• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Ubwanditsi 08 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Muri iyi minsi hari amakuru aturuka hanze y’igihugu, amwe ni atangwa n’abarwanya Leta y’u Rwanda cyane cyane Rugema Kayumba uba mu gihugu cya Norvege akanakunda kugendera Uganda cyane na David Himbara uba muri Canada , bimwe muri ibyo bihuha bikwirakwiza kuri mbuga nkoranyambaga (Social Media), Group za Whatsapp n’ahandi hatandukanye, bikorwa n’abanzi b’igihugu harimo amakuru y’ibinyoma (Fake News) ko bamwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda bafite imitungo mu gihugu cya Uganda ndetse n’abayihagarariye babayo, ntibanatinya gukwiza impuha ko hari n’abayobozi mu nzego za Leta niza Gisilikare ngo bakorana na  Kayumba Nyamwasa n’ishyaka rye RNC.

Ubu buryo bwo guteranya abayobozi na Leta ni ubwakoreshwaga cyane na Col. Patrick Karegeya, kugirango inzego z’umutekano zihugire muri ibyo maze bazice muri humye babone uko batera za Grenade mu mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo, ubu buryo rero bwongeye kwaduka muri iyiminsi u Rwanda rufitanye ibibazo na Uganda.

Umujyanama wa Perezida mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, yahishuye aya makuru, aho yavuze ko hari abantu bamaze iminsi bari mu ntambara y’amagambo n’ibihuha ku Rwanda, bavuga ko hari abasirikare bakuru bafunzwe.

Umujyanama wa Perezida mu by’umutekano, Gen James Kabarebe.

Yabitangaje kuri uyu wa Kane mu biganiro bya Minisiteri y’urubyiruko byiswe ‘Rubyiruko Menya Amateka Yawe’ bihabwa urubyiruko ruvuye mu ntara zitandukanye z’igihugu mu kigo cy’urubyiruko cya Kimisagara.

Ubwo yaganirizaga urubyiruko rusaga 580 ruturutse mu Ntara y’Iburengerazuba, Gen Kabarebe, yagarutse ku makuru amaze iminsi akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga avuga ko hari abasirikare batatu bafunzwe.

Mu byagiye bitambuka ku mbuga nkoranyambaga, havugwaga ko mu bajenerali bafunzwe harimo Gen. Maj. Joseph Nzabamwita uyobora Urwego rw’Igihugu rw’Iperereza n’Umutekano w’Igihugu, NISS, Gen. Fred. Ibingira wahoze ayobora Inkeragutabara na Gen. Maj. Emmanuel Ruvusha.

Gen Kabarebe na we yabigarutseho, avuga ko ari uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Yagize ati “Muri iki gihe tugezemo umwanzi w’igihugu afite uburyo bwinshi bwo kurwana intambara. Intambara ntizikiri zazindi abasirikare bamwe bahagarara hariya abandi bagahagarara hariya bakarasana. Hari intambara z’amagambo, imbuga nkoranyambaga, iterambere, byafunguye ahandi habera intambara”.

Yakomeje agira ati “Gucurika abantu, kubabeshya kandi ukagisoma utahuye na we, utamuzi ukacyemera kandi kikagutera ubwoba ngo byacitse mu gihugu, ngo Jenerali Nzabamwita ushinzwe urwego rw’umutekano mu gihugu ngo arafunzwe, ngo Jenerali Ibingira arafunze, ngo nde arafunze. Baba bashaka kwerekana ngo mu gihugu ibintu byacitse.”

Gen. Kabarebe yavuze ko badafunze atanga urugero ko nka Gen. Nzabamwita yajyanye na Perezida Kagame mu ruzinduko rw’iminsi ibiri ari kugirira muri Tanzania.

Ati “Nzabamwita yajyanye na Perezida muri Tanzania, ariko nta muntu uri bubikurikire ngo amenye aho ari, kandi Youtube abantu bose barayibona. Abantu rero bari ahongaho b’imbwa badafite icyo bamaze, yicara ahongaho agahimba ibintu, kandi kubera ko bikwira ahantu hose abantu bakabibona.”

Maj Gen Nzabamwita Joseph (iruhande ya Min Olivier Nduhungirehe)

Yavuze ko urubyiruko uyu munsi rufite amahirwe yo kuba ruganirizwa rukagera ku makuru y’ukuri, mu gihe urubyiruko rwakoze Jenoside rutigeze ruyabona, ahubwo rwigishijwe kujya kwica gusa.

Yabasabye ubufasha mu kunyomoza abaharabika u Rwanda muri iki gihe ikoranabuhanga ryihuta. Ati “Mwebwe rero mufite ayo mahirwe, iyo ntambara isebya igihugu cyanyu ni iyanyu mwese mugomba kuyirwana.”

Ibiganiro Rubyiruko Menya Amateka yawe bimaze guhabwa urubyiruko rutandukanye rwo hirya no hino mu gihugu, hagamijwe kurusobanurira inzira igihugu cyanyuzemo cyiyubaka mu gihe hitegurwa kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibihuha kandi bikomeje gukwirakwizwa na bimwe mu bitangazamakuru muri Uganda cyane cyane SoftPower ya Sarah Kagingo ukorera mu kwaha kwa Museveni ndetse na Chimpreports imenyerewe gukoreshwa na leta ya Uganda.

2019-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 08 Apr 2025
Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame

Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Uko  ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Uko ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Ubwanditsi 25 Mar 2018
Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Nov 2017

3 Ibitekerezo

  1. MPKN
    March 9, 20191:32 am -

    ESEKO DUFITE TELEVISION KUKI UWO BAVUZE KO AFUNZE ATATANGA IKIGANIRO ANYOMOZA

    Subiza
  2. Evyne
    March 9, 20197:40 am -

    Hhhhh nyamara mubikurukirane none c niba umuntu afite amasitasiyo mbarara, kagitumba, kayonza, rwimiyaga, karaangazi(Nyiragegene) , amasoko yose niwe uyahabwa kandi ntanguzanyo murumva yarabikuyeho kandi ukumva mubaturage baravuga ngo biriya nu yumuyobozi runaka ibyo nibiki ababishizwe nibabikurikirane , umuvunyi, Obadiah biraro, RIB, minujust nibakurikirane

    Subiza
  3. Amahe
    March 11, 201910:43 am -

    @ Eyyne, Ayo namatiku nkayo ba RNC bahorana, inguzanyo ujya kuyifata si ngombwa abikubwire cg abitangaze.

    Abanyarwanda mwese mwigize bamenya. Kabila niwe ushobora abe abakatira internet. None se wamenya ute niba atari Rujugiro wayabahaye . cg yamugujije mbere yuko ashwana nabo.
    Erega afite menshi cyane nayo gutera inyoni. Ibaze umuntu ushinga umutwe urwanya Leta.
    Ntacyo umuriro azacana azawotaho nawe.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza
Mu Rwanda

Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega
UBUKUNGU

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Ubwanditsi 30 Jan 2020
Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?
INKURU NYAMUKURU

Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?

Ubwanditsi 22 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru