• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urunturuntu ku rupfu rw’Umupolisi Mukuru muri Uganda, AIGP Kaweesi

Urunturuntu ku rupfu rw’Umupolisi Mukuru muri Uganda, AIGP Kaweesi

Ubwanditsi 09 Nov 2017 ITOHOZA

Urupfu rw’umwe mu bayobozi ba polisi ya Uganda, Andrew Felix Kaweesi, rukomeje kuvugisha menshi ku bugambanyi n’amatiku byaba biri mu nzego z’umutekano z’icyo gihugu.

AIGP Kaweesi yarashwe mu gitondo cyo ku ya 17 Mata 2017 mu gace ka Kulambiro muri Kampala. Nyuma y’amezi umunani ubwo bwicanyi bubaye, ibirego ku bamwishe bigiye gushyikirizwa inkiko za Uganda.

Abantu bake cyane bafashwe bakekwaho kumwica bakomeje gufungwa mu buryo budakurikije amategeko. Urupfu rw’uyu mugabo wari ukomeye mu gipolisi cya Uganda rwitiriwe umutwe wa ADF urwanya icyo gihugu ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu gihe icyuka kibi mu nzego z’umutekano za Uganda gikomeje kwiyongera, bamwe mu bakomeye barimo abofisiye bakuru mu gisirikare, polisi n’inzego z’ubutasi batangiye kwirekura mu ibanga bakavuga ku byavuye mu iperereza.

Umwe muri bo yabwiye ikinyamakuru The Standard ko urupfu rwa Kaweesi rwaba rwarakozwe mu ibanga rikomeye n’abarinda Perezida Yoweri Museveni.

Yavuze ko abakoze iperereza bavumbuye ibimenyetso bishimangira ko amasasu yarashwe Kaweesi n’abamurindaga ari ay’imbunda zikoreshwa n’umutwe wihariye (Special Forces) w’ingabo za Uganda.

Ati “ Ayo masasu si aya AK47 cyangwa indi mbunda isanzwe. Ni amasasu y’imbunda yihariye ikoreshwa n’umutwe w’ingabo wihariye wa hano muri Uganda.”

Undi utashatse kwivuga izina nawe yabwiye icyo kinyamakuru ko bamaze gusuzuma ibitoyi by’amasasu aharasiwe Kaweesi, bemeje ko imbunda zakoreshejwe mu kumwica ari izo mu bwoko bwa M4 zikoreshwa na ‘Special Forces’.

Ati “Ibyo tubona muri iyi minsi ni ibyo twita ‘Katemba’ (ikinamico). Ku bwacu biteye agahinda ; gukoresha umutwe wa ADF ukawitirira impfu z’abantu bakomeye ni ukujijisha abaturage.”

“Imbunda zakoreshejwe mu kwica umuvandimwe Kaweesi ntabwo ari izitunzwe n’inzego ziciriritse z’abashinzwe umutekano, abasirikare basanzwe ba UPDF, polisi cyangwa abashinzwe ubutasi. Ni imbunda zitunzwe n’umutwe wihariye ukomeye kurusha iyindi hano muri Uganda.”

Undi ukomeye watanze amakuru we yibaza impamvu ubuyobozi bwa polisi bwahisemo guceceka kandi ari bwo bwagombaga gukora iperereza. Yemeza ko ibirego ku bakekwaho kwica Kaweesi muri iki gihe byose ari “Agakino ko muri Hollywood”.

Yagize ati “Wenda ‘Special Forces (SFC)’ n’ubuyobozi bwabo twabababarira baramutse baje bakavuga ko imbunda zabo zibwe zigakoreshwa muri ubwo bugizi bwa nabi. Ariko na none twababaza, … tuti ni gute abantu bagera mu bubiko bw’intwaro zanyu ?”

Abantu ba hafi mu gisirikare cya Museveni bemeza ko abamurinda baba barishe Kaweesi kubera amatiku ashingiye ku kurwanira ubutegetsi avugwa mu nzego z’umutekano za Uganda.

Bakeka ko Kaweesi yaba yarabaye inkoramutima y’umuyobozi wa polisi muri iki gihe (Kayihura) maze bakamwica mu rwego rwo guca intege shebuja no kumuha gasopo.

Asobanura ko mu gihe gishize hari abandi basirikare bakuru bagiye bicwa mu buryo buteye urujijo kandi bufitanye isano n’ubuyobozi bukuru bwa Uganda.

Ati” Birakomeye ko wakumva bimwe muri ibi bibazo. Ubwicanyi butegurwa kandi bukemezwa n’ubuyobozi bukuru. Ni gute wasobanura urupfu rw’abahoze ari abayobozi bakuru b’igisirikare nka Kazini na Aronda ?”

“Abo si abantu basanzwe bakwiye gupfa nk’abakapolari ababishe ntibamenyekane. Ni cyo gituma n’impamvu z’iyicwa rya Kaweesi ari nazo zihishe inyuma y’urupfu rwa Aronda, Kazini, Mayombo n’abandi.”

Yunzemo ati “Buriya ni ubwicanyi bwateguriwe hejuru… mu guhishira uruhare rw’ubuyobozi bukuru bagonganisha urwego rw’umutekano n’urundi maze uri hejuru kurusha abandi agasigara ari umwere.”

Yabaye nk’ubihuza no kuba hashize iminsi muri Uganda havugwa uburyo igisirikare gitera inzego za polisi mu gushaka abapolisi babi bihishe inyuma y’ibyaha bitandukanye muri icyo gihugu.

Urupfu rwa AIGP Kaweesi no kunanirwa gushyikiriza ubucamanza abamwishe rutuma hibazwa byinshi ku hazaza h’inzego z’umutekano za Uganda, dore ko bamwe babona rwaba n’intandaro yo gucikamo ibice kwazo.

 

2017-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Judi Rever yajyanye mu nkiko inzu y’ubwanditsi yanze gusohora igitabo cye gipfobya Jenoside

Judi Rever yajyanye mu nkiko inzu y’ubwanditsi yanze gusohora igitabo cye gipfobya Jenoside

Ubwanditsi 25 May 2019
Thomas Nahimana, ingirwapadiri yamunzwe n’ingengabitekerezo ya Hutu-Pawa, ubwambuzi n’ubusambanyi (Igice cya mbere)

Thomas Nahimana, ingirwapadiri yamunzwe n’ingengabitekerezo ya Hutu-Pawa, ubwambuzi n’ubusambanyi (Igice cya mbere)

Ubwanditsi 02 Apr 2020
Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Ubwanditsi 03 Apr 2017
Kagame, Addo na Rajaonarimampianina bategerejwe muri Zambia

Kagame, Addo na Rajaonarimampianina bategerejwe muri Zambia

Ubwanditsi 01 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca
Amakuru

Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Ubwanditsi 26 May 2025
Mpayimana Philippe yashinze ishyaka
ITOHOZA

Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Rubavu: Yapfushije umwana nyuma y’ukwezi ibitaro byanze kumusezerera
Mu Mahanga

Rubavu: Yapfushije umwana nyuma y’ukwezi ibitaro byanze kumusezerera

Ubwanditsi 06 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru