• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

Editorial 08 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Yaba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo cyangwa undi uwo ari we wese, nta n’unwe ukwiye kuducecekesha, mu gihe hari abategura kuduhungabanyiriza umutekano

Ibi ni bimwe mu bikubiye mu butumwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahejeje ku bitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, EAC, na bagenzi babo bo mu Muryango w’Afrika y’Amajyepfo, SADC, inama yabereye i Dar Salaam muri Tanzaniya, kuri uyu wa 08 Gashyantare 2025.

Ingingo rukumbi yari ku murongo w’ibyigwa w’iyo nama ihurije hamwe bwa mbere EAC na SADC, kwari ukwiga uko iyo miryango yombi yashyira hamwe imbaraga mu gukemura ikibazo cy’intambara yo mu burasirazuba bwa Kongo, ikomeje no kugira ingaruka ku bihugu bigize iyo miryango.

Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, nyamara urebwa n’ikibazo by’umwhariko, yanze kujya i Dar Es Salaam, kimwe na mugenzi we w’uBurundi, Evariste Ndayishimiye, bahuriye ku gushyigikira no gukorana bya hafi n’abajenosideri ba FDLR.

Muri iyo nama kandi, Perezida Kagame yibukije ko uRwanda rwasabye Kongo inshuro nyinshi gukemura ibibazo biruhangayikishije[ gutera inkunga FDLR ihora itegura kugirira nabi uRwanda], ariko abategetsi ba Kongo bagakomeza kuvunira ibiti mu matwi.

Agamije gusaba ko muri iyi nama noneho haterwa indi ntambwe, hagafatwa umwanzuro urambye aho guhora mu magambo atagira ibikorwa, Perezida Kagame yibukije ko hakozwe inama nyinshi kuri iki kibazo, mu by’ukuri zitatanze umusaruro. Yavuze rero ko nta mpamvu yo gukora izindi zo gusubiramo ibintu bimwe gusa.

Umukuru w’Igihugu cy’uRwanda yashimangiye ko ibibera muri Kongo ari intambara ishingiye ku moko no kwambura igice kimwe cy’Abakongomani uburenganzira bwabo, barangiza bakabigereka ku Rwanda. Yagize ati:” Iyi ntambara yakuruwe na Kingo ubwayo, nta ruhare na ruto uRwanda rubigizemo. Bashatse kuyitugerekaho ku gahato, ariko ntituzabyemera. Byumvikane bityo.”

Mu gusoza ubutumwa bwe, Perezida Kagame yasabye bagenzi be guha agaciro uburenganzira bw’abarengana, no kuzirikana impungenge zitahwemye kugaragazwa, niba koko hakenewe umuti ufatika.

Nubwo Perezida Kagame yasabye ko noneho haterwa indi ntambwe mu gushaka igisubizo gifatika, nta byinshi bishya bigaragara mu myanzuro y’iyo nama.

Hongeye gusabwa ko impande zishyamiranye zasubukura ishyirwa mu bikorwa ry’ ibyemezo bya Luanda na Nairobi, ibyemezo bisaba Leta ya Kongo uruhare mu gusenya FDLR, no kugirana ibiganiro bitaziguye n’umutwe wa M23.

Igishya ni uko hasabwe ko abagaba b’ingabo mu bihugu bya EAC na SADC, bahura mu minsi itarenze itanu, bagashaka uko umujyi wa Goma wacungirwa umutekano, ndetse ikibuga cy’indege cya Goma n’imihanda ihuza uwo mujyi n’utundi turere bigafungurwa.

Haribazwa rero uko abo bagaba b’ingabo bahabwa inshingano zirebana n’umutekano wa Goma, mu gihe ijambo rifitwe gusa na M23 kuko ariyo igenzura Goma yose n’imihanda iyishamikiyeho.

Undi mwanzuro mushya ni usaba Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe gufasha EAC na SADC mu gushaka abandi bahuza mu kibazo cya Kongo, bakomoka mu duce tunyuranye kuri uyu mugabane.

Kwiyambaza Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe kandi Perezida wa Komisiyo iwuyobora, Musa Faki Mahamat, yari amaze guhezwa mu nama, nabyo biratuma abasesenguzi bashidikanya ku gaciro k’uyu mwanzuro.

2025-02-08
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Editorial 16 Sep 2019
Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Editorial 23 Jan 2019
Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Editorial 30 Mar 2016
U Rwanda rwaburiye abanyarwanda batuye muri Sudani y’Epfo kutishyira mu kaga banyura muri Uganda

U Rwanda rwaburiye abanyarwanda batuye muri Sudani y’Epfo kutishyira mu kaga banyura muri Uganda

Editorial 26 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi burashinja u Bubiligi kuba inyuma y’iyicwa ry’Intwari yabwo
INKURU NYAMUKURU

U Burundi burashinja u Bubiligi kuba inyuma y’iyicwa ry’Intwari yabwo

Editorial 14 Oct 2018
Perezida Buhari gusubira mu Bwongereza bitumye abaturage bongera gutekereza yuko atagikize
Mu Rwanda

Perezida Buhari gusubira mu Bwongereza bitumye abaturage bongera gutekereza yuko atagikize

Editorial 09 May 2017
Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje
Amakuru

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Editorial 27 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru