• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»U Rwanda rwizeye kungukira mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo muri Israel

U Rwanda rwizeye kungukira mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo muri Israel

Editorial 13 Feb 2020 UBUKERARUGENDO

U Rwanda rubinyujije mu Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) n’ibindi bitanga serivisi z’ubukerarugendo ruhagarariwe mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo rizwi nka International Mediterranean Tourism Market (IMTM 2020) riri kubera mu Mujyi wa Tel Aviv muri Israel.

IMTM ni imurikagurisha ryagutse, rimeze nk’igikorwa gihuza abashoramari bakomeye mu by’ubukerarugendo mu bihugu byo mu Burasirazuba bw’Inyanja ya Méditerranée. Ryatangiye kuri uyu wa 11 Gashyantare mu gihe rizasozwa ku wa 12 Gashyantare 2020.

U Rwanda ruhagarariwe na RDB n’ibigo bitanu birimo Sosiyete y’Ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, Palast Tours &Travel, Albertine Tours, Beautiful Rwanda na Rwanda Eco Company.

Iri murikagurisha ryitabiriwe n’abantu batandukanye barimo na Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Joseph Rutabana.

Biteganyijwe ko ku wa Kane tariki ya 13, abahagarariye ibigo byo mu Rwanda bazaganira n’abikorera n’abandika inkuru z’ubukerarugendo baba muri Israël.

Abanya-Israel bakora ingendo nibura 4,000,000 buri mwaka. Ishoramari n’inyungu ishingiye ku bukerarugendo hagati ya Israel n’u Rwanda yavuye kuri 3.6% mu 2015 igera kuri 25.9% mu 2019.

Ni imibare yitezweho kuzamuka cyane ko kuva ku wa 25 Kamena 2019 indege ya Sosiyete Nyarwanda ikora ingendo zo mu kirere, RwandAir, yageze i Tel Aviv muri Israel.

RwandAir yavuze ko izi ngendo nshya zerekeza muri Israel zizongera imbaraga mu mubano mwiza n’ubuhahirane bisanzwe biri hagati y’u Rwanda na Israel cyane mu rwego rw’ubucuruzi.

U Rwanda rwishimiwe cyane binyuze ku hanyu hamurikiwe ibicuruzwa na serivisi zarwo by’umwihariko ikawa iva mu rw’imisozi 1000 yishimiwe cyane. Nirwo rwo gihugu cyonyine cyaserukanye ababyinnyi (Itorero Urukerereza) muri iri murikagurisha byanatumye abantu bagana aho ryamurikiye ibikorwa byarwo, barizihirwa.

IMTM iri mu bikorwa bihuza abantu benshi muri Israel kuko mu mwaka wa 2019 yasuwe n’abasaga 26800. Iri murikagurisha rimaze imyaka 26 riba buri mwaka, ryitabirwa n’ibihugu birenze 57; riberamo ibiganiro mbwirwaruhame bitandukanye bigera kuri 40, abaminisitiri b’ubukerarugendo 14 bamaze kuryitabira.

Umwaka ushize abamuritse ibikorwa by’ubukerarugendo bari bafite stands 265, amahoteli 57, abatanga serivisi z’ubukerarugendo 126, abayobora n’abafasha mu ngendo 29, ibigo by’abatwara abantu n’ibintu mu nzira y’ikirere 19, abatwara abantu n’ibintu mu nzira y’ubutaka 18.

Ibikorwa by’imurikagurisha rimenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda byiyongera ku bindi bikomeye birimo amasezerano rwasinye na Arsenal FC yo mu Bwongereza, Paris St Germain yo mu Bufaransa na Film mbarankuru ya Rwanda: The Royal Tour.

RDB igaragaza ko mu 2017 u Rwanda rwinjije miliyoni $438 zivuye mu bukerarugendo, intego ya Guverinoma ni uko mu 2024 inyungu ruvana mu bukerarugendo izagera kuri miliyoni $800.

Abitabiriye iri murikagurisha basogongeye ikawa y’u Rwanda

Kageruka Ariella yakira umwe mu bifuza gukorana n’u Rwanda mu bukerarugendo

Kambogo Ildephonse wa RDB aganira na Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Joseph Rutabana

RwandAir yamuritse ibikorwa byayo byo gukora ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu mu nzira y’ikirere

Uko haba hameze iyo bafungura imurikagurisha IMTM muri Israel

Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo ribera muri Israel ryitabirwa n’abantu batandukanye

Iri murikagurisha ryitabiriwe n’abantu benshi baturutse mu bihugu bitandukanye

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo no kubungabunga za Pariki muri RDB, Kageruka Ariella, ari kumwe na bamwe mu bahagarariye ibihugu byabo basuye stand y’u Rwanda

Rutagarama Aimable uyobora Ishami ry’Ubukerarugendo muri PSF n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo no kubungabunga za Pariki muri RDB, Kageruka Ariella, hamwe n’abahagarariye ibihugu byabo basuye stand y’u Rwanda

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo no kubungabunga za Pariki muri RDB, Kageruka Ariella, yakira abashaka amakuru ku bukerarugendo mu Rwanda

Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Joseph Rutabana na Minisitiri w’Ubukerarugendo muri Israel basura stand y’u Rwanda

Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Joseph Rutabana aganira n’umwe mu ba dipolomate baje gusura stand y’u Rwanda

Abanyamakuru baba bitabiriye ari benshi IMTM muri Israel

IMTM iri mu bikorwa bihuza abantu benshi muri Israel kuko mu mwaka wa 2019 yasuwe n’abasaga 26800

Itorero Urukerereza ryasusurikije abasuye stand y’u Rwanda

Src : IGIHE

2020-02-13
Editorial

IZINDI NKURU

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zigana Abuja muri Nigeria

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zigana Abuja muri Nigeria

Editorial 15 Dec 2017
Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Editorial 29 May 2018
Kwanga gufungurirana ikirere muri Afurika ni ukureba hafi -Perezida Kagame

Kwanga gufungurirana ikirere muri Afurika ni ukureba hafi -Perezida Kagame

Editorial 27 Feb 2019
U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Editorial 19 Apr 2018
RwandAir yemerewe gutangira ingendo zigana Abuja muri Nigeria

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zigana Abuja muri Nigeria

Editorial 15 Dec 2017
Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Editorial 29 May 2018
Kwanga gufungurirana ikirere muri Afurika ni ukureba hafi -Perezida Kagame

Kwanga gufungurirana ikirere muri Afurika ni ukureba hafi -Perezida Kagame

Editorial 27 Feb 2019
U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Editorial 19 Apr 2018
RwandAir yemerewe gutangira ingendo zigana Abuja muri Nigeria

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zigana Abuja muri Nigeria

Editorial 15 Dec 2017
Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Editorial 29 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru