Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23 Nzeri 2025, Ikipe ya Rayon Sports yatangaje Mwambari Serge nk’umutoza mushya ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi (Fitness Coach).
Iyi kipe izwi nka Gikundiro itangaje Mwambari nk’umutoza wayo nyuma yaho yari imaze iminsi idafite ukora iyi mirimo dore ko iheruka gutandukana na Ayabonga Lebitsa, ukomoka muri Afurika y’Epfo.

Mwambari Serge ni inzobere muri iyi mirimo igendanye no kugorora umubiri kuko afite impamyabumenyi mu bijyanye na High Performance Sport Consulting ndetse na Fitness Performance Analysis yakuye muri Kaminuza ya Leipzig mu Budage.
Uretse kuba ahawe akazi mu ikipe ya Rayon Sports, Mwambari asanzwe ari n’umutoza ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umupira w’Amaguru, Amavubi.
Mwambari Serge kandi yanakoze iyi mirimo mu ikipe ya Police Football Club ubwo yari kumwe n’umutoza na Mashami Vincent.
Aje muri iyi Kipe yitegura gukina umukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup, uzayihuza na Singida Black Stars yo muri Tanzania kuri uyu wa gatandatu.
Mu mukino ubanza wabereye i Kigali mu mpera z’icyumweru gishize, Rayon Sports yatsindiwe kuri Kigali Pele Stadium igitego kimwe ku busa.




