• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo

Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo

Ubwanditsi 01 Dec 2017 SHOWBIZ

Umuhanzi ukomeye muri Uganda no muri Afurika y’Uburasirazuba, Juliana Kanyomozi, yasobanuye uko afata umuziki wa Charly na Nina avuga ko usibye kuba ari abahanzi bagaragaza imbaraga mu byo bakora ahubwo banafite impano ishobora kubageza aheza bakomeje uko batangiye.

Juliana yageze i Kigali saa kumi z’umugoroba kuri uyu wa Kane, tariki 30 Ugushyingo 2017. Yaje mu Rwanda kwitabira igitaramo yatumiwemo na Charly na Nina bagiye kumurika album yabo ya mbere bise “Imbaraga” ivuga ku bushobozi bw’umugore muri sosiyete.

Charly na Nina bavuga ko impamvu bamutumiye nk’umushyitsi w’icyubahiro mu gitaramo cyabo ari uko ari umuhanzi wakunze guharanira ko umugore afatwa nk’uwiyubashye muri Uganda aho akomoka by’umwihariko mu ndirimbo yise “Woman” ishimangira ubutwari bw’umugore na byinshi akora akwiye kubahirwa.

Juliana Kanyomozi akigera i Kigali yavuze ko asanzwe azi Charly na Nina ndetse n’indirimbo zabo cyane cyane iyitwa “Owooma” na “Face 2 Face” ngo akunze kuzumva zicurangwa iwabo muri Uganda.

Yongeye gushimangira ko abafata nk’abahanzi bagaragaza imbaraga mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye muri Kigali Conference & Exhibition Village (Camp Kigali) ari naho bazataramira kuri uyu wa Gatanu, tariki 1 Ukuboza 2017.

Yagize ati “Ntabwo ari ukuvuga ngo ni abahanzi gusa ahubwo bafite impano idasanzwe. Natangiye kumva umuziki wabo kuva nko mu mezi atatu ashize bintera amatsiko yo kubamenya, byatumye mbaza inshuti nti ariko aba bakobwa ni abahe ko numva baririmba neza, undi arambwira ati bitwa Charly na Nina. Nabamenye ntyo ntangira gukunda umuziki wabo.”

Aba bahanzi babajijwe niba haba hari umushinga wo gukorana indirimbo nyuma y’igitaramo, Juliana asubiza agira ati “Yego rwose, ubwo byabuzwa n’iki? Ntekereza ko ubushobozi bwabyo buhari nk’uko nabivuze ndi umufana wa Charly na Nina, ibyo ni ibizikora, bizabaho.”

Yavuze ko afata u Rwanda nk’urugo rwe rwa kabiri mu bijyanye n’umuziki asobanura ko impamvu yari amaze igihe atahagera ari uko yari amaze igihe yarahagaritse gukora umuziki ariko ubu ngo akaba yiteguye kongera kwihuza n’abakunda umuziki we ndetse akazanahakora ikindi gitaramo cye bwite.

Charly na Nina batumiye Juliana mu gitaramo cyo kumurika album yabo ya mbere bavuze ko bizeye imigendekere myiza yacyo. Abandi bahanzi bazaririmba ni Big Farious wabafashije mu ndirimbo “Indoro” yatumye bamamara mu Rwanda, Dj Pius, Yvan Buravan na Andy Bumuntu.

Juliana ugiye gutaramira abakunzi b’umuziki i Kigali yaherukaga kuza mu Rwanda yitabiriye igitaramo cya ‘Beautiful People’ cyabereye kuri Serena Hotel ku wa Gatanu tariki ya 19 Nyakanga 2013.

2017-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hugh Masekela:Umwami w’injyana ya Jazz muri South Africa yitabye Imana

Hugh Masekela:Umwami w’injyana ya Jazz muri South Africa yitabye Imana

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Amafoto – Ibyishimo ni byinshi ku muryango w’umuhanzi Patient Bizimana wibarutse umwana w’imfura w’umuhungu

Amafoto – Ibyishimo ni byinshi ku muryango w’umuhanzi Patient Bizimana wibarutse umwana w’imfura w’umuhungu

Ubwanditsi 23 Sep 2022
Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Umuhanzi Eloi El ugiye gukorana n’inzu ifasha abahanzi ya Sony Music, akaba umuhungu wa Sibomana Joseph waruzwi muri Orchestre Irangira, arifuza kuzamura umuziki nyarwanda yifashishije Spotify

Ubwanditsi 17 Aug 2021
Umunsi w’abakundana ‘Valentine’s Day’ wijihijwe gitore

Umunsi w’abakundana ‘Valentine’s Day’ wijihijwe gitore

Ubwanditsi 14 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikare bane barindaga Lt Gen Mudacumura beretswe itangazamakuru I Goma
HIRYA NO HINO

Abasirikare bane barindaga Lt Gen Mudacumura beretswe itangazamakuru I Goma

Ubwanditsi 21 Sep 2019
Iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere- Perezida Kagame
Mu Mahanga

Iyi nyubako ukumva ko waza ukayishyira hasi, oya nakwica mbere- Perezida Kagame

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Nubona izi ngeso 10 kumukunzi wawe uzamenye ko abandi bamurya
HIRYA NO HINO

Nubona izi ngeso 10 kumukunzi wawe uzamenye ko abandi bamurya

Ubwanditsi 04 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru