiza

Leave a Reply to Garicane Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki
INKURU NYAMUKURU

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri  Slovakia
IMIKINO

Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Ubwanditsi 07 Jul 2016
Bujumbura: Abafaransa bane n’Umurundi ukora mu nzego z’ubutasi batawe muri yombi bashinjwa ubutekamutwe
HIRYA NO HINO

Bujumbura: Abafaransa bane n’Umurundi ukora mu nzego z’ubutasi batawe muri yombi bashinjwa ubutekamutwe

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru