• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwamamazabinyoma Christine Uwizera Coleman wigize umuvugabutumwa, arihisha inyuma ya Bibiliya agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gufasha imitwe y’iterabwoba mu Rwanda

Umwamamazabinyoma Christine Uwizera Coleman wigize umuvugabutumwa, arihisha inyuma ya Bibiliya agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gufasha imitwe y’iterabwoba mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uyu mugore utuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika abenshi bamuzi ku mbuga nkoranyambaga, yirirwaho atuka u Rwanda n’abayobozi barwo, akaba impuguke mu kugoreka amateka.

Christine Uwizera ni umunyakinyoma kabombo, nk’aho abeshya ko yacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi abo mu muryango we ahubwo baragize uruhare muri Jenoside, nka musaza we DIRIMASI Yohani wahungiye ubutabera muri Uganda. Mbere y’uko ikinyoma cye gitahurwa, yirirwaga abeshya abatamuzi ko ngo ababyeyi be Dominiko DIRIMASI na Mariya AKIMANIZANYE bishwe n’abasirikari ba FPR, kandi barapfuye kera cyane, bazize urw’ikirago na mbere y’uko urugamba rwo kwibohora rutangira.

Mu buswa bwe kandi arivuguruza cyane, kuko yiyita umucikacumu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, agahindukira akayipfoba,akayihakana ahamya ko ntayabaye.
Ubusanzwe Christine Uwizera bakunze kwita”Coleman” afite ikiryabarezi ngo ni idini, (Blazing Holy Fire Church) akuramo amaramuko, aho ashuka ab’intege nke mu myumvire ngo arabahanurira, maze si ukumurundumurira ibidolari bakiva inyuma. Mu bo yatuburiye harimo na Paul Rusesabagina yabeshye, akamuhanurira ko ari hafi kuba Perezida w’uRwanda, aho kujya mu Rugwiro akigira Mageragere.

Mu kiganiro aherutse kugirana na SABC ndetse no mu bitabo yandika, avuga ko mu Rwanda abantu bicwa nk’ibimonyo, yirengagije ko n’abafatirwa mu cyuho bagirira nabi Abanyarwanda bashyikirizwa inkiko, aho kubagerera mu kebo bagereyemo abandi.

Ubu uwamubaza uburyo ba Nsabimana Sankara, Laforge Bazeye,Mudathiru Habib, Victoire Ingabire, Rusesabagina, Herman Nsengimana, n’abandi amagana batishwe kandi biyemerera uruhare mu kumena amaraso y’inzirakarengane, yavuga ko ari we wabarengeye? Nimutekereze umuntu wihandagaza akemeza ko mbere y’ubuyobozi bwa FPR-Inkotanyi ngo nta mpunzi z’Abanyarwanda zabagaho!! Ibi ushatse wabyita ubugome, ubujiji, ubuswa, ingengabitekerezo n’andi magambo asobanura umuntu utagira umutimanama. Ubu ninde utazi ibihumbi by’Abanyarwanda bameneshejwe, bagakwira isi yose bahunga ingoma z’abicanyi ba PARMEHUTU na MRND, ndetse incuro zose bashatse kugaruka mu gihugu cyabo,Kayibanda na Habyarimana bakavuga ko u Rwanda rwuzuye, ko abo bana barwo bagarutse batabona aho bakwirwa?!

Christine Uwizera rero, twakugira inama yo gukomeza ukivomera amaronko muri ubwo buhanurakinyoma bwawe,kuko iby’abapfu biribwa n’abapfumu, ariko ukareka gukomeza gusiribanga amateka y’Abanyarwanda, kuko umunsi umwe yo ubwayo azabikwibariza. Umunyarwanda wa none atandukanye na ba so na ba sowanyu baranzwe n’amacakubiri. Umunyarwanda wa none aratuje, arajwe ishinga n’imishinga imuteza imbere, apana gutega amatwi ibyo bitabapfu byanyu.

2020-10-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day

Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day

Ubwanditsi 22 Jul 2025
Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Uganda : Berekwaga ifoto ya Kayumba bagasabwa kumuyoboka

Ubwanditsi 31 Dec 2019
‘Imana y’ I Rwanda mu Buhinde’-Prof. MALONGA Pacifique

‘Imana y’ I Rwanda mu Buhinde’-Prof. MALONGA Pacifique

Ubwanditsi 26 Oct 2016
Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Ubwanditsi 25 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo
Amakuru

Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 09 Mar 2023
Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba
Amakuru

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano
Amakuru

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru