• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Abantu batandatu baguye mu myigaragambyo yo kwamagana Kabila

RDC: Abantu batandatu baguye mu myigaragambyo yo kwamagana Kabila

Ubwanditsi 22 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango w’Abibumbye watangaje ko ku Cyumweru, abantu bagera kuri batandatu biciwe mu myigaragarambyo yo kwamagana Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Joseph Kabila, n’aho abandi batari bacye bagakomereka.

Muri iyi myigaragambyo yabereye hirya no hino mu gihugu abaturage basabaga ko Kabila warangije manda ye ya kabiri ari nayo ya nyuma mu 2016 yarekura ubutegetsi.

Mu gutatanya abigaragambyaga mu Mujyi wa Kinshasa ahari hoherejwe ingabo za Loni zishinzwe kugarura amahoro muri Congo, Monusco, polisi yakoresheje imyuka iryana mu maso.

Umuvugizi wa Monusco yatangaje ko uretse abapfuye hari n’abagera kuri 50 bakomeretse, mu gihe abandi batari bake batawe muri yombi.

Jean-Baptise Sondji, wigeze kuba Minisitiri yabwiye AFP ko yabonye umwana uri mu kigero cy’imyaka 16 yicirwa imbere ya Kiliziya ya Kitambo muri Kinshasa.

Yagize ati “Imodoka ya gisirikare yanyuze imbere ya Kiliziya, batangira kurasa amasasu ya nyayo. Nagerageje kwihisha, umwana w’umukobwa wari iburyo bw’umuryango yararashwe.”

Iyi myigaragambyo yaje ikurikira indi yabaye mu mpera z’umwaka ushize ikagwamo abagera kuri batanu, yamaganwe n’ubuyobozi ndetse ikorwa nta ruhushya rwabanje gutangwa.

Radio Okapi yatangaje ko ibi bitabujije ko nyuma ya misa ya mbere abaturage batuye Kinshasa, Kisangani na Bukavu bigaragambya. Umunyamakuru wayo nawe yayikomerekeyemo.

Iyi myigaragambyo yanashyigikiwe n’abayoboke b’idini rya Islam, aho mbere y’uko iba umuyobozi wabo, Sheikh Ali Mwinyi M’Kuur yasabye ubuyobozi kutabangamira abigaragambya, mu rwego rwo kwirinda ko havuka imvururu.

Kabila wagiye ku butegetsi mu 2001 asimbuye se Laurent Desiré Kabila, yagombaga kubuvaho ku wa 20 Ukuboza 2016. Amasezerano yabashije kugerwaho nyuma y’umwaka manda ye irangiye ariko ntabone umusimbura yateganyaga ko avaho mu mpera za 2017.

Amatora y’umusimbura yagombaga kuba mu 2016 yagiye yigizwa inyuma ku mpamvu z’uko hari byinshi bijyanye n’imyiteguro bitaranoga, ibintu abatavuga rumwe na leta bahamya ko ari uburyo bwo kugira ngo Kabila agume ku butegetsi. Biteganyijwe ko azaba mu Ukuboza 2018.

2018-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Iyo inda yasumbye indagu, Minisitiri Alexis Gisaro Muvunyi agambaniye Abanyamulenge akomokamo.

Ubwanditsi 15 Feb 2023
U Burundi bwirukanye Umuyobozi w’Umuryango wigenga wo mu Bubiligi

U Burundi bwirukanye Umuyobozi w’Umuryango wigenga wo mu Bubiligi

Ubwanditsi 30 Oct 2018
Umugabo wa Yvonne Idamange yatangaje ko yagiriye inama umugore we inshuro nyinshi akamunanira atangaza ko umuryango we witandukanyije n’ibikorwa n’uyu mugore

Umugabo wa Yvonne Idamange yatangaje ko yagiriye inama umugore we inshuro nyinshi akamunanira atangaza ko umuryango we witandukanyije n’ibikorwa n’uyu mugore

Ubwanditsi 08 Feb 2021
Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho

Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho

Ubwanditsi 29 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni agiye gusezerera abajenerali  17 kuva yafata ubutegetsi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni agiye gusezerera abajenerali 17 kuva yafata ubutegetsi

Ubwanditsi 31 Oct 2018
Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu
POLITIKI

Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 18 Jun 2017
Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda
Amakuru

Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru