• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nta kuntu amaraso atagiye kumeneka muri DRC

Nta kuntu amaraso atagiye kumeneka muri DRC

Ubwanditsi 31 Mar 2017 Mu Rwanda

Kuva mu mpera z’umwaka ushize hakomeje kugeragezwa uburyo butandukanye kugira ngo intambara isesuye itaduka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ariko uko ibintu bimaze kwigaragaza n’uko nta kuntu amaraso atagiye kumeneka muri icyo gihugu.

Itangazo ry’inama nkuru y’abasenyeri muri icyo gihugu (CENCO) yuko urwo rwego rwo hejuru muri kiliziya gatulika rwarambiwe akazi k’ubuhuza hagati y’ubutegetsi bwa Perezida Joseph Kabila n’abatavuga nabwo, ni ubutumwa buhagije yuko ibintu bikomeye cyane kandi byahise bitangira no kwigaragaza.

-6213.jpg

Ikibazo kigiye gutera intambara aho muri Congo ni cyakindi kimaze iminsi kivugwa yuko Kabila yarangje manda ye nka Perezida wa Repubulika mu buryo bugibwaho impaka nka kuriya bimeze mu Burundi, umuntu yatangira afataho urugero.

Mbere gato y’amatora ya Perezida wa Repubulika yari ategenyijwe mu Burundi muri Nyakanga 2015 umushinga wo guhindura ingingo y’itegeko nshinga yabuzaga Nkurunziza kwiyamamariza manda ya gatatu watwawe mu nteko nshingamategeko, ubura amajwi ahagije ngo uhite ariko Nkurunziza yanga kuva ku izima ! Muri Nyakanga uwo mwaka wa 2015 yiyamamarije manda ya gatatu, binyuranyije n’itegeko nshinga kimwe n’amasezerano ya Arusha. Ubu Nkurunziza ari ku butegetsi akebaguzwa nk’igisambo, igihugu kiri mu kaga !

Kabila nawe yagerageje guhindura itegeko nshinga ngo ashobore kuziyamamariza manda ya gatatu, mu matora yari ateganyijwe mu Kuboza 2016 ariko biranga. Joseph Kabange Kabila we yari yanabitangiye kare ! Tariki 17 Mutarama 2015 nibwo umushinga w’itegeko wo gukuraho manda ntarengwa ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watwawe mu nteko imvururu ziratangira, ubuzima burahagarara muri Kinshasa n’indi mijyi minini ya Congo.

Bitewe n’izo mvururu, zahitanaga abaturage kimwe n’abashinzwe umutekano, ubutegetsi bwa Kabila bwatangaje yuko ibyo gushaka kwiyamamariza manda ya gatatu bitakiriho, umutuzo mu gihugu uragaruka. Kabila kandi koko ntabwo yabeshye ibyo guskaka kwiyamamariza manda ya gatatu yarabiretse, ariko ashakisha izindi nzira zatuma aguma ku butegetsi mu bundi buryo. Ubutegetsi bwe bwashakishije ukuntu amatora yari ateganyijwe mu Kuboza 2016 atakorwa, ariko bikagaragarira buri wese yuko bidaturutse kuri Perezida Kabila !

Muri Kanama 2016 Komisiyo y’igihugu y’amatora (CENI) yabigiyemo, itangaza impamvu ebyiri nini zitatuma amatora aba mu mpera z’uwo mwaka nk’uko amategeko yabiteganyaga. Impamvu ya mbere n’uko urutonde rw’abagombaga gutora rutari rwuzuye, naho iya kabiri ikaba ari iy’uko nta mafaranga yakoreshwa muri ayo matora yari ahari, CENI ivuga yuko kubera izo mpamvu imatora ashoboka muri Nyakanga 2018 !

Iryo tangazo rya CENI ryo kwimura igihe cy’amatora ryaje rikurikira irindi, ubona ritari ryarasesenguwe cyane na opozisiyo, ry’urukiko rwitegeko nshinga ryavugaga yuko Perezida wa Repubulika uriho adashobora kurekura ubutegetsi mu gihe hataratorwa undi wo kumusimbura ! Ayo matangazo y’izo nzego zombi uyashyize hamwe byari bisobanuye yuko Kabila atava ku butegetsi mbere ya Nyakanga 2018.

Ibyo byemezo bya CENI n’urukiko rw’itegeko nshinga byakiranywe amakenga na benshi, bituma amashyaka yo muri opozisiyo ahamagaza imyigaragambyo. Kuko abaturage ba Congo wagira ngo bavukanye imbuto z’imyigaragambyo mu ntoki, bamwe bayitabiriye bataranatangarizwa itariki yo kuyitangiraho !

Kuko igihe amashyaka akomeye muri opozisiyo yahamagazaga ku mugaragaro imyigaragambyo y’amezi atatu, guhera tariki 19 Nzeri 2016, byari bimaze kugaragara neza yuko uwari gusimbura Kabila ku butegetsi atari kuba yabonetse mbere y’itariki yari iya nyuma ngo arekure, 20 Ukuboza 2016, Edem Kodjo washyizweho n’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU) muri Mata 2016 nk’umuhuza yakoze ibyo yabashije byose ngo icyo kibazo kibonerwe igisubizo.

Kodjo, wigeze kuba Minisitiri w’intebe wa Togo n’umunyamabanga mukuru w’icyasimbuye AU (OAU), yakomeje gukoresha inama nyinshi z’imishyikirano hagati y’ubutegetsi n’abatavuga rumwe nabwo, baza gusinya amasezerano yemeza kwigizayo itariki y’amatora no gushyiraho guverinoma y’inzibacyuho. Byemeranywa yuko Kabila yagumana umwanya wa Perezida naho umwanya wa Minisitiri w’Intebe ugafatwa n’umuntu wo muri opozisiyo.

Itariki y’amatora yashyizwe muri Mata 2018 naho Minisitiri w’Intebe w’iyo agirwa Samy Badibanga wo muri opozisiyo. Iyo mishyikirano ariko y’ubuhuza bwa Edem Kodjo ntabwo yigeze yitabirwa n’amashyaka akomeye muri politike za DRC, yibumbiye muri Rassemblement, nk’uko yanze no kwemera imyanzuro yayivuyemo. Ayo mashyaka yashinje Kodjo yuko abogamiye ku butegetsi bwa Kabila ataratangira n’ako kazi k’ubuhuza !

-6206.jpg

Perezida Joseph Kabila yarangije manda ya kabiri yemererwa n’itegeko nshinga kuwa 19 Ukuboza 2016.

Ibya Kodjo binaniranye ako kazi k’ubuhuza kafashwe n’inama y’abasenyeri muri Congo (CENCO). Ubwo buhuza bwatangiye tariki ya 8 Ukuboza 2016, tariki 31 z’uko kwezi ubutegetsi na opozisiyo bageze ku myanzuro yatumye imvururu zitongera kuvuka.
Hemeranyijwe yuko Kabila agomba kuba yavuye ku butegetsi mu mpera za 2017, kandi atazashyiramo kandidatire mu matora ataha ya Perezida. Hanemeranywa yuko hazashyirwaho undi Minisitiri w’intebe watanzwe n’amashyaka yibumbiye muri Rassemblement, hagashyirwaho n’urwego rw’ubugenzuzi rukayoborwa na Etienne Tshisekedi.

Umwaka rero wa 2017 watangiye abaturage ba DRC biruhukije yuko ibintu bitangiye inzira yo kujya mu buryo, ariko uko iminsi yakomeje kugenda yicuma ni nako icyizere cyagiye kigabanuka. Umuhuza, CENCO, yabwiraga opozisiyo iti mushyikirize Perezida Kabila izina rya minisitiri w’intebe, bati twararitwaye ariko araryanga !

Ikibazo gihari kugeza ubu n’uko Rassembement yakomezaga gushyikiriza Perezida Kabila izina ry’umuhungu wa Tshisekedi (Felix Tshisekedi) nk’umuntu ugomba kuba Minisitiri w’intebe ariko Kabila we agashaka yuko bakohereza amazina y’abantu batatu akihitiramo umwe ! Ibi byatumye tariki 27 Werurwe 2017 CENCO itangaza yuko inaniwe, kubera izo mpande zombi kudashaka gushyira mu bikorwa ibyo zumvikanyeho. Kandi CENCO kwikura muri ubwo buhuza nta kuntu bitatuma amaraso atameneka !

Ikindi kibazo gikomeye n’uko Etienne Tshisekedi ubu atakiriho. Uyu musaza witabye Imana tariki ya mbere Gashyantare uyu mwaka yari ashaje ariko agishoboye kubumbira hamwe opozisiyo n’ubundi itari hamwe bihagije ! Bizagorana yuko haboneka uziba icyuho cye, opozisiyo ijye mu gihirahiro.

Ibyo Kabila ashobora kubibonamo intsinzi ariko ikibazo kigume hahandi yuko agomba kuva ku butegetsi bitarenze umwisho w’uyu mwaka ! Hagati aho imvururu zivugwa yuko zatangiye muri za Kasai nta kigaragaza yuko zishobora guhagarara. Biragaragara yuko DRC itangiye inzira y’imeneka ry’amaraso, kandi nta kintu Kabila azaryungukiramo uretse nyine kuguma ku butegetsi akebaguzwa nka Nkurunziza !

Casmiry Kayumba

2017-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kisoro : Abasore b’Abagande bakomeje kujya mu mutwe wa M23 ku bwinshi

Kisoro : Abasore b’Abagande bakomeje kujya mu mutwe wa M23 ku bwinshi

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose

Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Hagati ya leta ya CNDD-FDD n’ Inshuti yayo Mkapa harimo utavugisha  ukuri

Hagati ya leta ya CNDD-FDD n’ Inshuti yayo Mkapa harimo utavugisha ukuri

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Mutzig Beer Fest: Meddy yanejeje abafana be mu ijwi rinogeye amatwi no mu mbyino zidasanzwe

Ubwanditsi 03 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.
Mu Rwanda

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero
INKURU NYAMUKURU

Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha
Amakuru

Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

RUSHYASHYA 06 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru