• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Ubwanditsi 11 Apr 2018 POLITIKI

Hari mu 1992, ubwo Leta y’u Rwanda na FPR Inkotanyi bari Arusha mu Mishyikirano yo guhosha intambara yari imaze imyaka ibiri itangiye, uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri icyo gihe, Ngurinzira Boniface, abinyujije kuri Radio Rwanda, yasabye ko buri Muturarwanda ubishoboye yatanga ibitekerezo yifuza ko byajya mu byavugirwaga mu biganiro.

Akimara kubyumva, Maître Laurent Nkongoli nk’umwe mu nzobere mu by’amategeko mpuzamahanga igihugu cyari gifite, yandikiye Guverinoma ya Habyarimana ibaruwa ifunguye. Yasobanuye impungenge yari atewe no kuba ku wa 12 Ukuboza 1975, u Rwanda rwarifashe rukanga gusinya ingingo zimwe na zimwe zo mu Masezerano Mpuzamahanga ya Loni agamije ‘gukumira no guhana icyaha cya Jenoside’ n’ibindi byaha biyishamikiyeho.

Nkuko bigaragara mu kiganiro kirambuye yagiranye n’Ikinyamakuru Rukokoma mu 1992 , Me Nkongoli ahamya ko yandika iyo baruwa ku wa 3 Kanama 1992, wari nk’umusanzu wo kubwira Leta ko hari ingingo z’ayo Masezerano yirengagije nkana. Yari agamije kurengera uburenganzira bw’abaturage no kubarinda ‘Ihohoterwa n’ivangura riganisha kuri Jenoside’, nk’uko byagenze mu 1994 ubwo imbaga y’Abatutsi basaga miliyoni bicwaga.

Amwe muri ayo Masezerano avugwa ni nk’ayemejwe n’Inteko rusange ya Loni ku wa 9 Ukuboza mu 1948, agatangira gushyirwa mu bikorwa ku wa 12 Mutarama 1951, aho ibihugu byose bigize Loni byategekwaga kurinda abaturage babyo Jenoside, nyuma y’iyari imaze guhitana Abayahudi basaga miliyoni esheshatu mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yo kuva mu 1941 kugera mu 1945.

Kubera ko muri icyo gihe u Rwanda rwari mu bihugu bya Afurika bitarabona ubwigenge, rwo rwaje kwemeza ayo Masezerano ku wa 12 Gashyantare 1975, ariko rwifata ku ngingo z’ingenzi zari ziyagize, harimo n’iy’uko rwahakanye rwivuye inyuma kuba rwaryozwa icyaha cya Jenoside n’ibindi byaha biyishamikiyeho.

Mu kiganiro IGIHE  dukesha iyi nkuru ,  Me Nkongoli, yavuze ko byari bibabaje igihugu nk’u Rwanda kugaragaza ko ntacyo bikibwiye kuba abaturage bacyo bakorerwa Jenoside.

Yagize ati “Byari agahomamunwa kuba igihugu nk’u Rwanda cyari cyariyemeje kwerurira Isi yose ko ntacyo bikibwiye kuba abaturage bacyo bakorerwa Jenoside cyangwa kuba bamwe bakwirara mu bandi bakabarimbura.”

Me Nkongoli abajijwe impamvu y’ingenzi yabonaga u Rwanda rwifashe ku ngingo zikomeye nk’izo, yasubije ko byatangiriye kuri Kayibanda Gregoire wabaye Perezida wa Repubulika ya Mbere y’u Rwanda. Uyu ngo yirinze kwigira indyarya nka Habyarimana yanga guhisha urwango yari afitiye Abatutsi, kugeza akuwe ku butegetsi mu 1973 yaranangiye kwemeza ayo Masezerano.

Gusa ngo Habyarimana Juvénal we akimara guhirika Kayibanda, yashatse impamvu zose yakwiyerekana mu ruhando mpuzamahanga nk’uzanye impinduka mu butegetsi no kubanisha abatuye u Rwanda. Yabonye ko nashyira umukono kuri ayo Masezerano yari yarabaye agatereranzamba ku Rwanda azarebwa neza, nk’umuperezida ukoze ibyananiye uwo yahiritse.

Me Nkongoli ati “Kayibanda yarabiretse yanga kuyasinya igice, Habyarimana na we byari kuruta akabireka aho gusinya uduce tumwe utundi akifata. Nibura byari gutuma uburemere bw’ababona isura mbi y’u Rwanda yo gushaka kumara abaturage bayo bwagaragariraga benshi, ariko wenda hari abarebaga u Rwanda ku rutonde rw’abayasinye bakarangazwa nabyo, ntibavumbure ko rwayasinye igice ahandi rukifata.”

Zimwe mu ngingo zikomeye zari nk’inkingi ya mwamba u Rwanda rwifasheho harimo nk’Ingingo ya Cyenda y’ayo Masezerano igira iti “Igihugu cyangwa umuntu wese uzanyuranya n’ibiri muri aya Masezerano, mu kuyagoreka cyangwa kudakora ibiteganijwe muri yo, hamwe no kubangamira iyubahirizwa ryayo, cyane cyane ku ngingo ziri mu ya Gatatu zirebana no kurwanya no gukumira Jenoside mu batuye icyo gihugu. Buri ruhande mu rwayasinye ruzaba rubishaka rwemerewe kugeza mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera rwa Loni urutazaba rwubahirije ibigenwe muri yo.”

Ingingo ya Gatatu yo yagiraga iti “Aya Masezerano agenera ibihano uwo ari we wese ‘Uzakora Jenoside, Gucura umugambi wo gukora Jenoside, Kugerageza Jenoside, Guhamagarira abantu gukora Jenoside mu ruhame ndetse n’ubufatanyacyaha muri Jenoside.”

Me Nkongoli yavuze ko uku kwifata ku itegeko rikomeye kwakozwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana, kwabuhaye rugari mu bikorwa byo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uku ‘Kwifata’ kuri ayo Masezerano, kwaje gukurwaho mu 2009, ubwo u Rwanda rwayashyiragaho umukono uko yakabaye yose.

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubukene bw’imitekerereze bwahejeje Twagiramungu Faustin muri gereza y’irondabwoko

Ubukene bw’imitekerereze bwahejeje Twagiramungu Faustin muri gereza y’irondabwoko

Ubwanditsi 14 Feb 2020
Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame

U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 23 Feb 2018
U Rwanda  rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga

U Rwanda rwamaganye ibivugwa ko rwigeze ruganira n’u Burundi mu ibanga

Ubwanditsi 27 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara
INKURU NYAMUKURU

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Ubwanditsi 24 Oct 2019
Byinshi Utari uzi kugishushanyo kigaragara hejuru y’ Ibere rya Miss Vanessa Uwase
HIRYA NO HINO

Byinshi Utari uzi kugishushanyo kigaragara hejuru y’ Ibere rya Miss Vanessa Uwase

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United
IMIKINO

Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United

Ubwanditsi 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru