• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Ubwanditsi 07 Jun 2018 POLITIKI

Inkuru yo kwiyamamaza kwa Minisitiri Louise Mushikiwabo ku kuba Umunyamabanga mukuru wa OIF yameneyekanye tariki ya 8 Gicurasi uyu mwaka. Yaje kwemezwa bidasubirwaho tariki 23, ubwo Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yatangazaga ko amushyigikiye, nubwo ibihugu byombi bimaze igihe bidacana uwaka kubera Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, u Rwanda rushinja Ubufaransa kugiramo uruhare.

Akimara kumva ibyo, Mushikiwabo yemereye Jeune Afrique ko nawe yifitiye icyizere, ndetse ubu yamaze gutangira gushaka amajwi, cyane ko amatora azaba mu Ukwakira 2018.

Louise Mushikiwabo ubu uyobora Minisiteri y’ububanyi n’amahanga kuva 2009 (ari nawe uyitinzemo kurusha abandi kuva mu 1994)akaba n’umuvugizi wa Leta y’u Rwanda, ni umunyandimi (polyglotte). Yagiye muri iyi minisiteri avuye ku y’Itangazamakuru, inaheruka ubwo.

Yavukiye i Jabana mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, ahahoze ari Komini Rutongo.

Yavutse tariki 22 Gicurasi 1961. Avuka mu muryango w’abatsobe, se umubyara akaba yari umuhinzi wa Kawa.

Bidashidikanywaho, ni Mushiki wa Ndasingwa Landouard uzwi nka Lando (Hotel Chez Lando) wari mu bashinze ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu PL, akaba yarishwe muri Jenoside.

Amashuri abanza yayigiye mu mujyi wa Kigali, ayisumbuye ayiga ku Nyundo mu karere ka Rubavu, mu ishuri Notre Dame d’Afrique. Yize indimi n’ubuvanganzo.

Mu 1981, yagiye muri Kaminuza y’u Rwanda I Nyakinama (ubu ni mu karere ka Musanze) yiga indimi, ariko mu gashami k’Icyongereza.

Mu 1984 arangije I Nyakinama, yabaye umwarimu w’Icyongereza muri Lycee de Kigali (LDK) mu Rugunga rwa Kigali.

Mu 1986, yagiye kwiga muri Amerika, muri kaminuza ya Delaware, ahabonera Master’s mu ndimi n’ubusemuzi.

Arangije mu 1988, yahise yigumira muri USA, akora imirimo yo gusemura avana mu rurimi rumwe ajyana mu rundi. Uku kuguma muri Amerika, byamurinze Jenoside yahitanye benshi mu muryango harimo na Lando.

Mu 2005 yaje gukora muri Banki Nyafurika itsura Amajyambere BAD, nk’umuyobozi ushinzwe itumanaho. Iyi BAD yayoborwaga n’umunyarwanda Dr Donald Kaberuka.

Mu 2006, yanditse igitabo “Rwanda means Universe”, ugenekerereje ngo “u Rwanda bivuga isi yose”, aho avuga ku buzima bwe n’umuryango we kugeza kuri Jenoside yawushegeshe.

Mu 2008, Mushikiwabo yagannye mu Rwanda, agirwa Minisitiri w’Itangazamakuru, nyuma aza kuba Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga kugeza ubu.

Mushikiwabo yatangiye gushaka amajwi

Nk’uko Jeune Afrique ibitangaza, uyu mugore w’umunyandimi (polyglotte) yifitiye icyizere cyo kwegeranya amajwi yose y’ibihugu by’Africa bivuga Igifaransa bikazamutora.

Avuga ko OIF (Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa) ikeneye umuntu nkawe, kandi igomba gukora mu ndimi zose. Awufata nk’itsinda ryaberamo ibiganiro hagati y’ibihugu ku bireba Polotike mpuzamahanga.

JA itangazwa n’uburyo Mushikiwabo akorana na Kagame mahwi, kandi bakaba mu ishyaka rimwe. Umwe mu bakozi ba Leta uzi aba bombi neza, yabwiye JA ko bahuje imikorere n’imyitwarire, ku buryo nta n’umwe uhabanya n’undi. Ati, “Mushikiwabo ni inyabwenge kandi akunda igihugu, ntatinya ibimukoma mu nkokora ahubwo abinyuranamo ishema”.

Kimwe na Perezida Kagame, Mushikiwabo ntiyihanganira na rimwe umuntu utunga agatoki u Rwanda. Iyo bibaye ntaryama ngo asinzire, ataramara gusubiza uwahirahiye kubikora wese.

Ubufaransa n’u Rwanda, “URURABO RUTOHA RWUHIWE”

Ikinyamakuru JA cyabajije Mushikiwabo ku butumwa bwinshi yakunze gutanga ntibwakirwe neza na bamwe mu bayobozi b’Ubufaransa.

JA iti, “Ese ubu twizere ko urunturuntu hagati y’u Rwanda n’Ubufaransa rugiye nk’ifuni iheze (La hache de guerre est-elle désormais enterrée ?)

Mu mvugo ishushanya, Mushikiwabo ati, « Burya igiti ukimenyera ku matunda cyera. Twe n’Ubufaransa ntituragera gusarura amatunda, ariko nibura twamaze gutera igiti dufatanije. Ubu rero hageze kucyuhira ngo gitohe ».

Nubwo u Rwanda rutigeze rwerura ngo rusezere muri OIF, imbaraga igifaransa cyahoranye sizo kigifite ubu, kuko nko mu burezi cyasimbuwe n’Icyongereza kivugwa na benshi mu bari mu butegetsi.

Mu nzego zose, inyandiko zirakorwa mu Cyongereza : inzego za Leta, izikorera, amabanki, amahoteli, ibigo by’ubwishingizi n’iby’itumanaho.

Mu itangazamakuru, amakuru mu gifaransa aboneka gake cyane, nubwo kuri Televiziyo ya Leta acaho, ariko kuri Radio Rwanda ntikiharangwa, yemwe n’ibiganiro nka Samedi dettente byakorwaga mu gifaransa ubu birakorwa mu kinyarwanda. Izi mpinduka zateye benshi mu bavuga igifaransa ubushomeri.

Ese mushikiwabo azayobora umuryango w’ururimi mu gihugu cye bamaze gutesha agaciro, cyangwa ajyanwe muri OIF no kukigarura, abazi urwo ruzungu bakongera kurudidibuza?

Uko biri kose, abanyafurika bamuri inyuma, natwe Bwiza.com (kimwe mu binyamakuru bigitaguza bitangaza no mu Gifaransa) tumwifurije amahirwe.

source : BWIZA

2018-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore

Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore

Ubwanditsi 11 May 2018
Ibihe bizirikanwa by’Ivuka ry’u Rwanda rushya rwa bose rwubatswe na FPR Uhereye 1994

Ibihe bizirikanwa by’Ivuka ry’u Rwanda rushya rwa bose rwubatswe na FPR Uhereye 1994

Ubwanditsi 20 Jul 2025
Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Bernie Sanders akomeje kuzamura amahirwe yo kuzahatana na Donald Trump mu matora

Bernie Sanders akomeje kuzamura amahirwe yo kuzahatana na Donald Trump mu matora

Ubwanditsi 24 Feb 2020

3 Ibitekerezo

  1. Kalisa
    June 11, 20188:40 am -

    Dukosore:polyglotte ntibivuga uwize indimi, bivuga uvuga indimi nyinshi.Ushobora kumenya indimi nyinshi utarize lettres.Lénine yari azi indimi zirenga 16 ariko ntiyari umunyandimi ahubwo yari polyglotte. Mushikiwabo ndumva azi ikinyarwanda,igiswayili;icyongereza n’igifaransa. Nta kirusiya azi, nta cyarabu,nta espanol,nta portugais, nta kimandarin, nta kilatini ubwose abaye polyglotte gute?

    Subiza
  2. Intareyakanwa
    June 16, 201811:42 am -

    Amakuru mumutanzeho kabisa ni make cyane kurusha ayo dusanzwe tumuziho kuva muiri iyo myaka yo hambere!

    Subiza
  3. Bandora Charles
    June 28, 20188:26 pm -

    Mushikiwazo ( inkotanyi ) ndamukunda birenze ukwemera, nkunda uko ubuzima bwe, uko akunda abantu, afite urugwiro, agakunda ibyiza birwira ku Rwanda, ni Umugore mugabo, muberarugo, intiti y’ Urwanda, nakomere ntibagiye na Chef ariwe PK intore iruta zose, bose ni bamwe, tubari inyuma. ( ariko ntimwibwire ko ndi bandora charles yanze agakora hasi akatumaraho abacu!!!! no )

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI,  ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI, ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda

Ubwanditsi 21 Apr 2018
Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”
Amakuru

Mu gihe cy’iminsi itatu, Inyubako ya BK Arena igiye kwakira imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball, “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”

Ubwanditsi 01 Jul 2022
Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup
Amakuru

Amafoto – Ilya Slepov yegukanye irushanwa rya IRONMAN 70.3 Rwanda 2022 ryari ribaye bwa mbere mu Rwanda, AS Kigali yasubiriye APR FC iyitwara igikombe kiruta ibindi cya Super Cup

Ubwanditsi 15 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru