• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Ihuriro rya 7 ry’Abapolisikazi ryibanze ku guteza imbere ubumenyi bwabo

Editorial 27 Feb 2016 Mu Mahanga

​Kuri uyu wa gatanu taliki ya 26 Gashyantare 2016, i Kigali hateraniye ihuriro ngarukamwaka ry’abapolisikazi bagera kuri 700, rikaba ririmo kwibanda ku guha ubushobozi abapolisikazi ndetse no guteza imbere ubumenyi bwabo mu nzego zose.

Polisi y’u Rwanda ikaba yaratangiye gukoresha amahuriro nk’aya mu myaka 6 ishize, rikaba muri rusange riba rigamije guha abapolisikazi umwanya wo kungurana ibitekerezo n’ubunararibonye ndetse no guhererwa hamwe impanuro n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, n’ubw’Igihugu uri rusange.

Mu muhango wo gufungura iri huriro, Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harerimana, akaba n’umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yasabye abapolisikazi kuba intangarugero na ba ambasaderi b’abanyarwandakazi mu murimo bakora ngo nabo bitabire kwinjira mu murimo wo gucunga umutekano.

Sheikh Harerimana yagize ati:”Mugomba kuba bandebereho mu murimo mukora, nimwe muri mu mwanya mwiza wo gufasha no gutabara abahohotewe, baba abana n’abagore, murasabwa kwitanga rero ngo izo nshingano zose zigerweho kuko nazo ari ishingiro ry’iterambere ry’Igihugu cyacu.”

Yarangije ashimira abafatanyabikorwa ba Polisi kuri gahunda nyinshi ziteza imbere abagore bakomeje gufatanya na Polisi y’u Rwanda na Leta muri rusange ngo ihame ry’uburinganire ryubahirizwe, anasaba ko iri huriro ryazanaba iryo gucyahana aho biri ngombwa hagati y’abapolisikazi.

Aganira n’itangazamakuru, Minisitiri w’Uburinganire no guteza imbere umuryango nawe wari muri iri huriro, yashimye uruhare rw’ihuriro ry’abapolisikazi kuva ryatangira kubaho, mu guteza imbere ihame ry’uburinganire. Yashimye kandi umusanzu w’abapolisikazi mu gushaka amahoro haba mu miryango yabo, mu kazi ndetse no hanze y’u Rwanda.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana mu ijambo yagejeje ku nteko y’abapolisikazi , yashimye imyitwarire myiza bagaragaza mu kazi kabo kandi abashishikariza guhora bongera ubumenyi nk’uko bakomeje kugaragara mu kazi gatandukanye ubundi kari karahariwe abagabo. Urugero ni nk’aho abapolisikazi bakanika bakanatwara indege cyangwa imodoka z’ubwoko bwose, ibifaru, ubwubatsi n’ibindi, anabasaba gukomeza kurangwa n’indangagaciro za gipolisi n’iz’ubunyarwanda.

IGP Gasana kandi yijeje ko urwego ayoboye ruzakomeza kwita kuri gahunda ziteza imbere abapolisikazi no guteza imbere ihame ry’uburinganire.

Bwana Steven Rodriguez, wari uhagarariye One UN mu Rwanda, ikaba n’umwe mu bafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda, yashimye Polisi y’u Rwanda uburyo iteza imbere ihame ry’uburinganire ibicishije mu kigo Isange One Stop Center ndetse n’uburyo gahunda ya kominiti polisingi iteye imbere.

Ihuriro ry’abapolisikazi ni urubuga bahuriramo kandi baboneramo umwanya wo kurebera hamwe ibyo bagezeho nk’abapolisikazi, bagafatiramo ingamba zo kubisigasira n’izo guteza imbere imikorere ngo haterwe intambwe yisumbuye kuyo bariho, rikaba mubyo ryiyemeje, harimo gufata iya mbere mu kurwanya ibyaha by’ihohotera rikorerwa abana, irishingiye ku gitsina, icuruzwa ry’abantu, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ruswa n’ibindi mu muryango nyarwanda.

RNP

2016-02-27
Editorial

IZINDI NKURU

Sena yemeje abakozi batatu basabiwe imirimo n’inama y’abaminisitiri

Sena yemeje abakozi batatu basabiwe imirimo n’inama y’abaminisitiri

Editorial 19 Dec 2016
Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Editorial 23 Jul 2021
Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Editorial 04 Dec 2017
Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Editorial 14 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda mu nzira ya Kigali-Rwamagana-Kigali
IMIKINO

Umunsi wa mbere wa Tour du Rwanda mu nzira ya Kigali-Rwamagana-Kigali

Editorial 24 Feb 2019
Ukuri kuratsinze: Nyuma y’ igitutu gikomeye, wa muhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Julie d’Andurain, yivanye muri Komisiyo yo gucukumbura uruhare rw’uBufaransa muri iyo Jenoside.
Amakuru

Ukuri kuratsinze: Nyuma y’ igitutu gikomeye, wa muhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Julie d’Andurain, yivanye muri Komisiyo yo gucukumbura uruhare rw’uBufaransa muri iyo Jenoside.

Editorial 16 Nov 2020
Perezida Kagame yatumiwe mu birori byo guhemba umukinnyi mwiza w’Umunyafurika
IMIKINO

Perezida Kagame yatumiwe mu birori byo guhemba umukinnyi mwiza w’Umunyafurika

Editorial 05 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru