• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Ubwanditsi 18 Mar 2017 UBUKUNGU

Perezida wa Banki y’Isi, yageze mu Rwanda, mu ruzinduko rwe Dr Jim Yong Kim yasuye umushinga wo gukwirakwiza amaraso uri gukorwa n’ikigo cy’abanyamerika, Zipline, avuga ko ari urugero rwiza rw’uko ikoranabuhanga rishobora kubyazwa umusaruro.

Nyuma yo kwerekwa uko drones ikora ijyanye amaraso, Dr Kim yavuze ko ari igikorwa kidasanzwe cyashobotse mu Rwanda. Ati “Ubu ni ubwa mbere mu mateka y’Isi dukoresheje utu tudege mu bintu nk’ibi, mu gukwirakwiza ibikoresho by’ubuvuzi.”

Yavuze ko kubona amaraso ku bayakeneye bikunze kuba ikibazo ku bihugu bitandukanye, ukaba wazaba ari umushinga ukomeye kuba ibitaro bitandukanye byazajya bigezwaho ibikoresho bikenewe nko mu minota 17 cyangwa munsi yayo.

Yavuze ko ari igikorwa cyiza ibihugu nk’u Rwanda bikwiye gukoresha mu gukemura ibibazo, kuko nibura drones zishobora kwihuta inshuro icumi ugereranyije n’uburyo busanzwe.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba, yavuze ko hari abantu baba bakeneye amaraso mu buryo bwihutirwa, ku buryo gukoresha drones byagabanyije ibyago bishingiye ku kuba yatinda kuboneka.

Yagize ati “u Rwanda rumaze igihe ruzi neza ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu guhindura ubuzima bw’abaturage. Drones mu rwego rw’ubuzima ni kimwe mu bikorwa guverinoma y’u Rwanda yashyizeho kugira ngo serivisi z’ubuvuzi zitangwe vuba kandi neza.”

Dr Gashumba yavuze ko drones zatangiye gukoreshwa mu buvuzi mu gutwara amaraso n’ibindi biyakomokaho. Hatangiriwe ku bitaro bya Kabgayi na Muhororo.

Yagize ati “Guterwa amaraso ni ikintu gikomeye kandi nko kuva cyane ni ikintu kiza ku isonga mu guhitana abagore benshi muri Afurika no mu Rwanda. Hari n’izindi ndwara zituma umuntu atakaza amaraso zihitana abantu cyane. Inyungu ya mbere ni uburyo twagabanyije igihe gutwara amaraso byafataga, icyo nababwira ni uko mbere ya drones, gutwara amaraso byafataga hagati y’amasaha abiri n’ane. Ariko uyu munsi dukoresheje drones igihe cyaragabanutse kigera ku minota 50 cyangwa 40.”

Minisitiri Gashumba yavuze ko hari kuganirwa hagati ya guverinoma y’u Rwanda na Zipline ngo iki igikorwa cyagurwe.

Ati “Turashaka kwagurira uyu mushinga no mu tundi duce, kuko uyu munsi bari gutanga amaraso kuri site ebyiri gusa. Turashaka ko bigera kuri site 21. Turino kureba n’ibindi bintu byajya bitwarwa na drones.”

Yatanze ingero ku nkingo, imiti igenewe abarumwe n’inzoka n’ibindi. Ikindi ngo ni uko bifuza gukorana ubushakashatsi, buzagira ibipimo bifatika bigaragaza uko gukoresha drones byoroheje ibikorwa byo kunganira ubuzima bw’indembe.

-6149.jpg

Uru ni uruzinduko rwa Dr Kim mu Rwanda, mu gihe banki y’Isi ikorana n’u Rwanda guhera mu 1963.

Ubufatanye buriho muri uyu mwaka bwemejwe n’inama y’ubutegetsi ya Banki y’Isi mu 2014, bukaba bugenewe umwaka w’ingengo y’imari 2014/2018.

Bunyuzwa mu imishinga icumi ifite agaciro ka miliyoni $802.40, harimo ubuhinzi (35%), Ingufu (30%), Imiyoborere (13%), Iterambere ry’imijyi (12%) n’ubwikorezi (6%.)

U Rwanda kandi ruri mu yindi mishinga itandatu y’akarere iterwa inkunga na Banki y’Isi, aho rwungukira agera kuri miliyoni $204.

2017-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye

Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye

Ubwanditsi 27 Sep 2019
IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe

Perezida Kagame yatabarije umutungo wa Afurika utikirira mu nzira zitemewe

Ubwanditsi 02 Aug 2018
Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Ubwanditsi 16 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora
Mu Rwanda

Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Ubwanditsi 05 Aug 2017
Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda
INKURU NYAMUKURU

Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda

Ubwanditsi 14 Mar 2019
Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert
Amakuru

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ubwanditsi 27 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru