• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Ubwanditsi 06 Sep 2017 POLITIKI

Umunyamategeko ukomoka mu Bubiligi, Philippe Lardinois, agiye gusohora igitabo yise ‘Paul Kagame, un de Gaulle africain’ aho avugamo ubutwari bwaranze Perezida w’u Rwanda agaragaza ko ari intwari ya Afurika nkuko Charles de Gaulle yubahwa muri Politiki y’u Bufaransa.

Philippe Lardinois yunganira abantu mategeko kuva mu 1993 muri Barreau de Bruxelles mu Bubiligi. Ni umwarimu kandi muri Université Libre de Bruxelles aho amaze imyaka 21 yigisha. Afite impamyabumenyi y’ikirenga muri ‘philosophie’ yakuye muri Kaminuza ya Gatolika ya Louvain.

Ku itariki ya 14 Ukwakira 2017, uyu mugabo azamurika ku mugaragaro igitabo cy’amapaji 144 yise ‘Paul Kagame, un de Gaulle africain’. Muri iki gitabo, umwanditsi agaragaza ko Perezida Kagame ari de Gaulle wa Afurika, afatiye ku mibereho n’ibikorwa bya ‘General Charles de Gaulle’ uzwi cyane mu mateka y’u Bufaransa n’u Burayi, ari nawe washinze Repubulika ya gatanu y’u Bufaransa, ahangana cyane n’aba Nazi bashakaga kuyobora u Bufaransa.

Charles de Gaulle yavukiye mu Mujyi wa Lille mu 1890 akurikira i Paris aho se yari umwarimu. Nyuma yahisemo kujya mu gisirikare ndetse yarwanye mu ntambara ya mbere y’Isi.

Uyu mugabo yanze amasezerano u Bufaransa bwari bwagiranye n’u Budage bwashakaga kwigarurira iki gihugu. Yaje guhungira mu Bwongereza agezeyo ahita atangaza Guverinoma y’u Bufaransa yakoreraga mu buhungiro niko kuba Umuyobozi w’’u Bufaransa bwibohoye’

Mu 1944 yaje gutsinda urugamba abohora Umujyi wa Paris aho yatahutse agahabwa icyubahiro kidasanzwe. Yayoboye u Bufaransa kugeza bwanditse Itegeko Nshinga ryari rishingiyeho Repubulika ya Kane. Ni umugabo waranzwe no kutavugirwamo, agaharanira guhesha agaciro igihugu cye imbere y’ibindi.
-7849.jpg

Muri iki gitabo, Philippe Lardinois yibaza impamvu ibyahesheje de Gaulle umwanya ukomeye mu mateka bitagera no muri Afurika by’umwihariko mu Rwanda. Yibaza kandi impamvu ibikorwa, icyerekezo cya politiki n’ibindi bifitanye isano na de Gaulle bishimwa ariko ibyakozwe na Kagame ntibihabwe agaciro? Ati “Ni ukubera iki umwe ahabwa isura idasanzwe undi agahabwa ihindanye?”

Uyu mwanditsi akomeza kwibaza impamvu amateka agaragaza ibitekerezo by’indashyikirwa bya de Gaulle ndetse n’abayobozi babashije kwandika izina rikomeye, hanyuma akibaza impamvu Afurika yo itagira abayo bo kurata.

Philippe Lardinois avuga ko bidakwiye kugereranya Kagame na de Gaulle ariko ko icy’ingenzi ari ukureba ibyiza Kagame yakoze bikagaragaza ubudahangarwa bwe mu ruhando rwa Afurika ku buryo aba de Gaulle wa Afurika.

Ati “Ntabwo ari uguhuza Kagame na de Gaulle mu gukusanya ibintu bahuriyeho ngo bakunde bagereranywe. Ikigamijwe ni ukureba ku ruhe rwego na buryo ki Paul Kagame ashobora gusiga ibikorwa nk’ibya de Gaulle muri Afurika.”

Abanyapolitiki b’u Bufaransa bubaha ibikorwa bya de Gaulle mu gihe yamaze ku Isi. No mu matora aherutse, abenshi bigereranyaga nawe nk’aho Marine Le Pen, wari uhanganye na Emmanuel Macron yavuze ko ashaka gukura u Bufaransa mu icuraburindi akabuhindura igihugu kiri mu mucyo nk’uko de Gaulle yabigenje.

Emmanuel Macron nawe mu gihe cyo kwiyamamaza yakunze kwifashisha imbwirwaruhame za de Gaulle zishimangira ukunga igihugu.

Umunyamateka ukomeye mu Bufaransa, Jean-Paul Bled yavuze ko “de Gaulle azahora iteka ari we wubashywe kurusha abandi, ukunzwe kurusha abandi baperezida bose bayoboye u Bufaransa.”

Bled avuga ko politiki nyinshi za Macron zifitanye isano n’ibyo de Gaulle yakoze cyangwa yakundaga kuvuga. Ni mu gihe François Fillon nawe wiyamamaje mu matora akishingikiriza ibikorwa bya de Gaulle wagaragazaga ubudahangarwa bukomeye, maze igihe yakorwagaho iperereza ku byaha bya ruswa no gukoresha nabi umutungo, aza kuvuga ati “Ninde ushobora kwiyumvisha de de Gaulle ari gukorwaho iperereza?”

-7848.jpg

Charles de Gaulle yabaye Perezida w’u Bufaransa kuva mu 1959 kugera mu 1969

2017-09-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ubwanditsi 17 Sep 2024
RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250

RDC: Perezida Kabila yirukanye abacamanza barenga 250

Ubwanditsi 17 Apr 2018
RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

Ubwanditsi 14 Dec 2018
Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Mugabe agiye guhatwa ibibazo ku gihombo cya miliyari 15 z’amadolari yari kuva muri “diamant”

Ubwanditsi 12 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Marina yakoze indirimbo ya mbere iri mu njyana ya Zouk
SHOWBIZ

Marina yakoze indirimbo ya mbere iri mu njyana ya Zouk

Ubwanditsi 16 May 2019
Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe  mu mujyi wa Kigali
IMIKINO

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Afrobasket: Mali yegukanye igikombe cya gatandatu, u Rwanda ruba urwa gatandatu
IMIKINO

Afrobasket: Mali yegukanye igikombe cya gatandatu, u Rwanda ruba urwa gatandatu

Ubwanditsi 04 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru