• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo miliyoni 30 z’amadolari

Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo miliyoni 30 z’amadolari

Ubwanditsi 11 Mar 2020 UBUKUNGU

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije ku mugaragaro umushinga wo kuhira ibihingwa ku butaka bwagutse, watangijwe n’Umuherwe Howard Buffet, mu Murenge wa Nasho, mu Karere ka Kirehe.

Yatangije uwo mushinga kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Werurwe 2020 mu gikorwa cyabimburiwe n’urugendo rwo kuzenguruka ibice bitandukanye bikorerwaho ubuhinzi n’abanyamuryango ba koperative yo kuhira mu Murenge wa Nasho.

Umuherwe Howard Buffet yavuze ko ubwo yaganirizaga abaturage bo muri aka gace ku mushinga ushobora kubafasha kubona amazi ahoraho yo kuhira ibihingwa byabo, bumvaga bidashoboka.

Ati “Nkigera hano nabwiye abahinzi ko ngiye kubazanira imvura izajya igwa igihe cyose bashakiye, barandeba bumva ko bidashoboka, kubera amapfa bari bamaranye igihe.”

Perezida Kagame yashimye uwo mushinga n’abawutekereje kuko witezweho guteza imbere abaturage nyuma y’igihe bibasirwa n’amapfa.

Yashimiye Howard Buffet ku mubano n’ubufatanye bwiza afitanye n’u Rwanda by’umwihariko mu bijyanye n’ishoramari mu buhinzi.

Yagize ati “Abanyarwanda ntibiteguye gutakaza aya mahirwe mu gihe yagaragaje impinduka zikomeye mu mibereho yabo; uyu mushinga werekana byinshi bishoboka mu rugendo rwo guhindura mibereho y’Abanyarwanda.”

Kuva mu 2015 nibwo Umuherwe Howard G. Buffet yatangije umushinga wo kuhirira imiryango 2100 yo mu Karere ka Kirehe mu Mirenge ya Nasho na Mpanga. Ni umushinga umaze guhindura ubuzima bw’abaturage bayituyemo aho bavuye ku buhinzi buciriritse bagatangira guhinga mu buryo bwa kijyambere bunabinjiriza amafaranga aho bavuye kuri toni imwe bezaga kuri hegitari bagera kuri toni 5.5 nubwo hari n’abageze kuri toni icyenda.

Umuherwe Buffet yahashoye miliyoni 30 z’amadolari yiyemeza gufasha abaturage bahatuye kubuhirira imyaka i musozi, yafashe imiryango 143 yari ituye mu butaka bugenewe guhingwaho ayubakira umudugudu w’icyitegererezo, hegitari 1400 zari ziteganyijwe guhingwaho izigera ku 1100 ziratunganywa zitangira guhingwaho n’abaturage mu 2017.

2020-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Ubwanditsi 14 May 2018
Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo

Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo

Ubwanditsi 29 Mar 2018
U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

Ubwanditsi 04 Apr 2019
BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

Ubwanditsi 24 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bazirunge zange zibe isogo. UBufaransa bwanywanye n’abajenosideri ubuziraherezo.
Amakuru

Bazirunge zange zibe isogo. UBufaransa bwanywanye n’abajenosideri ubuziraherezo.

Ubwanditsi 22 Dec 2022
Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha
Mu Mahanga

Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha

Ubwanditsi 27 Jan 2016
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)

Ubwanditsi 28 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru