• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

Ubwanditsi 25 Jan 2017 Mu Mahanga

Nubwo Leta y’u Rwanda ikora uko ishoboye mu guteza imbere serivisi z’ubutabera, hari bamwe mu banyarwanda bagaragaza ko badashimishwa na serivisi z’ubutabera bahabwa.

Ikigo cy’igihugu gishizwe imiyoborere RGB, cyakoze ubushakashatsi bugaragaza ko abanyarwanda 62.7% aribo banyurwa na serivisi z’ubutabera bahabwa, na 16 % bakazinenga, abandi mu bushakashatsi barifashe ntibashima cyangwa ngo banenge.

Abishimira ubutabera bahabwa mu mwaka wa 2015 bari ku kigero cya 76.7%, bikagaragaza ko hagabanutseho 14% mu mwaka wa 2016.

Ubwo Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB), Prof Shyaka Anastase, yamurikiraga raporo Komisiyo y’Imibereho Myiza y’abaturage, Uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage muri Sena, yasobanuye ko abaturage bagaragaje ko serivisi z’ubutabera zitangwa nabi ari izikenerwa byihuta.

Yagize ati “Mu butabera, hari ibintu bikomeye abaturage baba bashaka aribyo bagaragaza ko badahabwa neza nko kwihutisha imanza, kuzirangiza, kumenyeshwa amategeko y’uburenganzira bwa muntu, gufata no gufunga n’ubwunganizi ku banyantege nke.”

Yakomeje avuga ko izo serivisi arizo zagaragajwe ko zikwiriye kongerwamo imbaraga nyinshi kugira ngo abanyarwanda bagerwaho n’ubutabera bishimiye.

Iyo raporo isobanura ko impamvu yo gusubira inyuma kw’abashima izi serivisi guterwa no kuba serivisi z’ubutabera zaracukumbuwe cyane mu mwaka wa 2016 ugereranije n’imyaka yashize, no kuba abaturage bamaze gusobanukirwa n’ubushakashatsi bagatanga amakuru.

Iyi raporo igaragaza ko Intara y’Uburasirazuba ariyo abayituye bashima serivisi z’ubutabera, aho Gatsibo igeza kuri 79.1% naho Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali abashima bakaba 49.1%.

Uturere dutanu tuza imbere mu kwishimira ubutabera ni Gatsibo (79.1%) Rubavu (73.4%), Nyagatare (70.7%), Kamonyi (70%) Ngoma (69.9%), naho dutanu tuza inyuma ni Nyarugenge (49.1%), Gasabo (50.8%), Rutsiro (51.2%) Bugesera (53.3%) na Gicumbi (56.6%).

-5520.jpg

Prof. Shyaka Anastase muri Senat

Serivisi z’ubutabera abaturage basubizaga uko zifashe mu butabera harimo nk’iza noteri, kwihutisha imanza, ubwunganizi mu butabera, ifunga n’ifungurwa k’ukekwaho icyaha, kutabogama kw’inzego z’ubucamanza, ubukanguramabaga ku kumenyekanisha amategeko n’uburenganzira bwa muntu, kumenya inzego zitanga serivise z’ubutabera n’uburyo babona ibibazo by’akarengane, ikimenyane na ruswa.

Safi Emmanuel

2017-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ubwanditsi 18 Jan 2024
Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Musanze: Police yaganirije abakora mu rwego rw’ubuvuzi kuri ruswa

Musanze: Police yaganirije abakora mu rwego rw’ubuvuzi kuri ruswa

Ubwanditsi 18 Jan 2017
Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo
INKURU NYAMUKURU

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Nyamagabe: Umukozi ushinzwe isuku muri Sacco akurikiranyweho kwiba miliyoni 1.5
Mu Mahanga

Nyamagabe: Umukozi ushinzwe isuku muri Sacco akurikiranyweho kwiba miliyoni 1.5

Ubwanditsi 06 Apr 2016
Dr Rose Mukankomeje  yafunguwe by’agateganyo
Mu Mahanga

Dr Rose Mukankomeje yafunguwe by’agateganyo

Ubwanditsi 15 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru