• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki
Ben Rutabana na mushikiwe Adeline Rwigara

Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki

Editorial 06 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Iburanisha mu rukiko rwo muri Uganda ryahagaze kuri uyu wa kane nyuma y’aho Benjamin Rutabana uzwi  nka Ben Rutabana wo mu mutwe w’iterabwoba RNC , atabonetse mu rukiko.

Umunyamategeko uburanira leta ya Uganda yavuze ko bashakishije ahantu hose bacyekaga ko Ben Rutabana ari, ariko ntibamubone,yaba urwego rw’ubutasi rwa CMI,ISOn’iperereza rya Polisi bose bakuriye inzira k’umurima uru rukiko.

Ababuranira Ben Rutabana bo bavuze ko bazakomeza kumushakisha kandi ko bategereje ibizava mu biganiro hagati y’u Rwanda na Uganda,gusa umwunganizi wa Ben Rutabana avuga ko babonye ibimenyetso simusiga byatanzwe n’urwego rw’abinjira n’abasohoka ruhamya ko Ben Rutabana yinjiye muri Uganda.

ibi bibaye kandi mu gihe bamwe mu bice byiyomoye kuri RNC bikomeje kwitana bamwana aho igice cya RNC gikuriwe na Kayumba Nyamwasa gishinja uruhande rwa Jean Paul Turayishimiye na Lea Karegeya ko arirwo ruzi aho Ben Rutabana ari,naho umuryango wa Ben ugashinja Kayumba Nyamwasa we n’urwego rwa CMI kumurigisa.

Inzego z’umutekano za Uganda zagejeje ku Rukiko Rukuru raporo zinyuranye zivuga ko zagerageje gushaka Ben Rutabana, mu bigo byazo ariko ntizimusangemo, ibi bikaba byashyize akadomo ku bubasha bw’urukiko kuri uyu mugabo umaze amezi atandatu yaraburiwe irengero.

Izo raporo zirimo iz’inzego za polisi zishinzwe amaperereza atandukanye, urushinzwe iperereza rya gisirikare n’iry’imbere mu gihugu n’iy’umushinjacyaha wa leta. Izi raporo zose zagejejwe mu rukiko n’umushinjacyaha mukuru wa leta kuri uyu wa Kane.

Mu minsi ishize nibwo Urukiko Rukuru rwa Kampala rwategetse inzego zose z’umutekano zirimo Urwego rwa Gisirikare rushinzwe ubutasi, CMI, n’Urwego rushinzwe iperereza mu gihugu, ISO, kugeza Rutabana mu rukiko.

Rutabana yafashwe muri Nzeri umwaka ushize. Yabanje kujyanwa ku cyicaro cya CMI i Mbuya, nyuma arahakurwa ajyanwa ku cyicaro cya ISO, aza gusubizwa kuri CMI, gusa ibi byose byakorwaga mu ibanga rikomeye.

Nyuma y’uko Umushinjacyaha wa leta abwiye urukiko rukuru ko Rutabana atari mu maboko y’inzego z’umutekano z’igihugu, abamwunganira mu by’amategeko basanga gukurikirana ikibazo cye mu nzego z’ubutabera gisa nk’ikirangiriye ahangaha kuko ari nta kindi ubucamanza bwakora.

Umwe mu banyamategeko ba Ben Rutabana witwa David Gureme Mushabe, yabwiye Ijwi ry’Amerika, ko nta handi bajya kuko bakiniraga mu kibuga cy’amategeko none kikaba cyafunzwe.

Ati “Magingo aya dosiye yafunzwe, iyo urukiko rusabye ko umuntu agaragazwa izo nzego zishinzwe umutekano zikandika zivuga ko zitamufite mu mfungwa, ubwo aho niho kure urukiko rushobora kugera. Ubu ahasigaye ni ugukoresha inzira za politiki kubera ko izo nzego zishobora kuba zifite umuntu zikandika zivuga ko zitamufite. Twakiniraga ku kibuga cy’amategeko none baragifunze nta handi twajya”.

Nubwo inzego z’umutekano n’ubushinjacyaha zivuga ko Rutabana atari mu maboko yabo, Mushabe afite icyizere ko umukiriya we ari ku butaka bwa Uganda.

Ati “Umva, amakuru mfite aranyemeza ko ari mu maboko ya CMI nubwo bwose ntafite aho byanditse, mfite abantu bakorana na CMI babimbwiye, ndibwira ko akiri muzima”.

Akomeza avuga ko “Nk’umunyamategeko akazi kanjye karangiye ariko nk’abavandimwe n’inshuti bashobora gukomeza izindi nzira harimo n’iza politiki”.

Abanyamategeko ba Rutabana bavuga ko yafatiwe i Kampala n’abantu bari bambaye imyenda ya gisivili bavuga ko ngo bakorana n’amashami ya gisirikare ashinzwe iperereza CMI na ISO mu gitondo cya tariki 8 Nzeri 2019, kuva ubwo akaba yaraburiwe irengero.

Amakuru avuga ko Ku wa 4 Nzeri 2019 aribwo Ben Rutabana yahagurutse i Bruxelles n’indege ya sosiyete ya Emirates Airlines ya saa 21:45 yerekeza i Kampala aho yari agiye mu bikorwa by’umutwe w’iterabwoba wa RNC asanzwe abarizwamo, abereye komiseri ushinzwe kongera ubushobozi.

Muri uru rugendo ngo yabanje guhagarara i Dubai mbere yo kugera ku kibuga cy’indege cya Entebbe ku wa 5 Nzeri saa saaba n’iminota 50.

Muri iki gihe Yakomeje kuvugana kuri telefoni n’umugore we Diane Rutabana hagati y’itariki 5-8 Nzeri gusa nyuma ntiyongera kumva ijwi rye. Rutabana ngo yagombaga gusubira mu Bubiligi ku wa 19 Nzeri nabwo akoresheje Emirates Airlines, ariko baramutegereje baraheba.

Hari amakuru yagiye avugwa ko yaba yararigishijwe na bagenzi be bahurira mu mutwe w’iterabwoba wa RNC barangajwe imbere na Kayumba Nyamwasa na muramu we Frank Ntwali, kubera ubwumvikane buke bari bafitanye.

Umuryango wa Rutabana umaze kwandikira amaburuwa atabarika Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda ari nako utakambira Leta y’u Bufaransa nk’igihugu afitiye ubwenegihugu ngo kigire icyo gikora kuri iki kibazo, gusa byose byabaye ubusa.

2020-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Editorial 16 Dec 2024
“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Editorial 23 Jun 2022
” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

Editorial 12 Mar 2018
RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

Editorial 14 Aug 2018
U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Editorial 16 Dec 2024
“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Editorial 23 Jun 2022
” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

” Ntabwo Museveni yahakana ko yafashe Ubuganda, adafite ubufasha bwa Habyarimana ” – Twagiramungu Faustin

Editorial 12 Mar 2018
RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

Editorial 14 Aug 2018
U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Editorial 16 Dec 2024
“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Editorial 23 Jun 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru