• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Isoko rihuriweho ry’ibihugu bya Afurika risobanuye iki ku Rwanda?

Isoko rihuriweho ry’ibihugu bya Afurika risobanuye iki ku Rwanda?

Ubwanditsi 24 Mar 2018 POLITIKI

Inama idasanzwe ya 10 y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma ba Afurika iherutse kubera i Kigali, yasize amateka atazibagirana kuri uyu mugabane kuko ibihugu 44 byasinye amasezerano ashyiraho isoko rihuriweho n’ibihugu (AfCFTA), yari amaze imyaka 40 atekerezwaho.

Aya masezerano ni imwe muri gahunda z’ukwihuza kwa Afurika nk’uko biteganywa mu cyerekezo cyayo 2063, akaba abumbatiye kugira ijwi rimwe nk’umugabane, kuzamura ubucuruzi bukorwa hagati y’ibihugu bya Afurika, buri hasi cyane ugereranyije n’ubwo bikorana n’u Burayi na Aziya.

Imibare igaragaza ko ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika byonyine bungana na 16%, mu gihe uruhare uyu mugabane ufite mu bucuruzi bukorwa ku Isi muri rusange rungana na 3.5%. Nibura mu 2022 ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika biteganyijwe ko buzaba buri kuri 52%.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Vincent Munyeshyaka, yasobanuye ko by’umwihariko ku Rwanda aya masezerano asobanuye byinshi kandi aziye igihe kuko asanze hari ibyo rwakoze bizatuma ruyibonamo cyane.

Yagize ati “Twavuga ko aziye igihe kubera ko turebye uko u Rwanda ruhagaze ku rwego rwa Afurika cyane cyane mu bukungu, bigaragara ko tumaze gushyiraho za politiki za ngombwa zatuma dufungura amasoko yacu ndetse hari n’ibikorwa remezo turimo kugenda dukora bituma ducuruzanya neza n’ibihugu duturanye.”

Ashimangira ko amasezerano y’isoko rihuriweho agendanye cyane no kuba inganda z’imbere mu gihugu zirimo kuzamuka zongera umusaruro w’ibyoherezwa hanze, nkuko biteganyijwe muri gahunda ya Made in Rwanda, igamije guteza imbere ibikorerwa mu gihugu.

Abikorera bafite umukoro

Urwego rw’abikorera rufatwa nk’inkingi mwikorezi mu masezerano y’isoko rihuriweho, kuko rishyira imbere ibicuruzwa ndetse na serivisi byakorewe muri Afurika.

Minisitiri Munyeshyaka avuga ko urwego rw’abikorera mu Rwanda rumaze kugira ubunararibonye ku buryo kuba ibihugu bya Afurika bifunguye imipaka, bibaha amahirwe menshi yo kugeza ibyo bakora ku isoko rinini. Gusa asobanura ko bafite umukoro wo kubyaza umusaruro ibyo bafitemo amahirwe kurusha abandi.

Yagize ati “Abikorera bacu bagomba kwitegura tukamenya nk’igihugu ibintu dufitemo amahirwe kurusha ibindi bihugu, cyangwa se mu bintu dukora twaba duhuriyeho n’ibindi bihugu tukamenya ngo twakongera ubwiza gute kurusha ibyo bihugu kugira ngo ibyo dukora bijye ku isoko rya Afurika.”

Asobanura ko ibi bishoboka agendeye ku rugero rw’uko ikawa y’u Rwanda yanditse izina mu ruhando rw’amahanga nyamara atari rwo rukora nyinshi. Ibi ngo biterwa n’uko rwahisemo gukora ikawa ifite ubwiza bwihariye hagashyirwaho n’uburyo bwihariye bwo kuyicuruza ku masoko mpuzamahanga.

Nta mbogamizi ku bihugu byifashe ku rujya n’uruza

Amasezerano y’isoko rihuriweho yasinyiwe rimwe n’ayashyiraho urujya n’uruza rw’abantu yasinywe n’ibihugu 27 ndetse n’inyandiko y’ibyemerejwe i Kigali yiswe ‘Kigali Declaration’ yasinywe n’ibihugu 43.

Bisobanuye ko mu bihugu 50 byasinye harimo 23 bitasinye amasezerano ashyiraho urujya n’uruza rw’abantu, byiganjemo ibyo muri Afurika y’Amajyaruguru. Hakibazwa uko inyungu zitezwe mu isoko rihuriweho zagerwaho mu gihe abantu baba batemerewe kuva mu gihugu kimwe ngo bajye gukorera ubucuruzi cyangwa akazi mu kindi.

Minisitiri Munyeshyaka asobanura ko urujya n’uruza rugomba guhura n’isoko rihuriweho. Asanga nta mbogamizi irimo kuba ibihugu bitarashishikariye gusinya amasezerano y’urujya n’uruza kuko usanga hari amategeko yabyo bwite bigomba kubanza kubahiriza.

Yagize ati “Ibihugu bitasinye ntabwo bivuze ko bidashyigikiye iri soko rusange ahubwo bafite amategeko iwabo abasaba ngo mubanze mukore ibi n’ibi cyangwa se kugira ngo byemezwe n’inzego runaka nk’inteko zishinga amategeko zigomba kubanza kubireba.”

Igisabwa ngo isoko rihuriweho ritangire

Minisitiri Munyeshyaka avuga ko hari icyizere ko amasezerano y’isoko rihuriweho azatangira kubahirizwa bitarenze uyu mwaka nkuko byiyemejwe kuko ‘nihaboneka ibihugu 22 biyemeza imbere mu mategeko yabyo [ratification], bizaba bihagije kugira ngo atangire ashyirwe mu bikorwa’.

Isoko rihuriweho rya Afurika ryitezweho gutuma yihaza mu biribwa, igira iterambere ry’inganda, guhanga udushya, ubwiyongere bw’ubwoko bw’ibicuruzwa, guhererekanya ikoranabuhanga, guhanga imirimo, kwaguka kw’isoko, iterambere rikomoka ku bwinshi bw’abaturage, gukuraho imbogamizi zidashingiye ku misoro (NTBs), koroshya urujya n’uruza rw’abaturage n’ibindi.

Inama idasanzwe ya 10 y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma ba Afurika iherutse kubera i Kigali, yasize amateka atazibagirana kuri uyu mugabane kuko ibihugu 44 byasinye amasezerano ashyiraho isoko rihuriweho n’ibihugu (AfCFTA), yari amaze imyaka 40 atekerezwaho

Perezida Kagame ashyira umukono kuri aya masezerano ku ruhande rw’u Rwanda

2018-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni ngo natsindwa amatora ashobora gusubira mu ishyamba

Museveni ngo natsindwa amatora ashobora gusubira mu ishyamba

Ubwanditsi 09 Jan 2016
Perezida Donald Trump  Yasinye itegeko ryemerera inganda kohereza ibyuka mu kirere

Perezida Donald Trump Yasinye itegeko ryemerera inganda kohereza ibyuka mu kirere

Ubwanditsi 29 Mar 2017
U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

Ubwanditsi 10 Jan 2019
Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Ubwanditsi 03 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi
Mu Mahanga

Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko
Amakuru

Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Ubwanditsi 21 Aug 2021
Igitekerezo : APR FC yegukanye umwanya wa 2 muri CECAFA Kagame Cup 2024 si iyo kunengwa
Amakuru

Igitekerezo : APR FC yegukanye umwanya wa 2 muri CECAFA Kagame Cup 2024 si iyo kunengwa

Ubwanditsi 23 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru