• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique na Darfur bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka

Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique na Darfur bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka

Ubwanditsi 09 Apr 2016 Mu Rwanda

Ubwo ku itariki ya 7 Mata abanyarwanda n’isi yose muri rusange batangiraga icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique no mu ntara ya Darfur muri Sudani, nabo bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka.

Muri Centrafrique, uyu muhango wabereye mu murwa mukuru Bangui, aho ingabo z’u Rwanda zikambitse mu nkambi ya M’Poko SOCATEL, witabirwa na Minisitiri w’ingabo wa Centrafrique Joseph Bindoume, n’umwe mu bayobozi b’ingabo z’umuryango w’abibumbye ziri muri icyo gihugu (MINUSCA Chief of Staff) Aliou Sene.
Mu gutangiza uyu muhango, abanyacyubahiro bari bahari bacanye urumuri rw’icyizere banunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Minisitiri Bindoume yihanganishije abarokotse n’abanyarwanda muri rusange, avuga ko Leta ya Centrafrique izi ko mu 1994 abatutsi bo mu Rwanda bakorewe Jenoside, anavuga ko Leta ahagarariye ishima ibyo Leta y’u Rwanda ikora mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Akaba yaravuze ati:”Leta yacu yababajwe n’ibyabaye mu Rwanda mu 1994, nyamara yaba jyewe ku giti cyanjye na Leta mpagarariye, turishimira imbaraga Leta y’u Rwanda ishyira mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside haba mu Rwanda no mu mahanga.”

​ Assistant Commissioner of Police (ACP) Gilbert R. Gumira, uyoboye aba polisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri centrafrika, yavuze icyo kwibuka aricyo ku banyarwanda ndetse no ku muryango mpuzamahanga, yabwiye abari aho amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994, uko yakozwe n’uko yahagaritswe, n’aho u Rwanda rugeze rwiyubaka.

-2620.jpg

Uwari uhagarariye abanyarwanda baba muri Centrafrique Mpamo Aimable yagize ati:”Turibuka kuko dufite inshingano zo guha icyubahiro abacu bishwe urw’agashinyaguro, kwibuka akaba ari imwe mu ntwaro zo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, kandi tugomba kuba abambasaderi mu kuyirwanya mu miryango yacu kugirango Jenoside itazasubira ukundi aho ariho hose ku isi.”

Mu ijoro ryo kwibuka Abanyarwanda n’incuti zabo beretswe sinema ivuga kuri Jenoside.

Uyu muhango wo kwibuka wanabereye mu ntara ya Darfur muri Sudani, witabirwa n’abandi baje kubungabunga amahoro muri iyi ntara baturutse mu bihugu bitandukanye, abanyarwanda baba muri iyi ntara ndetse n’inshuti z’u Rwanda.

RNP

2016-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Ubwanditsi 24 Aug 2021
Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Ubwanditsi 16 Jul 2021
Perezida Paul Kagame  yakomoje ku gitero cyagabwe  mu Karere ka Rusizi

Perezida Paul Kagame yakomoje ku gitero cyagabwe mu Karere ka Rusizi

Ubwanditsi 26 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho
INKURU NYAMUKURU

Abarundi basubiye Arusha mu mishyikirano igomba kutazagira icyo igeraho

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije
UBUKUNGU

Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Ubwanditsi 26 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru