• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga
Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’Ikoranabuhanga no guhanga udushya, Irere Claudette, avuga ko leta ishaka ko buri muryango utunga telefoni igezweho

Banki y’Isi yagaragaje icyizere mu bukungu bw’u Rwanda n’icyuho mu gukoresha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 29 Jan 2020 UBUKUNGU

Raporo ya Banki y’Isi ku ishusho y’ubukungu mu gihe giciriritse, yagaragaje ko muri rusange iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda mu bihembwe bitatu bya 2019 bwari buhagaze neza, ibi bikaba byaratewe n’uburyo igihugu cyakomeje gutera imbere kubera ishoramari rikomeye.

Banki y’Isi ivuga ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigera kiri ku 10.9% mu mezi icyenda ya 2019, ugereranyije 8.2% by’ayo mezi ya 2018.

Ivuga ko ibi byatewe n’ishoramari ritari irya leta harimo iry’abikorera, iterambere mu by’ikoranabuhanga n’ibindi.

Iyi banki ivuga ko ibikorwa by’ubwubatsi mu 2019 byazamutse kuri 31% mu bihembwe bitatu by’uwo mwaka, serivisi zizamuka 10.7% mu gihe inganda ari 12.3%. Igaragaza kandi ko mu buhinzi ho byari 5.8%.

Mu 2020, ubukungu ngo buzakomeza guhagarara neza kuko buzakomeza kugera ku 10%, ifaranga ry’igihugu na ryo rigakomeza guhagarara neza.

Nubwo bimeze gutyo, Banki y’Isi igira inama u Rwanda ko rugomba kwitondera gukomeza gushingira ku mishinga y’ishoramari rushyiramo amafaranga.

Ivuga ko leta gushora amafaranga mu bikorwa kugira ngo igere ku ntego iba yarihaye harimo ibikorwa remezo, bizamura imyenda bigatera icyuho, bikaba byanabangamira ibindi bikorwa by’iterambere rirambye.

Ku bijyanye n’iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga, banki y’Isi ivuga ko leta yakoresheje ingufu kugira ngo igihugu kibe mu bihugu bimaze gutera imbere mu karere no ku Isi, ariko hakiri ikibazo cy’uburyo abantu barikoresha.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ikoranabuhanga mu itumanaho n’isakazabumenyi (RISA), kigaragaza ko igipimo cy’abanyarwanda bafite ubumenyi mu gukoresha ikoranabuhanga ari 8%, bisobanuye ko hari icyuho cya 92% badafite ubumenyi ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga.

Impuguke mu by’ubukungu n’iterambere muri banki y’Isi, Isabella Hayward, avuga ko iterambere ry’ikoranabuhanga mu Rwanda, ryazamutse mu buryo bwihuse mu myaka itanu ishize, ku kigero cya 12.7%.

Banki y’Isi ivuga ko ikwirakwizwa rya internet ya 3G mu gihugu riri ku kigero cya 93.5%, mu gihe muri aka karere ho bakiri kuri 76% gusa.

Ivuga ko ku bufatanye n’ikigo, Korean Telecom Rwanda Networks (KTRN) cyo muri Koreya, ikwirakwizwa rya interneti ya 4G riri kuri 96.6%.

Isabella yagize ati “Nubwo u Rwanda rukomeje gukwirakwiza ubu buryo bw’ikoranabuhanga mu buryo bwiza, haracyari icyuho mu buryo bwo kurikoresha”.

Isabella avuga ko hakiri ikibazo cy’abaturage bataragerwaho na telefone zigezweho n’abatagerwaho na interneti ya 2G na 3G, ku buryo ngo 74.3% by’abakoresha telefoni uzasanga bakomeza gukoresha 2G mu gihe igenda gake.

Avuga ko aba bahitamo guhamagara cyangwa gukoresha ubutumwa bugufi (SMS).

Mu bindi bibazo Banki y’Isi isanga bikibangamye, ni uko usanga abikorera na bo batarajya mu murongo w’ikoranabuhanga, ku buryo usanga ikoranabuhanga rikoreshwa n’ibigo bya leta cyane.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ikoranabuhanga mu itumanaho no guhanga udushya, Claudette Irere, avuga ko guverinoma y’u Rwanda imaze gukora byinshi kugira ngo abanyarwanda bagerweho n’ikoranabuhanga, gusa agaragaza ko hakiri icyuho kirimo no kuba abenshi badashobora kugerwaho na telefoni zigezweho (Smartphone).

Aha niho agaragaza ko kugira ngo abantu bigishwe ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, binasaba ko baba bafite icyo uri bubigishirizeho.

Irere yavuze ko iyi ari yo mpamvu hatangirijwe ubukangurambaga bwiswe Connect Rwanda, bugamije kureba ko imiryango idafite telefone zigezweho izibona.

Yagize ati “Kwigisha abantu badafite telefoni zigezweho nabyo ni ikibazo, aha niho haje gahunda yishwe Connect Rwanda, aho abantu bitanga icyo bashoboye kugira ngo izi telefone zigere ku banyarwanda benshi, uyu munsi 14% by’abanyarwanda nibo bafite gusa smartphones, ubu dufite ingo zirenga miliyoni ebyiri zidafite telefone, iyi gahunda igamije ko mu mezi atatu twaba twageze kuri miliyoni imwe.”

Yavuze ko icyo bivuze ari uko kwigisha abantu bizoroha kuko nibura bazaba bafite ibyo barimo kwigishirizwaho.

2020-01-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Ruswa si umwihariko wa Afurika ariko igomba gucika – Perezida Kagame

Ubwanditsi 30 Jan 2018
New York : Kagame yavuze uko u Rwanda rwasenywe na Jenoside rwiyubatse

New York : Kagame yavuze uko u Rwanda rwasenywe na Jenoside rwiyubatse

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Ubwanditsi 16 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru
Mu Rwanda

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Ubwanditsi 16 May 2017
Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare
HIRYA NO HINO

Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Ubwanditsi 16 May 2019
Urukiko rwemeje ko Mutuyemariya Christinewari ushinzwe ubutegetsi n’imari muri ADEPR arekurwa
Mu Rwanda

Urukiko rwemeje ko Mutuyemariya Christinewari ushinzwe ubutegetsi n’imari muri ADEPR arekurwa

Ubwanditsi 29 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru