|
Perezida wa Centrafrique, Prof Faustin Archange Touadera yambitse imidari y’ishimwe ya Loni ba Ofisiye n’abasirikare bato ba batayo ya 4 ikorera mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bwa (MINUSCA) muri iki gihugu.
Uyu muhango wabereye ku biro by’Umukuru w’igihugu (Palais de la Reconnaissance), wari witabiriwe n’abandi bayobozi batandukanye bo muri guverinoma. Perezida Touadera yashimiye byimazeyo u Rwanda n’abasirikare barwo ku bunararibonye, imyitwarire myiza n’ubwitange bagaragaje mu kazi kabo. Yagize ati “Turashima ubwitange mwakoranye akazi kanyu ko kubungabunga amahoro no kugarura ituze mu gihugu cyacu, turashima urukundo n’ubwitange mwatugaragarije mudushakira imibereho myiza”.
Umuyobozi w’Ingabo zo muri Batayo ya kane, Lt Col Emmanuel Nyirihirwe, yashimiye Umukuru w’Igihugu, guverinoma n’abaturage bose ba Centrafrique ku buryo babakiriye n’ubufatanye babagaragarije avuga ko ari byo byatumye buzuza inshingano zabo n’ubutumwa bahawe. Yakomeje agaragaza ibikorwa byaranze ubutumwa bw’amahoro bari maze umwaka bakorera muri icyo gihugu.
Lt Col Nyirihirwe, yanashimiye ubuyobozi bwa MINUSCA kubw’icyizere bwabagiriye kugira ngo abe aribo bahabwa inshingano zo kurinda Umuyobozi w’igihugu n’abandi bayobozi batandukanye muri icyo gihugu. Uyu muhango wanitabiiriwe n’abanyarwanda batuye muri Centrafrique. Biteganyijwe ko gusimburana kw’abasirikare ba Batayo ya kane n’iya gatanu bizatangira ku itariki ya 28 Gashyantare 2018. ![]() ![]() |
|
Inkuru zigezweho
-
FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura | 04 Dec 2025
-
Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira | 03 Dec 2025
-
AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah | 02 Dec 2025
-
Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri | 01 Dec 2025
-
Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic | 30 Nov 2025
-
APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha | 28 Nov 2025








