• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Isoko rihuriweho ry’ibihugu bya Afurika risobanuye iki ku Rwanda?

Isoko rihuriweho ry’ibihugu bya Afurika risobanuye iki ku Rwanda?

Ubwanditsi 24 Mar 2018 POLITIKI

Inama idasanzwe ya 10 y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma ba Afurika iherutse kubera i Kigali, yasize amateka atazibagirana kuri uyu mugabane kuko ibihugu 44 byasinye amasezerano ashyiraho isoko rihuriweho n’ibihugu (AfCFTA), yari amaze imyaka 40 atekerezwaho.

Aya masezerano ni imwe muri gahunda z’ukwihuza kwa Afurika nk’uko biteganywa mu cyerekezo cyayo 2063, akaba abumbatiye kugira ijwi rimwe nk’umugabane, kuzamura ubucuruzi bukorwa hagati y’ibihugu bya Afurika, buri hasi cyane ugereranyije n’ubwo bikorana n’u Burayi na Aziya.

Imibare igaragaza ko ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika byonyine bungana na 16%, mu gihe uruhare uyu mugabane ufite mu bucuruzi bukorwa ku Isi muri rusange rungana na 3.5%. Nibura mu 2022 ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika biteganyijwe ko buzaba buri kuri 52%.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Vincent Munyeshyaka, yasobanuye ko by’umwihariko ku Rwanda aya masezerano asobanuye byinshi kandi aziye igihe kuko asanze hari ibyo rwakoze bizatuma ruyibonamo cyane.

Yagize ati “Twavuga ko aziye igihe kubera ko turebye uko u Rwanda ruhagaze ku rwego rwa Afurika cyane cyane mu bukungu, bigaragara ko tumaze gushyiraho za politiki za ngombwa zatuma dufungura amasoko yacu ndetse hari n’ibikorwa remezo turimo kugenda dukora bituma ducuruzanya neza n’ibihugu duturanye.”

Ashimangira ko amasezerano y’isoko rihuriweho agendanye cyane no kuba inganda z’imbere mu gihugu zirimo kuzamuka zongera umusaruro w’ibyoherezwa hanze, nkuko biteganyijwe muri gahunda ya Made in Rwanda, igamije guteza imbere ibikorerwa mu gihugu.

Abikorera bafite umukoro

Urwego rw’abikorera rufatwa nk’inkingi mwikorezi mu masezerano y’isoko rihuriweho, kuko rishyira imbere ibicuruzwa ndetse na serivisi byakorewe muri Afurika.

Minisitiri Munyeshyaka avuga ko urwego rw’abikorera mu Rwanda rumaze kugira ubunararibonye ku buryo kuba ibihugu bya Afurika bifunguye imipaka, bibaha amahirwe menshi yo kugeza ibyo bakora ku isoko rinini. Gusa asobanura ko bafite umukoro wo kubyaza umusaruro ibyo bafitemo amahirwe kurusha abandi.

Yagize ati “Abikorera bacu bagomba kwitegura tukamenya nk’igihugu ibintu dufitemo amahirwe kurusha ibindi bihugu, cyangwa se mu bintu dukora twaba duhuriyeho n’ibindi bihugu tukamenya ngo twakongera ubwiza gute kurusha ibyo bihugu kugira ngo ibyo dukora bijye ku isoko rya Afurika.”

Asobanura ko ibi bishoboka agendeye ku rugero rw’uko ikawa y’u Rwanda yanditse izina mu ruhando rw’amahanga nyamara atari rwo rukora nyinshi. Ibi ngo biterwa n’uko rwahisemo gukora ikawa ifite ubwiza bwihariye hagashyirwaho n’uburyo bwihariye bwo kuyicuruza ku masoko mpuzamahanga.

Nta mbogamizi ku bihugu byifashe ku rujya n’uruza

Amasezerano y’isoko rihuriweho yasinyiwe rimwe n’ayashyiraho urujya n’uruza rw’abantu yasinywe n’ibihugu 27 ndetse n’inyandiko y’ibyemerejwe i Kigali yiswe ‘Kigali Declaration’ yasinywe n’ibihugu 43.

Bisobanuye ko mu bihugu 50 byasinye harimo 23 bitasinye amasezerano ashyiraho urujya n’uruza rw’abantu, byiganjemo ibyo muri Afurika y’Amajyaruguru. Hakibazwa uko inyungu zitezwe mu isoko rihuriweho zagerwaho mu gihe abantu baba batemerewe kuva mu gihugu kimwe ngo bajye gukorera ubucuruzi cyangwa akazi mu kindi.

Minisitiri Munyeshyaka asobanura ko urujya n’uruza rugomba guhura n’isoko rihuriweho. Asanga nta mbogamizi irimo kuba ibihugu bitarashishikariye gusinya amasezerano y’urujya n’uruza kuko usanga hari amategeko yabyo bwite bigomba kubanza kubahiriza.

Yagize ati “Ibihugu bitasinye ntabwo bivuze ko bidashyigikiye iri soko rusange ahubwo bafite amategeko iwabo abasaba ngo mubanze mukore ibi n’ibi cyangwa se kugira ngo byemezwe n’inzego runaka nk’inteko zishinga amategeko zigomba kubanza kubireba.”

Igisabwa ngo isoko rihuriweho ritangire

Minisitiri Munyeshyaka avuga ko hari icyizere ko amasezerano y’isoko rihuriweho azatangira kubahirizwa bitarenze uyu mwaka nkuko byiyemejwe kuko ‘nihaboneka ibihugu 22 biyemeza imbere mu mategeko yabyo [ratification], bizaba bihagije kugira ngo atangire ashyirwe mu bikorwa’.

Isoko rihuriweho rya Afurika ryitezweho gutuma yihaza mu biribwa, igira iterambere ry’inganda, guhanga udushya, ubwiyongere bw’ubwoko bw’ibicuruzwa, guhererekanya ikoranabuhanga, guhanga imirimo, kwaguka kw’isoko, iterambere rikomoka ku bwinshi bw’abaturage, gukuraho imbogamizi zidashingiye ku misoro (NTBs), koroshya urujya n’uruza rw’abaturage n’ibindi.

Inama idasanzwe ya 10 y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma ba Afurika iherutse kubera i Kigali, yasize amateka atazibagirana kuri uyu mugabane kuko ibihugu 44 byasinye amasezerano ashyiraho isoko rihuriweho n’ibihugu (AfCFTA), yari amaze imyaka 40 atekerezwaho

Perezida Kagame ashyira umukono kuri aya masezerano ku ruhande rw’u Rwanda

2018-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yemeza ko Afurika ikeneye Ishoramari ku Burayi kuruta Inkunga-  [ Video ]

Perezida Kagame yemeza ko Afurika ikeneye Ishoramari ku Burayi kuruta Inkunga- [ Video ]

Ubwanditsi 09 Jun 2017
AU yemeje gukosora inyito yakoreshaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

AU yemeje gukosora inyito yakoreshaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!

Ubwanditsi 08 Feb 2025
Perezida Kagame yagejeje ijambo ku nteko rusange ya Loni

Perezida Kagame yagejeje ijambo ku nteko rusange ya Loni

Ubwanditsi 23 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 10 Jan 2024
Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon
POLITIKI

Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe
Mu Rwanda

Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Ubwanditsi 03 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru