• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko Umwami Kigeli yameneshejwe nyuma yo kumanura ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa , uko yahungiye i Nyamirambo kwa Rukeba n’uko yajyanywe i Bujumbura kungufu

Uko Umwami Kigeli yameneshejwe nyuma yo kumanura ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa , uko yahungiye i Nyamirambo kwa Rukeba n’uko yajyanywe i Bujumbura kungufu

Ubwanditsi 18 Jan 2017 Mu Mahanga

Mu muhango wo gutabariza Umwami Kigeli V Ndahindurwa wabereye mu Karere ka Nyanza i Mwima kumunsi w’ejo ku cyumeru tariki ya 15 Mutarama 2017, Pasiteri Ezra Mpyisi wabaye umujyanama w’umwami Mutara III Rudahigwa ndetse akaza no kuba umujyanama wa murumuna we Kigeli V Ndahindurwa, yahishuye amabanga menshi abantu batari bazi k’ Umwami Kigeli.

Yavuze ko Umwami Kigeli yafatwaga uko atari ko kandi yakoze byinshi mu mateka kandi byagiriye Abanyarwanda benshi akamaro.

-5402.jpg

Pasiteri Ezra Mpyisi wabaye umujyanama w’umwami Mutara III Rudahigwa

Pasiteri Mpyise avuga ibigwi by’Ubutwari bw’Umwami Kigeli V Ndahindurwa yavuze uko yamanuye ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa ubwo yari yatumweho na Ptrice Lumumba waharaniye ubwigenge bwa Kongo Kinshasa, akaba yari yamutumyeho nk’umuntu wari inshuti ya mukuru we Rudahigwa wari waratanze ingoma.

-5400.jpg

-5399.jpg

Umugogo w’Umwami Kigeli mu Rukali

Kigeli V Ndahindurwa ngo yabwiye Lumumba ati : « Uratinya abazungu » kuko hari habuze umanura ibendera ry’Ababiligi, Kigeli ararimanura aranarikandagira ati ‘undasa andase‘.

Isezerano rya Lumumba na Kigeli

Icyo gihe Lumumba ngo yamusezeranyije ikintu gikomeye, Pastor Mpyisi ati “sinakivuga kuko kirakomeye, ….” arongera ati “Icyo kintu cyari gutuma u Rwanda rwaguka…” twaje kumenya ko ari Rugali rwa rugamba iyo za Masisi muri Congo.
Kuva ubwo ngo Ababiligi bahise batangaza muri Loni ko Kigeli yahunze ko yahungiye I Kinshasa ndetse bategeka Kigeli kudasubira mu Rwanda bavuga ko batazirengera iby’umutekano we ko nasubirayo ashobora kwicwa.

Nguko uko abazungu batangiye gutegura amatora ya Kamarampaka Referandumu ngo basezerere Ubwami burundu, Loni iti : Tuzacyura impunzi abari hanze no mu Rwanda bakore amatora. Ariko Loni ntiyacyuye impunzi kandi bakora amatora, Mpyisi ati :kuko impunzi ntizari bucyurwe Kigeli ari hanze.

-5401.jpg

Ruzindana umwuzukuru wa Nyirimbibi asoma ubutumwa bwa Mukabayojo washimiye cyane Perezida Kagame

Pasiteri Mpyisi ati : Umwami Kigeli V yavuye i Kinshasa ajya i Dar-es salaam muri Tanzania, agerageza kwambuka mu Rwanda ngo agaruke ageze hafi y’Akagera bamuhetse bamwambitse ibyenda by’umugore utwite uri kugise, arambuka aza i Kigali i Nyamirambo kwa Rukeba wari umu RUNAL( ishyaka ry’umwami ) wahatswe i bwami akaba yari umuhutu, Kigeli yihisha mukazu kwa Rukeba yaje guturumburwamo n’Ababiligi kuko bari babimenye, bamukubita muri Kajugujugu bamujyana i Bujumbura.

Nyerere wari Perezida wa Tanzania niwe wamukijije abwira Loni ati muranyicira impunzi karababaho, Mpyisi ati : bamushyira mu ndege bamusubiza i Dar-es Salaam. Mu Rwanda haba Kamarampaka itemewe ikozwe na Loni, Ubwami barabuciye.

Umwami Kigeli atangira kurorongotana Mpyisi ati : Yarabonabonnye, yarababaye, ajya Ethiopia, Kenya, Uganda, ariko ngo muri Uganda bitewe n’ubucuti yari afitanye na Milton Obote wayoboye icyo gihugu, ngo byatumye Abanyarwanda bari impunzi borora inka nyinshi barakungahara, abana babo biga ku buntu muri Makerere University nta nkomyi, ndetse ngo ni we wagiye muri UN asaba ko Perezida Habyarimana Juvenal wategetse u Rwanda (1973-1994) ko yemera imishyikirano impunzi zigataha mu mahoro yanga ko hazapfa abantu benshi, undi arabyanga.

-5403.jpg

Pastor Ezra Mpyisi avuga amateka n’ubutwari bya Kigeli V Ndahindurwa witabye Imana tariki 16 Ukwakira 2016

Pastor Mpyisi ati “Icyambabaje ni ukuba Pasiteri imyaka 60 nigisha Imana ariko ntayizi. Ikindi cyambabaje ni urupfu rw’Umwami Kigeli V wapfiriye mu mahanga adatashye mu Rwanda. Gusa Mpyisi nezezwa no kuba naramenye ko nari injiji muri Bibiliya. Ikindi kinenejeje ni uko Umwami Kigeli V atashye mu Rwanda.”

Habayeho imishyikirano n’Inkotanyi

Mpyisi avuga ko nyuma yaho Kigeli yandikiye Perezida Habyarimana asaba ko impunzi zitahuka Habyarimana akabyanga avuga ko u Rwanda rwuzuye nk’ikirahure gisendereye amazi Kigeli yapanze uko yagera muri Amerika kukicaro cya Loni agasaba ko impunzi zitaha hatabayeho intambara, ariko bamwe mubanyarwanda bari impunzi muri Uganda baramunanira kuko biteguraga gutera igihugu ngo batahe kungufu, Mpyisi ati: habaye imishyikirano Umwami yahuye na Delegation y’abantu 2 bari bavuye munkotanyi ( Ntavuze..) turavugana Kigeli yashakaga kujya muri Amerika kubwira Abanyamerika ibyo gutahuka kw’impunzi, twavuye muri Kenya turi 3 jye Kigeli na Benzinge twari dufite amadorali 300 gusa twembi, twagiye kwa George Bushi mubiro Kigeli yerekana urwandiko yandikiye Habyarimana n’urwo yamushubije bamushyira muri Hotel abayo ndamusiga ndataha. Kigeli ava muri Hotel bamuha icumbi ry’inzu n’imodoka icyo gihe cyose yakomeje yifuza gutaha.

-5398.jpg

-5397.jpg

Mukabayojo Speciose mushiki w’Umwami Kigeli, Christine Ruzibiza, Angele umukobwa wa Nyirimbibi akaba Umugore wa Kale Kayihura ukuriye Police ya Uganda, aba bakobwa ni abuzukuru ba Kigeli.

Mpyisi ati “Icyaha cyazanye icyago, asazira mu mahanga, ariko Imana ishimwe ko asezeweho iwabo i Nyanza. Ba Nyenyanza mwatwakiriye, mushime Imana ko Umwami agarutse iwanyu mukajya muza gusura umusezero we.”

Pastor Mpyisi yagaragaje ko yishimye cyane kuba Umugogo wa Kigeli warazanywe mu Rwanda.

Burasa JG

2017-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

Ubwanditsi 07 Oct 2024
Col Byabagamba akomeje kugundagurana n’Ubushinjacyaha  bwa gisilikare  kubyaha bumukurikiranyeho

Col Byabagamba akomeje kugundagurana n’Ubushinjacyaha bwa gisilikare kubyaha bumukurikiranyeho

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 08 Apr 2025
CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

Ubwanditsi 16 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri
Amakuru

Police FC yaguye miswi na Marines FC, muri shampiyona y’isi, u Rwanda muri Sitting Volleyball y’abagore batsinze umukino wa kabiri

Ubwanditsi 06 Nov 2022
Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha
Mu Rwanda

Kacyiru: Hatangiye amahugurwa y’abagenzacyaha mu bijyanye no gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Ubwanditsi 09 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru