• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Miss2016:haraye hatoranyijwe 15 bagomba kujya mu mwiherero

Miss2016:haraye hatoranyijwe 15 bagomba kujya mu mwiherero

Ubwanditsi 15 Feb 2016 IMIKINO

Ku mugoroba wo kuri iki cyumweru, abakobwa icyenda (9) basezerewe 15 barakomeza muri 24 bari bahagarariye Intara n’Umujyi wa Kigali bifuzaga kuvamo umwe uba Miss Rwanda 2016. Bamwe mu bakomeje harimo abagaragarijwe ko bashyigikiwe cyane nka Sheriffa Umuhoza na Jolly Mutesi bafite abafana benshi.

-2110.jpg

Abakobwa bose babanje kwiyerekana

Abahatana 24 babazwaga ibibazo bitandukanye 24 basubiza mu Kinyarwanda n’ikibazo kimwe gusa basubiza mu rurimo bashaka hagati y’Icyongereza n’igifaransa, 22 iki kibazo cyo mu rundi rurimi bagisubije mu cyongereza, babiri gusa nibo bagisubije mu gifaransa.

-2113.jpg

Abakobwa bari bambaye amakunzu meza buri umwe atambuka nta mususu nk’uwabitojwe mbere.

-2111.jpg

Akanama nkemurampaka

-2125.jpg
Blabine uri kugerageza amahirwe ye ku nshuro ya kabiri muri iri rushanwa, bwa mbere yabaye igisonga cya kane.

Ibibazo babazwaga mu Kinyarwanda benshi babisubije wumva bumva neza icyo babajijwe kandi batanga ibisubizo bya nyabyo, bishoboka cyane ko ibi ari bimwe mu bibazo babazwaga mu kiciro cy’ijonjora mu gushaka abahagararira Intara zitandukanye n’Umujyi wa Kigali.

-2114.jpg

Sharifa Umuhoza, Jolly Umutesi byagaragaye ko bashyigikiwe n’abafana benshi ubwo babaga baje kuri scene.

-2120.jpg

Akanama k’abakemurampaka kavuze ko abatoranyijwe bashingiye ku bwenge, kuba intyoza ubwiza n’uko bifata imbere y’abantu.

-2124.jpg


Abakobwa 15 baje gutoranywa muri aba 24 ni;

20 Umuhoza Shariffa
7 Umutoni Balbine
18 Jane Mutoni
16 Jolly Mutesi
12Vanessa Mpogazi
11 Peace Kwizera Ndaruhuhtse
25 Arianne Uwimana
24 Rangira Marie d’Amour
23 Solange Uwamahoro
22 Cyinthia Umutoniwabo
1 Delyla Akili
9 Doreen Umuhoza
15 Eduige Mutesi
13 Sheilla Mujyambere
7 Eduige Isimbi

-2121.jpg

Aba bakobwa 15 bagiye gukomereza mu mwiherero wo kwigishwa indangagaciro za Kinyarwanda, amateka n’umuco by’u Rwanda ndetse n’andi masomo yabafasha mu gihe bahagarariye u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga.
-2123.jpg

Nyuma y’ibyumweru bibiri nibwo biteganyijwe ko hazaba Final aho muri aba 15 hazatoranywa Miss Rwanda wa 2016 uzambikwa ikamba na Doriane Kundwa Miss Rwanda 2015.

-2122.jpg

Iri rushanwa ryateguwe na Rwanda Inspiration BackUp ifatanyije n’Inteko y’igihugu y’Ururimi n’Umuco n’abaterankunga batandukanye.

-2119.jpg

Abasezerewe bifurije abandi amahirwe


Aba ni icyenda basezerewe:

8 Nickita Kaneza
21 Usanase Umuhumuriza Samantha
5 Pascaline Umutoni
2 Fiona Doreen Ashimwe
3 Nasra Bitariho
14 Olive Munezero
6 Sandrine Ikirezi
4 Abi Gaelle Gisubizo
10 Ange Karigirwa

M.Fils

2016-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tour du Rwanda 2020: Tesfatsion yegukanye agace ka Rusizi-Rubavu, anafata umwambaro w’umuhondo

Tour du Rwanda 2020: Tesfatsion yegukanye agace ka Rusizi-Rubavu, anafata umwambaro w’umuhondo

Ubwanditsi 27 Feb 2020
Manchester City yasanze Inter Milan ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye Real Madrid

Manchester City yasanze Inter Milan ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye Real Madrid

Ubwanditsi 18 May 2023
Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ba NBA uburyo yatunguwe no kubona Kigali Arena yuzuye abafana

Perezida Kagame yabwiye abakinnyi ba NBA uburyo yatunguwe no kubona Kigali Arena yuzuye abafana

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Ubwanditsi 23 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu
Amakuru

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 16 Nov 2020
Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore
INKURU NYAMUKURU

Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Ubwanditsi 20 Sep 2019
Inama ya RNC yaranzwe n’impaka zikomeye kubirebana nibura rya Rutabana ariko Kayumba Nyamwasa yashakaga ko bitaganirwaho
INKURU NYAMUKURU

Inama ya RNC yaranzwe n’impaka zikomeye kubirebana nibura rya Rutabana ariko Kayumba Nyamwasa yashakaga ko bitaganirwaho

Ubwanditsi 09 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru