• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

Editorial 20 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Nyuma y’aho u Rwanda rutangarije ko rudashobora kwihanganira ubugome n’ubuhake bya Guverinoma y’Ububiligi irutegeka uko rubaho, ndetse tariki 18 Gashyantare 2024 rugahagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, icyo gihugu cyahise giha uBurundi amafaranga yari ateganyijwe muri ayo masezerano hagati y’uRwanda n’Ububiligi.

Kuri miliyoni 95 z’amaeuros zari zikubiye muri ayo masezerano, uBurundi bwahise buhabwamo miliyoni 75, nko kwereka u Rwanda ko hari abandi basonzeye imfashanyo, batitaye ku gasuzuguro kayiherekeje.

Perezida Evariste Ndayishimiye yafashe iyo mfashanyo nka manu ivuye mu ijuru, doreko igihugu cye cyugarijwe n’ubukene kitigeze kigira mu mateka yacyo. Byabaye nka ya mvugo y’umushonji igira iti ” niba byaranagaze, byange mbyirire ndebe ko iri joro ryacya”.

Gusamira hejuru iyo mfashanyo uRwanda rwanze, bivuze ko uBurundi bwemeye kuba inkomamashyi nko mu gihe cya gikoloni, ibyo kwihitiramo uko bubaho bukaba bubiguranye amaramuko. Nta yandi mahitamo ariko, mu gihe abaturage bataka inzara, doreko ibiciro by’ibiribwa bike bihari, byikubye inshuro hafi 20 mu gihe gito cyane.

Kubera ibura ry’amafaranga y’amahanga akoreshwa mu gutumiza ibicuruzwa mu mahanga, ubu ntiwapfa kubona umuti mu Burundi. Agasukari, lisansi na mazutu byo bibona umugabo bigasiba undi.

Ikibazo cy’ibintu nkenerwa mu buzima bwa buri munsi kandi gishobora kurushaho gukara mu Burundi, kuko abaturage bagobokwaga no gushakishiriza hakurya muri Kongo, none imipaka hafi ya yose ikaba yarigaruriwe na M23, umutwe udacana uwaka n’ubutegetsi bwa Ndayishimiye.

Aka gakunga k’Ababiligi, nubwo ari agatonyanga mu nyanja, gashobora gucubya uburakari bw’abaturage, bari batangiye kwereka Ndayishimiye ko barambiwe ubutegetsi bwe buhaza ibifu bya bamwe, abandi bicira isazi mu jisho.

Ibyo kuba iyi mfashanyo iherekejwe n’amabwiriza ya gikoloni, ntacyo bitwaye Ndayishimiye, kuko n’ubundi nta muco wo kwihesha agaciro asanganywe.

2025-02-20
Editorial

IZINDI NKURU

Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Editorial 04 Apr 2018
Nsabimana Callixte  Sankara yagejejwe imbere y’urukiko aregwa ibyaha  by’iterabobwoba k’ubufasha bwa Uganda n’UBurundi

Nsabimana Callixte  Sankara yagejejwe imbere y’urukiko aregwa ibyaha  by’iterabobwoba k’ubufasha bwa Uganda n’UBurundi

Editorial 23 May 2019
Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Editorial 07 Nov 2020
U Rwanda ruragaragaza  na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

U Rwanda ruragaragaza na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

Editorial 27 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ifoto ya Diamond na ShaddyBoo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga
HIRYA NO HINO

Ifoto ya Diamond na ShaddyBoo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga

Editorial 19 Sep 2018
Muri Playoffs, Patriots yatsinze APR BBC imibare iba myinshi ku makipe yombi anganya imikino 2-2
Uncategorized

Muri Playoffs, Patriots yatsinze APR BBC imibare iba myinshi ku makipe yombi anganya imikino 2-2

Editorial 19 Sep 2024
CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo
Amakuru

CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

Editorial 05 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru