• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Ubwanditsi 09 Apr 2020 UBUKUNGU

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, watangaje ko ukomeje gufatanya na Guverinoma y’u Rwanda mu gufasha abagizweho ingaruka n’ifungwa ry’ibikorwa mu gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus, aho watanze miliyoni 52 z’amayero, ni ukuvuga agera kuri miliyari 52.8 Frw.

Ni ubutumwa bwatangajwe kuri uyu wa Kane, nyuma y’uko Visi Perezida wa Komisiyo ya EU akaba n’intumwa yihariye y’uyu muryango mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga, Josep Borrell Fontelles, yatangazaga ko uwo muryango watangije ubufatanye wise ’Team Europe’, bugamije gufasha abafatanyabikorwa mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus.

Ni gahunda yagenewe ingengo y’imari isaga miliyari 20 z’amayero, igamije gukumira ingaruka zikomeye zaba iz’ubuzima, imibereho y’abaturage n’ubukungu, zishobora gushamikira kuri iki cyorezo cya Coronavirus cyugarije Isi.

Borrell yakomeje ati “Igisubizo gihuriweho ni ngombwa ku Burayi no ku bafatanyabikorwa bacu hirya no hino. Ituze n’umutekano by’abafatanyabikorwa bacu uyu munsi bizagira ingaruka kuri twe Abanyaburayi eho hazaza.”

Komiseri ushinzwe ubutwererane Jutta Urpilainen, yavuze ko ibihugu bigize EU byishyize hamwe bikagira ‘Team Europe’, bikanongera ubushobozi mu gufasha ibihugu by’abafatanyabikorwa b’uyu muryango.

Inkunga zizatangwa muri ubwo buryo zizaba zirimo izigenewe ubutabazi bw’ingoboka bitewe n’ikibazo gihari muri aka kanya, n’izizafasha gahunda z’igihe kirekire.

Komiseri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, Janez Lenarčič, yavuze ko ingaruka za Coronavirus ku bukungu bw’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, ku bimukira n’abatishoboye zishobora kuzaba nyinshi cyane, ari nayo mpamvu hakenewe igisubizo gikomeye.

Yakomeje ati “Ni ukugira ngo abakora ibikorwa by’ubutabazi bakomeze kugira amikoro ahagije bakeneye, kugira ngo bakomeze ibikorwa byo gutabara ubuzima. “

Komiseri ushinzwe imibanire, Olivér Várhelyi, we yavuze ko izi nkunga zizagenda zitangwa mu bintu byihutirwa nko mu rwego rw’ubuzima, mu kubaka ubusugire bw’uru rwego n’ubushobozi bw’abaturage.

Ati “By’umwihariko, turimo gufatanya n’ibi bihugu mu guhangana n’ingaruka zigaragara ku mibereho y’abaturage n’ubukungu bitewe n’iki cyorezo, mu kwirinda ko ingaruka zaba mbi kurushaho. Iki ni igikorwa kireba isi yose, ariko duhereye ku baturanyi bacu dusangiye umugabane. Dufatanyije, dushobora kubigeraho.”

Ubwo abarwayi ba Coronavirus bari bakomeje kwiyongera mu Rwanda, Guverinoma yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka n’ibikorwa byinshi by’ubucuruzi, ku buryo nk’abantu baryaga ari uko uwo munsi bakoze, bisanze bakeneye imfashanyo. Ni ibintu Guverinoma y’u Rwanda yashyizemo imbaraga.

Mu gukusanya ubushobozi bwo guhangana n’ingaruka za Coronavirus mu Rwanda, Leta iheruka kwemeza ko abagize Guverinoma , abanyamabanga bahoraho, abayobozi b’ibigo bya Leta n’abandi bayobozi bakuru, bazigomwa umushahara wabo w’ukwezi kwa Mata. Ni imishahara izavamo asaga miliyari 2.5 Frw.

Mu cyumweru gishize kandi Inama y’Ubuyobozi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) yafashe umwanzuro wo guha u Rwanda inguzanyo yihutirwa ya miliyoni 109.4 z’amadorali ya Amerika zizarufasha guhangana n’icyorezo cya COVID 19 cyibasiye Isi n’u Rwanda rurimo.

Minisitiri Ndagijimana yavuze ayo mafaranga atagenewe umushinga runaka, ahubwo ari ajya mu ngengo y’imari akaziba icyuho giterwa n’uko muri iki gihe leta igomba gukoresha amafaranga menshi cyane cyane nko mu rwego rw’ubuzima.

Ati “Kugira ngo haboneke ibyangombwa byose byo gupima abantu, kuvuza ababonetseho uburwayi no kubona ibikoresho bitandukanye ndetse no gutabara abaturage badafite imirimo bakeneye iby’ibanze cyane cyane nk’ibyo kurya, ibyo ni ibintu bitari biteganyijwe mu ngengo y’imari byasabye ko dukoresha ayo dufite ariko dushaka n’andi yo kugira ngo azibe icyo cyuho”.

Kugeza kuri uyu wa Gatatu, abamaze kwandura Coronavirus mu Rwanda bari abantu 110, barimo barindwi bakize bagasezererwa mu bitaro.

 Src: IGIHE

2020-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Ubwanditsi 05 Mar 2019
Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Impamvu BNR yasheshe Ikigo cy’Imari ‘CAF Isonga Ltd’

Ubwanditsi 07 Sep 2019
BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Ubwanditsi 23 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamategeko wa Gen. Kale Kayihura yavuze ku buzima bwe nyuma y’iminsi umunani avanywe iwe
INKURU NYAMUKURU

Umunyamategeko wa Gen. Kale Kayihura yavuze ku buzima bwe nyuma y’iminsi umunani avanywe iwe

Ubwanditsi 21 Jun 2018
‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara
ITOHOZA

‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.
Amakuru

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Ubwanditsi 19 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru