• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Muri Angola Perezida Dos Santos agiye kurekura ubutegetsi ariko ataburekuye

Muri Angola Perezida Dos Santos agiye kurekura ubutegetsi ariko ataburekuye

Ubwanditsi 17 Apr 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Angola, Jose Eduardo dos Santos muri Kanama uyu mwaka azarekura ubutegetsi yari agiye kumaraho imyaka 40, ariko iyo witegereje usanga mu by’ukuri azaba aburekuye ariko atarekuye !

Bwa mbere Dos Santos yatangarije inama rusange y’ishyaka rye (MPLA) yuko atazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika muri Werurwe umwaka ushize, ariko benshi ntibabyemere kubera impamvu zatuma buri wese koko byamugora kubyemera !

Abatemeraga yuko Dos Santos, wategetse icyo gihugu kuva mu 1979, yakwibwiriza kurekura ubutegetsi ahanini bari bashingiye ku gihe kirekire abumazeho bugahinduka nk’umwihariko we, kandi nta n’igitutu kinini yotswagwa ngo abuveho. N’abageragezaga kwemera wasangaga biyumvisha yuko uyu mugabo w’imyaka 75 y’amavuko agomba kuba afite uburwayi butatuma akomeza imirimo ye y’ubukuru bw’igihugu !

Perezida Santos ariko byaba ari byo asigaranye intege nkeya cyangwa atari byo agikomeye, ukuri uko kumeze n’uko uwo mugabo wagiye ku butegetsi nyuma y’urupfu rwa Perezida wa mbere wa Angola, Agostinho Neto muri Nzeri 1979, atazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, nk’uko abakuru b’ibihugu bagenzi baherutse kubigaragaza !

Tariki 18 z’ukwezi gushize i Mbabane muri Zwaziland hateraniye inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma b’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika (SADC), yitabirwa n’Umwami Mswati III, Perezida Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo, Perezida Robert Mugabe wa Zimbabwe, Perezida Henry Rajaonarimampianina, Perezida Edgar Chagwa Lungu wa Zimbia na Visi Perezida Samia Suluhu wa Tanzania.

Abandi bari muri iyo nama ni Minisitiri w’intebe wa Mozambique, Agostinho do Rosario Carlos; Minisitiri w’intebe wungirije muri Lesotho, Mothetjoa Metsing; Minisitiri w’ingabo wa Angola, General Jaao Manuel Goncalves Lourenco; Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Botswana, Pelonomi Venson Moitoi; Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Malawi, Francis Kasaila: Umunyamabanga Mukuru muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Mauritania, MD Phokeer; naho Seychelles iserukirwa na ambasaderi Barry Faure. Hari kandi n’umunyamabanga mukuru wa SADC, Stergomena Laurence Taxi.

Nyuma y’iyo nama hasohowe itangazo y’imyanzuro y’ibyayivugiwemo. Muri ibyo harimo yuko abo bayobozi ba SADC bamenyeshejwe yuko Perezida Eduardo dos Santos ataziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ataha muri Angola. Iryo tangazo rigakomeza rivuga yuko ishyaka riri ku butegetsi muri icyo gihugu, People’s Movement for the Liberation of Angola (MPLA) ryatoranyije Minisitiri w’ingabo, General Joao Lourenco kuzaribera kandida perezida muri ayo matora !

Kuba rero Dosantos ataziyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika ni ukuri kuko ntabwo yabeshya ngo anabeshye abayobozi bakuru ba SADC, Angola ibereye umunyamuryango w’imena. Ikindi kintu kigomba kuba ari ukuri n’uko kuba General Lourenco ariwe uziyamamaza ku itike ya MPLA, iri ku butegetsi, bivuze yuko ariwe uzasimbura Dos Santos ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.

Nk’uko bimeze kuri CCM muri Tanzania, ANC muri Afurika y’Epfo na FLORIMO muri Mozambique, ntabwo MPLA irageza igihe cyo gutsindwa amatora muri Angola ! Muri icyo gihugu ishyaka ryabonye intebe nyishi z’abadepite mu matora niryo rishyiraho Perezida wa Repubulika.

Kuba rero General Lourenco ariwe Perezida wa Repubulika utaha muri Angola ntabwo bikiri ibyo gushidikanyaho. Icyo ahubwo umuntu yakwibaza ni uburyo uyu mugabo azashobora gukora akazi ke neza kandi Dos Santos azaba amuyobora mu bundi buryo.

-6322.jpg

Perezida wa Angola, Jose Eduardo dos Santos

Nubwo Dos Santos azaba avuye ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ariko azakomeza kuba Perezida wa MPLA. Nka Perezida w’ishyaka, Santos azaba afite imbaraga zikomeye zirimo guhitamo abakandida depite kimwe no gutoranya abawofisiye bajya mu nzego zo hejuru mu gisirikare no muri Polisi. MPLA kandi izaba ifite ububasha bwo gukura ku mirimo ya leta umukada wayo wese, harimo na Perezida wa Repulika. Nubwo Lourenco azaba ari Perezida wa Repubulika ariko ntabwo bishoboka yuko azabura kuzajya avugirwamo na Santos, bitume akora amutinya !

General Joao Lourenco yari asanzwe ari Visi Perezida wa MPLA ariko ntabwo yari akunze kuvugwa cyane. Ariko azwiho kuba inkoramutima ya Dos Santos, bikaba bitanatangaje kuba ariwe yagennye kuzamusimbura. Mu gihe ariko Perezida Santos azwiho kuba yarirunzeho umutungo w’igihugu, Lourenco ntabwo ari mu mibare y’abantu bakize cyane muri Angola. Ntabwo yirunzeho imutungo nk’uko bimeze ku bandi bari hafi ya Dos Santos.

Ariko Lourenco nka Perezida wa Repubulika nta kuntu atazakomeza kuvugirizwa induru ngo akurikirane abasahuye igihugu kimwe no guca umuco wo gutanga ubutegetsi bishingiye ku kenewabo n’ikimenyane, byakomeje gukorwa na Dos Santos. General Lourence azaba ategerejweho gukosora amakosa yakozwe n’uwo azaba asimbuye, ariko ibyo ntabwo azabishobora kuko uwayakoze azaba akimuri iruhande kandi anamufiteho ijambo !

Ubu ikintu kivugwa cyane ni uburyo abanyagihugu ba Angola bakennye kandi icyo gihugu gikize kuri Peteroli n’ibiyikomokaho. Ibi by’ubukene bw’abaturage, muri rusange buri umwe ntabona amadolari arenze abiri ku munsi, bikaba bibi kurushaho kubera imutungo abo mu muryango wa Perezida Dos Santos birunzeho.

Uhereye kuri Perezida Santos ubushakashatsi, burimo ubwa Cabinda online, bugaragaza yuko yirunzeho amadolari ya Amerika miliyari 20, akaba ashyirwa mu mubare w’abaperezida 10 bakize cyane ku isi. Umukobwa we, Isabel dos Santos, ubushakashatsi burimo ubwa Forbes bugaragaza yuko yirunzeho imitungo n’amafaranga bifite agaciro gasaga amadolari ya Amerika miliyari 3.2 ! Isabel ngo agomba kuba ariwe mugore ukize kurusha abandi muri Afurika, ngo akaba ari nawe mugore w’umwirabura ukize kurusha abandi ku isi !

Umwaka ushize Perezida Dos Santos yagize Isabel umuyobozi mukuru w’ikigo k’igihugu gishinzwe petelori (oil company), Sanangol, naho umuhungu we witwa Jose Filomeno agirwa umuyobozi mukuru wa Sovereign wealth fund (Fundo Soberano de Angola). Iki kigo, cyatangijwe ku mugaragaro muri 2012 gishyizwemo miliyari eshanu z’amadolari, gifite imishinga myinshi yo guteza imbere abaturage ariko benshi bakavuga yuko ari icyo guteza imbere umuryango wa Perezida Jose Eduardo des Santos n’ubundi wari usanzwe uteye imbere !

Perezida mushya rero agerageje gukora ku muryango kimwe n’inkoramutima za Dos Santos yahura n’ibibazo. Adakosoye kandi uburyo bahombyamo igihugu, abaturage n’amahanga ntibatinda kubimubaza ! General Lourence rero yimikwe ariko azi neza yuko yimikanywe n’ibibazo !

Casmiry Kayumba

2017-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36

Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36

Ubwanditsi 23 May 2018
Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa

Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ubwanditsi 04 Oct 2021
Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

RUSHYASHYA 19 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje  kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’
POLITIKI

Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’

Ubwanditsi 11 Jan 2017
Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘
Mu Rwanda

Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Ubwanditsi 30 Apr 2017
Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo
INKURU NYAMUKURU

Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Ubwanditsi 31 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru