• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe igitaraganya muri Rwandair

Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe igitaraganya muri Rwandair

Ubwanditsi 27 Jun 2017 ITOHOZA

Umuyobozi w’Akarere ka Lwengo muri Uganda, George Mutabaazi, kuri uyu wa Gatandatu yasohowe nabi n’Igipolisi cy’u Rwanda mu ndege ya Rwandair azira imyifatire mibi, nk’uko byaje gushimangirwa n’Igipolisi cya Uganda mu itangazo cyasohoye nyuma yaho.

Uyu muyobozi washaka kuva i Kigali asubira muri Uganda ngo yafashwe amashusho ya video asohorwa mu ndege n’umupolisi w’umunyarwanda mbere y’uko indege ihaguruka nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Chimpreports.

“Nakoze iki?”, uko niko yasakuzaga avuga abaza abapolisi bamusohoraga mu gihe abandi bagenzi mu ndege barebaga bacecetse mbere yo gukomeza agira ati: “Ese ibi birankwiriye mu by’ukuri?”

-211.png

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko Igipolisi cya Uganda, gisanzwe gifitanye imikoranire myiza n’Igipolisi cy’u Rwanda, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu cyasohoye itangazo kivuga kuri iyo myitwarire mibi yaranze uyu muyobozi w’Umugande.

Uyu ariko mu kiganiro yagiranye na Daily Monitor aho yabanje kuvuga ko ubundi yari yagiye i Burundi mu nama ariko akanyura mu Rwanda ari naho yari anyuze ataha, yavuze ko bamwibeshyeho bakamusohora mu ndege ariko nyuma baje gusanga nta kibazo afite bakamureka akajyana n’indege yo muri Kenya.

Umuvugizi w’igipolisi, Asan Kasingye yavuze ko Mutabaazi yasohowe mu ndege kubera ko yakomeje guhatiriza kwicara muri Business class mu gihe yari afite itike yo kwicara muri Economic class.

Ngo yanze gutanga umwanya nk’uko yabisabwaga biba ngombwa ko asohorwa nk’uko Kasingye yakomeje avuga.

Andi makuru ariko avuga ko Mutabaazi yari yanasinze ndetse afite urusaku rwinshi bigatuma abandi bagenzi bijujuta basaba abakozi bo mu ndege kugira icyo bakora.

Ubwo bageragezaga kumuturisha, ngo yakomeje gusakuza, abaza abakozi bo mu ndege niba bazi uwo ari we, bituma aba bitabaza igipolisi cyaje kikamusohora.

Ubuyobozi bwa Rwandair nabwo nyuma bwaje kugira icyo butangaza kuri ibi bintu bubinyujije kuri twitter busobanura ko imyitwarire ya Mutabaazi yatezaga akavuyo mu ndege, bukomeza buvuga ko Mutabaazi yashakiwe indi ndege yamutwaye nayo yahagurutse kuri uyu wa Gatandatu.

Uyu mugabo ariko ngo si ubwa mbere agaragayeho imyitwarire idahwitse nk’aho mu 2014 yigeze gufotorwa arimo gukubita abaturage bo mu karere ke abaziza kutitabira umuganda.

Nyuma yaje kwisobanura kuri uku gukubita abaturage ngo bari barimo n’abana bato, avuga ko we atita kuko yafatwa cyangwa amatora ahubwo yitaye ku itarambere rya Lwengo.

-7083.jpg

George Mutabaazi

2017-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Christine Mbabazi Wari Ihabara Rya Kaweesi Arasaba Uburenganzira Bwo Kwidegembya

Uganda: Christine Mbabazi Wari Ihabara Rya Kaweesi Arasaba Uburenganzira Bwo Kwidegembya

Ubwanditsi 11 Sep 2018
Umuriro watse nyuma yaho dushyiriye ahagaragara imishyikirano ya Kayumba Nyamwasa , Rusesabagina na muganga Eliel Ntakirutimana

Umuriro watse nyuma yaho dushyiriye ahagaragara imishyikirano ya Kayumba Nyamwasa , Rusesabagina na muganga Eliel Ntakirutimana

Ubwanditsi 15 Feb 2016
RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha

RIB yatangiye iperereza ku bujura bwa miliyoni zisaga 400 Frw arimo ayibwe ibiro by’ivunjisha

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Ubwanditsi 11 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora
POLITIKI

DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano,  nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI  byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano, nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.

Ubwanditsi 13 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru