• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique na Darfur bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka

Ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique na Darfur bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka

Editorial 09 Apr 2016 Mu Rwanda

Ubwo ku itariki ya 7 Mata abanyarwanda n’isi yose muri rusange batangiraga icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ingabo n’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique no mu ntara ya Darfur muri Sudani, nabo bifatanyije n’abandi banyarwanda kwibuka.

Muri Centrafrique, uyu muhango wabereye mu murwa mukuru Bangui, aho ingabo z’u Rwanda zikambitse mu nkambi ya M’Poko SOCATEL, witabirwa na Minisitiri w’ingabo wa Centrafrique Joseph Bindoume, n’umwe mu bayobozi b’ingabo z’umuryango w’abibumbye ziri muri icyo gihugu (MINUSCA Chief of Staff) Aliou Sene.
Mu gutangiza uyu muhango, abanyacyubahiro bari bahari bacanye urumuri rw’icyizere banunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Minisitiri Bindoume yihanganishije abarokotse n’abanyarwanda muri rusange, avuga ko Leta ya Centrafrique izi ko mu 1994 abatutsi bo mu Rwanda bakorewe Jenoside, anavuga ko Leta ahagarariye ishima ibyo Leta y’u Rwanda ikora mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Akaba yaravuze ati:”Leta yacu yababajwe n’ibyabaye mu Rwanda mu 1994, nyamara yaba jyewe ku giti cyanjye na Leta mpagarariye, turishimira imbaraga Leta y’u Rwanda ishyira mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside haba mu Rwanda no mu mahanga.”

​ Assistant Commissioner of Police (ACP) Gilbert R. Gumira, uyoboye aba polisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri centrafrika, yavuze icyo kwibuka aricyo ku banyarwanda ndetse no ku muryango mpuzamahanga, yabwiye abari aho amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994, uko yakozwe n’uko yahagaritswe, n’aho u Rwanda rugeze rwiyubaka.

-2620.jpg

Uwari uhagarariye abanyarwanda baba muri Centrafrique Mpamo Aimable yagize ati:”Turibuka kuko dufite inshingano zo guha icyubahiro abacu bishwe urw’agashinyaguro, kwibuka akaba ari imwe mu ntwaro zo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, kandi tugomba kuba abambasaderi mu kuyirwanya mu miryango yacu kugirango Jenoside itazasubira ukundi aho ariho hose ku isi.”

Mu ijoro ryo kwibuka Abanyarwanda n’incuti zabo beretswe sinema ivuga kuri Jenoside.

Uyu muhango wo kwibuka wanabereye mu ntara ya Darfur muri Sudani, witabirwa n’abandi baje kubungabunga amahoro muri iyi ntara baturutse mu bihugu bitandukanye, abanyarwanda baba muri iyi ntara ndetse n’inshuti z’u Rwanda.

RNP

2016-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika  ibiganiro mu Rwanda

Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika ibiganiro mu Rwanda

Editorial 20 Sep 2017
Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Editorial 13 Aug 2017
Impamvu y’ibirindiro by’ingabo z’ibihugu bikomeye ku Isi bikomeje kubakwa muri Afurika

Impamvu y’ibirindiro by’ingabo z’ibihugu bikomeye ku Isi bikomeje kubakwa muri Afurika

Editorial 29 May 2017
Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Editorial 07 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa
UBUKERARUGENDO

Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Editorial 04 Apr 2019
Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi
Amakuru

Gusohoka mu mwiherero ntaruhushya byatumye Muhitira Felicien atazitabira imikino Olimpike, we avugako yasohotse agiye kunywa umuti umuvura amarozi

Editorial 30 Jun 2021
Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka
POLITIKI

Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Editorial 04 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru