• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida

Editorial 08 Jul 2016 Mu Mahanga

Madamu Jeannette Kagame yibaza impamvu leta yashyizeho gahunda yo gupima ubwandu bwa Virusi itera Sida mu bigo nderabuzima byose, ariko urubyiruko rw’abangavu n’ingimbi ntiruyitabire uko bikwiye.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 7 Nyakanga 2016 mu gikorwa cyo gutangiza ubukangurambaga bwiswe ‘All – In’, bugamije gukangurira buri wese kugira uruhare mu kurandura virusi itera Sida cyane cyane mu rubyiruko.

Ubu bukangurambaga buri mu bujya bukorwa n’Umuryango w’Abadamu b’Abakuru b’Ibihugu by’Afurika (OAFLA), bugamije kurandura Virusi itera Sida.

Isuzuma ryakozwe n’Ikigo cy’Ubuzima mu Rwanda (RBC), ryagaragaje ko abangavu n’ingimbi bitabira gahunda yo kwipimisha bagahabwa n’ubujyanama ari 27% gusa by’abakobwa na 22% by’abahungu.

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ubu bwitabire bukiri hasi cyane, yibaza impamvu ibitera.

Yagize ati “Byaba bituruka kuki? Ni uko wenda mwaba mutazi ko ihari? Ese ni uko mwumva ko yaba itabareba cyangwa se ababishinzwe ntabwo babafasha uko bikwiye. Ibi bibazo nagira ngo tubirebere hamwe tubishakire umuti niba dushaka kugera ku ntego Isi yihaye, n’intego igihugu cyacu cyihaye.”

Yakomeje avuga ko kumenya izi mpamvu bifasha gufatanya gushyiraho ingamba zifatika ariko mbere na mbere asaba urubyiruko kugana ibigo nderabuzima bakisuzumisha kuko inzira nziza yo kwirinda ari ukumenya uko uhagaze.

Madamu Jeannette Kagame yibukije urubyiruko ko rugize igice kinini cy’Abanyarwanda, kuko Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda kigaragaza ko abangavu n’ingimbi bari hagati y’imyaka 10-24 bangana na 33% by’abaturage bose b’u Rwanda.

Yasabye urubyiruko kuzirikana ko bitezweho byinshi mu guteza imbere igihugu no kurinda ibyagezweho.

Yagize ati “Muri umubare munini w’Abanyarwanda kandi tubatezeho byinshi mu gukomeza kubaka igihugu cyacu, kurinda ibyagezweho, kubyarira u Rwanda no gukomeza gukomera ku gaciro k’Abanyarwanda.”

“Igihugu cyacu cyanyuze muri byinshi kandi giharanira gukora byinshi biteza imbere Abanyarwanda n’urubyiruko by’umwihariko, ni ngombwa rero ko tugira abaherezwa agakoni, bazaragwa uru Rwanda bafite ubuzima bwiza, kugira ngo ibyo twagezeho bikomeze gutera imbere.”

-3230.jpg

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, yasabye urubyiruko guhindura imyumvire

Abana b’abakobwa nibo bandura Virusi itera Sida kurusha abandi, bigaragara ko muri 2014 mu bwandu bushya bwagaragaye, 74% bari abakobwa bakiri bato.

Madamu Jeannette Kagame yabibukije ko bakwiye gushyiraho ingamba zikomeye kugira ngo birinde kuko bafite ibibazo kurusha abandi.

Imibare yerekana ko 34% by’abana banduye virusi itera Sida aribo bonyine bafata imiti. Yasabye ababyeyi gufatanya kugira ngo abana bagize ibyago byo kwandura bayifate neza kandi bakomeze kugira ubuzima bwiza.

Umwe mu rubyiruko witwa Uwase Nadege, w’imyaka 25, yatanze ubuhamya bw’uko yavukanye Virusi itera Sida akabimenya afite imyaka 16, akaba arangije Kaminuza kandi yizeye ejo hazaza heza.

Yashishikarije urubyiruko kwifata abo binaniye bagakoresha agakingirizo bakita ku buzima kuko aribwo gaciro kabo.

Yagize ati “Ubuzima bwacu ni bwiza kandi turabukeneye, mwifate kuko birashoboka, nibyanga mukoreshe agakingirizo. Muhe agaciro imibiri yanyu kuko niko gaciro k’ejo hazaza, mwigata.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Binagwaho Agnes, yabwiye urubyiruko ko Guverinoma ikora ibishoboka byose ariko ko urubyiruko rukwiye guhindura imyumvire rukarinda ubuzima kugira ngo ibikorwa bitazapfa ubusa.

Uhagarariye amashami yose y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, Lamin Manneh, yashimye uruhare rwa Madamu Jeannette Kagame n’Umuryango ayobora Imbuto Foundation, mu guteza imbere urubyiruko no gushyiraho gahunda zo guhashya virusi itera Sida mu rubyiruko rw’u Rwanda.

Yagarutse ku rwego urubyiruko rwugarijwe na Virusi itera Sida, abashishikariza kurinda ubuzima bwabo, kwipimisha bakamenya uko bahagaze no kwirinda kugirango bakomeze kuryoherwa n’ubwiza bw’igihugu cyabo.

Yasezeranyije ko amashami ahagarariye yiteguye gutera ingabo mu bitugu u Rwanda mu kurandura icyorezo cya Sida.

Muri iki gikorwa hanahembwe abayobozi bane b’Uturere twubahirije neza gahunda yo gufasha ababyeyi kutanduza Virusi itera Sida abana bababyara (EMTCT).

Abo bayobozi ni Erasme Ntazinda wa Nyanza, Muzungu Gerald wa Kirehe, Deogratias Nzamwita wa Gakenke na François Ndayisaba wa Karongi, bahembewe ko mu myaka ibiri ishize nta mwana n’umwe wigeze wanduzwa na nyina.

-3229.jpg

Urubyiruko rwitabiriye ibi biganiro

Source: Igihe.com

2016-07-08
Editorial

IZINDI NKURU

I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Editorial 08 May 2016
Nkunshuro ya mbere umuhango  wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Editorial 28 Jul 2016
Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu karere ka Kirehe

Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu karere ka Kirehe

Editorial 02 Apr 2016
Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Editorial 22 Nov 2024
I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Editorial 08 May 2016
Nkunshuro ya mbere umuhango  wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Editorial 28 Jul 2016
Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu karere ka Kirehe

Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu karere ka Kirehe

Editorial 02 Apr 2016
Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Editorial 22 Nov 2024
I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Editorial 08 May 2016
Nkunshuro ya mbere umuhango  wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Editorial 28 Jul 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru