• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo

Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo

Editorial 16 Dec 2018 POLITIKI

Kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Ukuboza 2018, Polisi ya Uganda iri guhigisha uruhindu Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine, umudepite akanaba umuhanzi ukomeye cyane muri Uganda. Mu butumwa uyu muhanzi yagendaga acisha kuri Twitter ye nimugoroba ari mu bwihisho, yatabazaga avuga ko Polisi yamaze kugota hotel yitwa City Hotel yarimo, ndetse ko abenshi mu bari bitabiriye igitaramo cye bamaze gutabwa muri yombi ari na ko abandi bakubitwa.

Bobi Wine wahigishwaga uruhindu yagombaga gukorera igitaramo mu karere ka Jinja gaherereye mu Burasirazuba bwa Uganda, gusa birangira we n’abantu be birukanwe mu mujyi na Polisi.

Ati” Polisi yirukanye abantu bacu mu mujyi wa Jinja ibatunze imbunda, ibageza i Lugazi. Bakubise bamwe muri bo, babata muri yombi banabakurura baberekeza mu modoka za polisi zabajyanye ahantu hataramenyakana kandi nta cyaha bakoze.”

Bobi Wine yavuze ko bijya gutangira Polisi yagose Hoteli bari bari kuruhukiramo mbere yo kujya mu gitaramo. Nyuma ngo abo bari kumwe batawe muri yombi, Polisi ikikiza ako gace ari na ko inamuhiga.

Bobi avuga ko atumva impamvu Polisi yategereje ko umwijima uza kugira ngo abe ari bwo ikora ibyo yari igambiriye, bityo agasanga ibyabaye byari byarateguwe.

Amakuru aturuka muri Uganda avuga ko kuva nimugoroba kugeza magingo aya Bobi Wine akihishe, gusa akaba agishakishwa na Polisi ya Uganda.

Mu butumwa Bobi Wine aheruka kwandika kuri Twitter ye, yavuze ko Polisi yafunze imihanda yose mu rwego rwo kumushakisha, gusa akaba adashobora kuyigaragariza ngo kuko acyibuka urwo yaboneye muri Arua.

Ibyabereye Arua Bobi Wine avuga byabaye muri Kanama uyu mwaka, aho inzego z’umutekano za Uganda zamukoreye iyicarubozo zimushinja gutera amabuye imodoka za Perezida Museveni.

Ibyabaye kuri Bobi Wine kandi byatumye abantu batandukanye bahaguruka, bamagana ibikorwa by’ubunyamaswa leta ya Uganda ikomeje gukorera uyu mudepite. Mu bagize icyo bavuga, harimo D.r Kiiza Besigye urwanya ubutegetsi bwa Museveni. Uyu yavuze ko ibyabaye bihagije, bityo ko ari cyo gihe cyo guhaguruka bagahangana n’ihohoterwa NRM ikomeje gukorera abatavuga rumwe na yo.

2018-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Editorial 13 Jul 2018
Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Editorial 09 Sep 2024
RDC: Moïse Katumbi yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi

RDC: Moïse Katumbi yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi

Editorial 17 Aug 2018
Mpayimana agiye kwiyamamariza kuba umudepite nyuma yo gutsindwa amatora ya Perezida

Mpayimana agiye kwiyamamariza kuba umudepite nyuma yo gutsindwa amatora ya Perezida

Editorial 22 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 03 May 2024
Bimwe mu byaranze ubuzima bwa Mowzey Radio usize abana 3 n’abagore 2
HIRYA NO HINO

Bimwe mu byaranze ubuzima bwa Mowzey Radio usize abana 3 n’abagore 2

Editorial 03 Feb 2018
Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala

Editorial 10 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru