• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Editorial 05 Jul 2018 ITOHOZA

Umukobwa wa Col. Aloys Nsekarije, Akana Alice, wabaye igihe kinini mu Bubiligi yatangaje ko muri iki gihugu hari abanyarwanda bakigendera mu macakubiri y’irondakoko n’irondakarere ndetse ngo hari n’insengero zihariwe buri bwoko.

Ibi yabikomojeho mu kiganiro yari yatumiwemo kuri Televiziyo y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 04 Nyakanga 2018 cyari gifite insanganyamatsiko igira iti ‘‘Urugendo rwo kwibohora no gusigasira ibayagezweho’’.

Akana yavuze ko mu bihugu by’amahanga, hari abanyarwanda bacyibona mu ndorerwamo y’amoko ku buryo bashyiraho aho abo bumva ibintu kimwe bazajya bahurira.

Yatanze urugero rw’ibiba mu Bubiligi agira ati ‘‘Habaho ibyiciro byinshi cyane. Habaho insengero z’abahutu, iz’abatutsi, iz’abanyenduga, iz’abakiga n’utubari bagendamo.’’

Yakomeje avuga ko abana b’abanyarwanda bari hanze by’umwihariko mu Bubiligi hari abafite amakuru mabi ku gihugu, bitewe n’uko baba baboshywe n’amateka y’ababyeyi babo bafite ibyo bicyeka bigatuma badasura u Rwanda cyangwa ngo baruvuge neza.

Ati “ [Abo bana] Ntabwo bafite uwo mwanya wo gukurikira iby’u Rwanda, ibyo bakurikira by’u Rwanda ni ibyo bahererwa mu rugo iwabo […] ikintu mbona cyakorwa ni ugufata urubyiruko ruri hano [mu Rwanda] rutari muri politike bakarujyana i Burayi bagakina n’abana bari i Burayi b’abanyarwanda babaganiriza u Rwanda. Ibi bizatuma abana bari hariya babohoka […] mu rugo kwa kanaka barabikumvisha baravuga bati hariya ni mu batutsi hariya ni mu baki […] hari igihe kigera ukumva iby’u Rwanda bitakikureba.”

Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu, Bamporiki Edouard, nawe wari muri iki kiganiro yavuze ababyeyi nk’aba bakibaswe n’ingengabitekerezo ishingiye ku moko bagendera kuri politiki yaranze u Rwanda mu myaka ya 1959 kugeza 1993; ndetse ko ari ibintu bigwingiza ababakomokaho mu ntekerezo.

Ati “Iyi myaka yose ishize abantu bari kwiyubaka nta musanzu yaduteye kandi nawe ntawo yiteye. Ni ukuvuga ngo aracyaboshywe, umwana wavukira muri uwo muryango byagorana kuvuga ngo yahita amera nk’uwavukiye mu muryango muzima umwereka ibizima. Ni ukuvuga ngo ni umwana wagwingiye mu ntekerezo aho gukura ajya imbere agenda asubira inyuma mu ntekerezo zipfuye z’abakurambere be batekereje batyo.’’

Nk’uko Bamporiki yakomeje abisobanura ngo guhindura umwana wavukiye kandi agakurira mu myumvire y’ababyeyi bakiboshye n’ingengabitekerezo ‘ni ikintu gikomeye cyane dufitemo inshingano yaba itorero cyangwa n’igihugu muri rusange’.

Bamporiki yasabye ababyeyi bari hanze y’u Rwanda bafite impamvu zibabuza kuza mu gihugu cyababyaye, badakwiye kubuza abana babo kukigeramo.

Ati ‘‘Umuntu wumva ibyaha yakoze no gukomereka kwe bitatuma agera mu Rwanda, nahe amahirwe umwana we ahagere, kuko abenshi bazirika abo bana bo baranahabaye, u Rwanda barubayemo imyaka nka 40 baragenda, ariko ntashaka guha umwana we amahirwe yo kurubamo n’umunsi umwe ngo arugire urwe rumukamire nawe azarurage abe.’’

Akana Alice na se Nsekarije Aloys

Buri mwaka Leta y’u Rwanda itegura Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, ikitabirwa n’abayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu, aho abanyarwanda baba hanze y’u Rwanda bayitabira.

Hari kandi izindi gahunda zirimo nk’Itorero ry’Igihugu rifasha abanyeshuri b’abanyarwanda baba mu mahanga gusogongera ku ndangagaciro n’umuco wa kinyarwanda.

Rwanda Day nayo ni ikindi gikorwa gifasha abari mu mahanga kumenya aho igihugu kigeze mu iterambere, bakanasobanurirwa umusanzu bitezweho ngo gikomeze kwiyubaka.

 

 

2018-07-05
Editorial

IZINDI NKURU

Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Editorial 21 Nov 2016
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Editorial 06 Jun 2024
Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa  FDLR

Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa FDLR

Editorial 27 Jan 2017
Muri Amerika baragaragaza impamvu u Bufaransa bugomba kuba  bwaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi

Muri Amerika baragaragaza impamvu u Bufaransa bugomba kuba  bwaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 15 Dec 2017

3 Ibitekerezo

  1. Shimon
    July 5, 20188:00 pm -

    Ariko ariko ariko, Alice wee, ahahahaa, nzaba numva!

    Subiza
  2. ndirwanda
    July 6, 20189:28 am -

    simon wimuseka kuko ibyo avuga nukuri ababyeyi bakwiye gutoza abana ko abanyarwanda ari bamwe niba ikibazo kiri kubayobozi bakaba aribyo bababwira kuko mu rwanda akenshi uyo boye ashaka iturufu ituma aramba kubuyobozi ikaba ethnic kdi nubwo bwoko siko bukira bwose cyeretse abatoneshejwe.rubanda rugufi ruhora mubibazo niko mbibona

    Subiza
  3. NTAMBARA Jean
    July 10, 20182:52 pm -

    Mwene Macinya yaravangiwe!
    Uziko so yatubujije kwiga sha? Mwe amashuri barayabaha muyatera inyoni, none ngo uje guteta aha utubwira ubusa….. Mbese wowe na musaza wawe Mitsindo ko babohereje i buraya kwiga bikabananirs, muragira ngo HE abamarire iki kandi muri inanga?
    HE yaragowe gutegeka abantu bameze nkawe….

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore ibintu 3 byari byihishe inyuma y’urugendo rwa Safi Madiba i Dubai “INKURU IRAMBUYE”
IMIKINO

Dore ibintu 3 byari byihishe inyuma y’urugendo rwa Safi Madiba i Dubai “INKURU IRAMBUYE”

Editorial 07 Nov 2016
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe
Mu Rwanda

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe

Editorial 02 Mar 2017
Minisitiri muri Israel yashimangiye umubano w’u Rwanda n’igihugu cye ubwo yakiraga Perezida Kagame
Mu Rwanda

Minisitiri muri Israel yashimangiye umubano w’u Rwanda n’igihugu cye ubwo yakiraga Perezida Kagame

Editorial 10 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru